• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Clever J yavuze  ku gutandukana n’umugore, Ati “Nashyize urugo mu biganza by’Imana”

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 20, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Clever J yongeye kuvugaku bibazo bimaze igihe bivugwa mu rugo rwe, agaragaza ko yamaze amezi hafi atandatu ataba mu nzu yabanagamo n’umugore we, nyuma y’amakimbirane akomeye yabaye hagati yabo.

Umuhanzi Clever yatangaje ko yamaze amezi atandatu ataba mu rugo rwe

Uyu muhanzi wari umaze igihe atavugwaho rumwe n’umugore we, by’umwihariko nyuma y’aho amushinje kugirana imikoranire n’abantu bakekwagaho ibikorwa by’ubupfumu no kumugirira nabi, yavuze ko nubwo yabihakanye, ayo makimbirane yasize icyuho gikomeye mu mibanire yabo.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ryo muri Uganda, Clever J yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuva mu rugo mu rwego rwo gushaka amahoro, aho gukomeza kubana mu makimbirane adashira.

Yagize ati: “Maze amezi atandatu ntaba mu rugo.

Nabonye ko amahoro ashoboka ari uko mba kure gato. Si uko naretse inshingano, ahubwo ni ukugira ngo hatangire ituze.”

Uyu muhanzi yavuze ko yasize mu rugo ibintu bye byose birimo na studio yakoreragamo umuziki, ndetse n’abana, ariko akomeza kubitaho mu buryo bw’amafaranga n’amarangamutima. Yavuze ko igihe cyose abonye ubushobozi, yohereza amafaranga yo kwita ku bana be.

Ati: “Ntabwo naretse urugo rwanjye, narusigiye Imana. Icy’ingenzi ni uko abana bameze neza kandi babona ibyo bakeneye.”

Clever J kandi yatangaje ko muri iki gihe ari gushyira imbaraga mu kurangiza inzu yubakira se, kugira ngo ave mu bukode, hanyuma na we azashake aho aba ukwihorera mu gihe ategereje kureba uko ejo hazaza h’urugo rwe hazagenda.

Nubwo atatangaje niba bazongera kubana n’umugore we, amagambo ye agaragaza ko ataracika intege ku bijyanye no kubungabunga isura y’umuryango.

Gusa abakurikiranira hafi imyidagaduro bavuga ko igihe kizerekana niba koko hari amahirwe yo kongera kubana cyangwa niba bazahitamo gutandukana burundu.

Inkuru y’uyu muhanzi ikomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bamushyigikiye bavuga ko amahoro ari ingenzi kurusha byose, mu gihe abandi bibaza niba gutandukana by’igihe kirekire bidashobora gutuma urugo rusenyuka burundu.

Previous Post

Kimenyi Yves yatangije ‘Beyond 90’ Nyuma yo gusezera Ruhago

Next Post

Urukiko Rwisumbuye Rwemeje Ingwate ya Hassan Bahame

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
41 seconds ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
1 hour ago

Mu 2018, umugore yaje muri Laboratwari y'irangamimerere muri Kaminuza Nkuru ya Colombia: yari afite impanga z'abahungu yari yarabyaye imyaka ibiri...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Next Post
Urukiko Rwisumbuye Rwemeje Ingwate ya Hassan Bahame

Urukiko Rwisumbuye Rwemeje Ingwate ya Hassan Bahame

Urupfu rwa Lil Poppa rukomeje gutera impungenge — ibimenyetso Birerekana ko yiyahuye

Urupfu rwa Lil Poppa rukomeje gutera impungenge — ibimenyetso Birerekana ko yiyahuye

VAR yageze mu Rwanda kuri stade Amahoro muri ¼ cya CAF Champions League

VAR yageze mu Rwanda kuri stade Amahoro muri ¼ cya CAF Champions League

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.