• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ikoranabuhanga

ISCA2025: U Rwanda rwagaragaje gahunda nshya mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga

Joe sure GASORE by Joe sure GASORE
May 21, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Madamu Paula Ingabire

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, yavuze ko kugira ngo ibihugu bya Afurika birusheho kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, ari ngombwa ko bikorana bya hafi. Yatangaje ko u Rwanda rwiyemeje gukomeza kuba icyitegererezo mu kurwanya ibi byaha ku mugabane wa Afurika.

Yabigarutseho ku munsi wa kabiri w’Inama mpuzamahanga ya ISCA2025, iri kubera muri Kigali Convention Center guhera ku wa Mbere, tariki ya 19 Gicurasi 2025.

Minisitiri Ingabire yagaragaje ko nta gihugu cyakwishoboza guhangana n’iki kibazo cyonyine, ahubwo ko hakenewe ubufatanye bw’ibihugu byose, bushingiye ku masezerano ya Malabo.

Aya masezerano yasinyiwe i Malabo muri Guinée Equatoriale muri Kamena 2014, yashyizweho na Afurika Yunze Ubumwe (AU), agamije guteza imbere ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu itumanaho no guharanira umutekano wo kuri murandasi (cybersecurity) muri Afurika.

Minisitiri Ingabire yagize ati: “Mu rwego rwo kwirinda ibyaha by’ikoranabuhanga, nta gihugu gishobora kwigira gikora cyonyine. Nk’u Rwanda, twashyize imbere ubufatanye mpuzamahanga binyuze mu gusinya ku masezerano ya Malabo.”

Minisitiri Paula Ingabire ashimangira ko ubufatanye bwa Afurika ari ingenzi mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga
Minisitiri Paula Ingabire ashimangira ko ubufatanye bwa Afurika ari ingenzi mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga

Yatangaje kandi ko u Rwanda ruri gutegura Politiki y’Ubwuzuzanye mu Gusangira Amakuru, izafasha mu guhererekanya amakuru hagati y’ibigo bya Leta mu buryo bwizewe. Ibi bizatuma serivisi zitangwa neza, mu buryo buhendutse kandi bwihuse.

Yongeyeho ko u Rwanda ruzashyira mu bikorwa uburyo bwa Zero Trust Framework, aho nta muntu uzahabwa uburenganzira bwo kugera ku makuru y’ibigo bya Leta atabanje kugaragaza ko yujuje ibisabwa byose bijyanye n’umutekano. Ubu buryo busaba ko nta muntu wiringirwa mbere yo kwemezwa, kabone n’iyo yaba asanzwe ari mu kigo.

Minisitiri Ingabire yavuze ko ubu buryo buzafasha kurinda ibikorwa by’ikoranabuhanga by’ibanze, bigatuma birushaho kuba byizewe mu guhangana n’ibitero by’ikoranabuhanga bikomeje kwiyongera.


Previous Post

Ubuzima bwo mu Mutwe mu Rubyiruko: Ijwi Ryirengagizwa?

Next Post

Jose Chameleone na Sandra Teta bageze i Kigali, Weasel indege iramusiga.

Joe sure GASORE

Joe sure GASORE

IZINDI NKURU WASOMA

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Abahanga mu bijyanye n’isanzure barimo kugaragaza ibimenyetso bishya bishimangira igitekerezo cy’uko umubumbe w’Ukwezi wavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye hagati y’Isi...

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Mu gihe isi yose ikomeje gukurikirana iby’ubushakashatsi mu isanzure, itsinda ry’abahanga bane mu by’indege n’isanzure rigiye kwandika amateka mashya mu...

Sosiyete ya Tecno yamuritse Camon 50 Series ikoranye na AI

Sosiyete ya Tecno yamuritse Camon 50 Series ikoranye na AI

by Alex RUKUNDO
4 weeks ago

Sosiyete ya Tecno yamuritse ku mugaragaro telefone nshya yo mu bwoko bwa Camon50Series, yitezweho guhindura uburyo Abanyarwanda bakoresha ikoranabuhanga, by’umwihariko...

Next Post
Jose Chameleone yageze i Kigali mu rwikekwe n’umujinya, nubwo yari aje gutaramira Abanyarwanda

Jose Chameleone na Sandra Teta bageze i Kigali, Weasel indege iramusiga.

Inama 5 umubyeyi akwiye gukurikiza mu gihe cyo konsa umwana

Inama 5 Umubyeyi Wonsa Akwiye Gukurikiza Ku Mikurire Y’Umwana

Digital-Music-Distribution

Digital Distribution: Uburyo Abahanzi Nyarwanda Bashobora Gucuruza Umuziki ku Isoko Mpuzamahanga

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.