• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Indirimbo ya pornographie iri kwifashishwa na White House mu kwiruka abimukira

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
December 5, 2025
Reading Time: 1 min read
A A


Indirimbo “Juno” y’umuhanzi w’Umunyamerika Sabrina Carpenter yongeye kuza ku isonga ry’ibivugwaho cyane, nyuma y’uko yifashishijwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House) mu mashusho yerekanaga uburyo abimukira bafatwa n’Urwego rushinzwe Umutekano w’imbere mu gihugu (DHS). Ibi byatumye hibazwa niba gukoresha ibihangano by’abahanzi muri politiki yo kwirukana abimukira bitaba birenze umurongo.

Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga za White House, hagaragaramo abantu bafashwe bashyirwaho amapingu, mu gihe mu muziki wo mu murongo w’inyuma humvikana indirimbo “Juno”. Amagambo aririmbwamo ngo “Have you ever tried this one?” yakiriwe nk’urwenya ruteye isoni ku buryo abo bafashwe babaga bameze, ibintu byashenguye bamwe mu bakurikira politiki y’abimukira muri Amerika.

Ni ibintu byatunguranye cyane kuko Sabrina Carpenter yari yararirimbaga aya magambo mu bitaramo bye bya “Short n’ Sweet Tour”, aho yerekanaga uburyo butandukanye bwo guteramo akabariro, bityo bikibaza impamvu byifashishijwe mu mashusho y’ubuyobozi bwa Leta bijyanye n’umutekano n’abimukira.

Sabrina si we muhanzi wenyine wahimbye umuziki ukoreshwa muri ubu buryo. DHS iherutse no gukoresha indirimbo “All-American Bitch” ya Olivia Rodrigo mu kwamamaza gahunda ya self-deportation, yari igamije gusaba abimukira kwiyemeza gusubira mu bihugu byabo nta gahato. Nyuma yo kubibona, Olivia Rodrigo yatangaje ko adashaka ko ibihangano bye bikoreshwa mu bikorwa bifite imvugo y’urwango cyangwa irondaruhu, bituma indirimbo ye ihita ikurwaho.

Ibi biza nyuma y’iminsi mike uyu bakobwa bombi bahakanye ibihuha by’intambara yavugwaga hagati yabo, bituma hanatangira kwibazwa niba na Sabrina Carpenter azasaba Leta kudakoresha indirimbo ye nk’uko Olivia Rodrigo yabigenje.

Gukoresha ibihangano by’abahanzi mu mashusho ya Leta biri gukomeza guteza impaka. Mu kwezi kwa Nzeri, DHS yanakoresheje amajwi y’umunyarwenya Theo Von mu buryo bwasebye abimukira, we ubwe akabyamagana. Umuhanzi Zach Bryan yigeze na we kwanga ko indirimbo ze zikoreshwa muri gahunda nk’izi, ndetse n’isosiyete ya Pokémon yarwanyije ikoreshwa ry’ibihangano byayo mu mashusho ajyanye no kwirukana abimukira.

Kugeza ubu Sabrina Carpenter ntacyo arasubiza kuri aya mashusho mashya, ndetse abakurikira iby’umuco n’ubuhanzi baracyibaza niba na we azafata icyemezo cyo kubwira Leta kurinda ibihangano bye kutavogerwa muri politiki itavugwaho rumwe.

Previous Post

Miley Cyrus yemeje ko yambitswe impeta n’umunyamuziki Maxx Morando nyuma y’imyaka ine bari kumwe

Next Post

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

Juno Kizigenza na Ariel Awayz basomaniye ku rubyiniro

Juno Kizigenza na Ariel Awayz basomaniye ku rubyiniro

Cynthia Umulisa Agarukanye imbaraga mu muziki

Cynthia Umulisa Agarukanye imbaraga mu muziki

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.