• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Miley Cyrus yemeje ko yambitswe impeta n’umunyamuziki Maxx Morando nyuma y’imyaka ine bari kumwe

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
December 4, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzikazi w’icyamamare ku isi, Miley Cyrus, yemeje ko yambitswe impeta n’umukunzi we Maxx Morando, umuhanzi w’ingoma bamaze imyaka ine bakundana. Amakuru yo kwambikana impeta yatangajwe nyuma y’uko Cyrus agaragaye yambaye impeta y’iza zahabu n’amabuye ya diyama ubwo yari mu muhango wo kwerekana filime Avatar: Fire and Ash wabereye i Los Angeles ku wa mbere.

Mu kiganiro yahaye Good Morning America ku wa gatatu, Cyrus w’imyaka 33 yavuze ko Morando yasabye ko babana akaramata ubwo bari mu rugendo rwakorwaga muri Aziya. Yagize ati: “Si ibintu byoroshye kuntungura kuko nkunda kugenzura ibintu byose, ariko uwo mwanya naratunguwe cyane.”

Milley Cyrus kuri tapis rouge

Miley Cyrus, wamamaye mu ndirimbo nka Flowers na Party in the U.S.A, yigeze gushyingirwa n’umukinnyi wa filime Liam Hemsworth mu 2018, ariko gatanya yabo yatangajwe mu 2019 nyuma y’imyaka 10 bakundana mu bihe bitandukanye.

Cyrus yatangaje ko we na Morando bahuye bwa mbere ku “blind date”—igisanzwe gihuza abantu bataziranye—nk’uko yabibwiye British Vogue mu 2023. Morando, w’imyaka 27, ni umucuranzi w’ingoma mu itsinda ryo muri Los Angeles ryitwa Liily Band. Iryo tsinda ryigeze kwitabira igitaramo cya Cyrus gisoza umwaka mu birori bya NBC Miley’s New Year’s Eve Party mu 2022, barikumwe n’abahanzi bakomeye barimo Dolly Parton na David Byrne.

Milley Cyrus n’umukunzi Morando bambikanye impeta y’urudashira

Agaragaza impeta ye nshya, Cyrus yavuze ko Morando yayihisemo neza cyane. Ati: “Jye na Maxx tumaze imyaka ine turi kumwe kandi biragaragara uburyo nakuze muri iyo myaka. Ukeneye umuntu uguhora hafi akubwira ko ushoboye.”

Miley Cyrus aherutse gusohora indirimbo ye nshya Dream as One, iri mu bice bishya bya filime Avatar. Yanasohoye album ye ya cyenda mu ntangiriro z’uyu mwaka, ariko avuga ko atarafata icyemezo cyo gukora urugendo rw’ibitaramo kubera ko ingendo nyinshi zimugora mu kwita ku buzima bwe no mu mutwe.

Ibyemezo by’urukundo rwa Cyrus na Morando byakiriwe neza n’abafana n’inshuti zabo, cyane cyane ko bombi basanzwe bakorera hamwe ibikorwa by’umuziki no gushyigikirana mu rugendo rw’ubuhanzi.

Previous Post

Urubanza rwa Djihad na Bagenzi be Rwasubitswe kubera kubura Umwunganizi

Next Post

Indirimbo ya pornographie iri kwifashishwa na White House mu kwiruka abimukira

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Indirimbo ya pornographie iri kwifashishwa na White House mu kwiruka abimukira

Indirimbo ya pornographie iri kwifashishwa na White House mu kwiruka abimukira

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

Juno Kizigenza na Ariel Awayz basomaniye ku rubyiniro

Juno Kizigenza na Ariel Awayz basomaniye ku rubyiniro

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.