Icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Green Daddy yatangaje ko yababariye abantu bose bamusebeje nyuma y’urupfu rw’umwana we w’ifura, avuga ko umwana we yapfuye bitewe n’uburangare bw’abaganga bo ku bitaro bya Mulago National Referral Hospital.
Green Daddy ubundi yabanje kuvuga ku byago yagize byo kubura umwana we w’ifura ku wa 09 Gashyantare 2026, mu kiganiro cyaciye kuri TikTok Live, aho yagaragaje agahinda gakomeye n’umujinya, avuga ko abaganga ba Mulago batabashije gutabara umwana we bitewe n’uburangare bwabo.
Gusa aho guhumurizwa, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga baramunenze ndetse bamuha inkwenene. Hari n’abamwibukije ko yakoraga ubukangurambaga bwa NRM, banavuga ko ubu ari we uri guhura n’ingaruka z’ibibazo bya serivisi mbi ya Leta.
Mu butumwa aherutse gutanga , Green Daddy yavuze ko yahisemo kureka uburakari ndetse akababarira abamusetse n’abamushinyaguriye mu gihe yari ari mu bihe bikomeye.
Yagize ati: “Ndashimira abafashe mu mugogo. Abampaye inkwenene bakanasebya umwana wanjye amaze gupfa, nabo ndababariye cyane ko gukomeza ku barakarira ntacyo byamfasha. Muri iki gihugu, ntacyo bitwaye ishyaka ryose washyigikira, nawe ushobora kubura umwana wawe.”
Yashimangiye ko ibyago bishobora kugera kuri buri wese, bititaye ku ishyaka rya politiki ushyigikiye, asaba abantu kutarenganya abandi kubera ibitekerezo byabo. Yanavuzeko uwo mwana yari imfura ye.
Yagize ati: “tekereza umuntu watwise amezi icyenda, ukagira amahirwe yo kubyara neza, umwana muzima, ndetse ukagerekaho no ku mwita izina, ukamuterura, maze umunsi umwe gusa agahita yitaba Imana.”
Yacitse intege amarira, Green Daddy yasabye ibitaro bya Mulago kunoza serivisi zabyo kugira ngo indi miryango itazahura n’ibibazo yahuye na byo. Yavuze ko atagishaka gukomeza kuvuga kuri iki kibazo.
Yagize ati: “Sishaka gukomeza kubivugaho. Ni yo mpamvu mwagiye musaba kubaganiriza nkabura uko mbikora. Mumbabarire. Mureke tubirekere aho tubyihorere.









