• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, June 13, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

Kwiyiriza Ubusa: Buryo bwiza bwo kugabanya ibiro cyangwa ni amayeri gusa?

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 28, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Mu gihe abantu benshi bashaka uburyo bwihuse bwo kugabanya ibiro, kwiyiriza ubusa mu buryo bwa “jeûne intermittent” bwigeze kuba inkingi y’inyigisho z’ubuzima ku mbuga nkoranyambaga. Ariko ubushakashatsi bushya burakangurira abakoresha ubu buryo gutekereza neza.

Itsinda ry’abashakashatsi bo mu Butaliyani, bayoborwa na Luis Garegnani, ryakoze ubushakashatsi ku bantu ibihumbi bibiri mu gihe kingana n’amezi 12, bagamije kumenya niba kwiyiriza ubusa mu buryo bw’ibihe bigabanyijemo (intermittent fasting) ari bwo buryo bwizewe bwo guta ibiro.

 Ibisubizo byavuye muri ubwo bushakashatsi byatangaje abenshi: ubu buryo ntibufasha buri muntu kugabanya ibiro nk’uko akenshi bigaragazwa ku mbuga nkoranyambaga.

Abashakashatsi basanze kwiyiriza ubusa ku minsi imwe, cyangwa kwirinda kurya amasaha make, nta ngufu zikomeye bifite mu gutakaza ibiro.

 Icyakora, bavuga ko ubu buryo bushobora kugira akamaro ku buzima mu bundi buryo, harimo kugabanya isukari mu maraso no kugabanya ibinure byo mu mubiri.

Inzobere zo mu nama z’ubuzima zo mu Bwongereza na Oxford, harimo Dr Baptiste Leurent na Porofeseri Keith Frayn, basubirije ibivugwa muri ubwo bushakashatsi bakabyemeza.

Basobanura ko imikorere y’umubiri (métabolisme) itandukanye buri muntu na mugenzi we, bityo ubu buryo bushobora kunufasha cyangwa bukatagufasha hakurikijwe imiterere yawe bwite.

Iki kibazo kigaragara cyane mu bisubizo by’ubushakashatsi bwakozwe ku bantu bakoresha inshinge zo kugabanya ibiro mu Bwongereza, bangana hafi miliyoni 1.6.

 Iyo bahagaritse kuzikoresha, ibiro akenshi bigaruka, rimwe na rimwe bikiyongera kurusha ibiri mbere yo gutangira ubuvuzi.

Abaganga batanga inama imwe ifatika: mbere yo gutangira uburyo ubwo aribwo bwose bwo kugabanya ibiro, banza ugane muganga wawe kugira ngo basuzume imiterere yawe y’umubiri n’ubuzima bwawe muri rusange.

Ibi ni ngombwa cyane ku bantu barwaye diyabete cyangwa izindi ndwara zikomeye.

Ubutumwa bugaragara muri ubwo bushakashatsi ni ubu: nta buryo bumwe guhwanye na buri muntu wese.

Ibikora kuri mugenzi wawe bishobora kutakora kuwe. Aho gukurikira inama z’internet zidafite ishingiro rya siyansi, ni byiza gushingira ibyemezo byawe ku majwi y’inzobere n’ubushakashatsi nyabwo.

Previous Post

Green Daddy yatangaje ko yababariye abamushiguri bose

Next Post

Djihad na K John Bakatiwe Imyaka 3 Igifungo n’Ihazabu ya Miliyoni 3

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

Ebola yongeye kwaduka muri DR Congo iri koreka imbaga

Ebola yongeye kwaduka muri DR Congo iri koreka imbaga

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Africa Centres for Disease Control and Prevention yatangaje ko icyorezo gishya cya Ebola cyadutse mu burasirazuba bwa Democratic Republic of...

Gukora imibonano mpuzabitsina kabiri mu Cyumweru birinda ibyago byo kurwara kanseri

Gukora imibonano mpuzabitsina kabiri mu Cyumweru birinda ibyago byo kurwara kanseri

by Alex RUKUNDO
1 month ago

Igikorwa cyo gukora imibonano mpuzabitsina iyo gikozwe neza kandi cyitondewe uretse kuba gitanga ibyishimo bigira n’inyungu nyinshi ababikora zirimo kugira...

Next Post
Djihad na K John Bakatiwe Imyaka 3 Igifungo n’Ihazabu ya Miliyoni 3

Djihad na K John Bakatiwe Imyaka 3 Igifungo n'Ihazabu ya Miliyoni 3

Ishimwe Clement wa Kina Music agiye gusohora album ye ya Mbere ‘Legacy’

Ishimwe Clement wa Kina Music agiye gusohora album ye ya Mbere 'Legacy'

Unesco yasuzumye ikoreshwa rya AI mu buhanzi: igomba kuba igikoresho

Unesco yasuzumye ikoreshwa rya AI mu buhanzi: igomba kuba igikoresho

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.