Perezida w’ihuriro ry’abahanzi muri Uganda, Uganda National Musicians Federation UNMF Eddy Kenzi, yinjiye mu kibazo kira hagati ya D Star na Mudra D Viral ki jyanye no kutumvikana neza ku buranganzira n’amafaranga by’indirimbo bahuriye bise ‘Hoozambe Remix’.
Iki kibazo cyavugishije benshi ku mbuga nkoranyambuga nyuma y’uko D Star ashinje Mudra kuba yarinjije amafaranga arenga miliyono 140 z’amashilingi ya Uganda avuye kuri YouTube, mu gihe we avuga ko nta nyungu yabonye nk’ize.
Ku ruhande rwa Mudra, yahakanye ayo makuru avuga ko ataranagaruza n’igishoro yashoye mu kwamamaza no gukwirakwiza iyo ndirimbo hirya no hino.
Mu butumwa yasangije abantu kuri TikTok na Facebook, Eddy Kenzo yavuze ko ikibazo cyamaze gukemuka nyuma y’uko abo bahanzi bombi bumvikanye.
Kenzo yavuze ko kutumvikana kwabo kwaterarwaga n’urujijo rwari ku bijyanye n’uburenganzira bwa master y’indirimbo ndetse n’amakuru atari yo yavugwaga ku mafaranga yinjijwe n’iyo ndirimbo ku mbuga za digital.

Yagize ati: “Habaye kutumvikana ku muntu wari ufite master ya ‘Hoozambe Remix’ cyane ko hari ibihuha byavugaga ko Mudra ari kurya amafaranga yose kandi wenyine.”
Yakomeje avuga ko bakoresheje abantu b’inzobere mu bijyanye no gukwirakwiza umuziki kuri murandasi, basanga amafaranga Mudra yari amaze kubona atangera kuri 2% by’ayo yavugwaga.
Kenzo yavuze kandi ko D Star na Mudra bamaze no gusinya amasezerano mashya agaragaza uburyo amafaranga y’iyo ndirimbo azajya agabanwa mui gihe kiri imbere.
Yanatangaje ko aba bahanzi bombi biteganyijwe ko bazongera gukorana no kuririmbana “Hoozambe Remix” ku rubyiniro nyuma yo gukemura ayo makimbirane.
Nubwo yemeje ko bumvikanye, Kenzo yavuze ko adashobora gushyira hanze ibikubiye muri ayo masezerano, kuko ari aba bahanzi bazahitiramo niba bashaka kubitangaza cyangwa kutayatngaza.








