• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imikino

Diego Forlan wamamaye muri ruhago,ubu akina tennis nk’uwabigize umwuga

Ntwali Christian by Ntwali Christian
November 11, 2024
Reading Time: 1 min read
A A

Umugabo wo mu gihugu cya Uruguay Diego Forlan wabaye umukinnyi w’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga, nyuma yo guhagarika gukina uwo mukino mu mwaka wa 2019 asigaye yarihebeye tennis aho akina nk’uwabigize umwuga.

Ku myaka 45 y’amavuko Diego Forlan agiye kwitabira irushanwa rya tennis ryitwa Uruguay Open aho azaseruka mu kiciro cy’abakina ari babiri babiri akazafatanya na Federico Coria wo muri Argentine uri ku mwanya wa 101 ku rutonde rw’abakinnyi bahagaze neza muri tennis ku isi muri iki gihe. Muri iri rushanwa riri mu marushanwa akomeye yo ku rwego rukurikira urwa mbere ku isi yose riteganyijwe kuva ku itariki ya 11 kugeza ku ya 17 Ugushyingo 2024, Forlan afite ikizere ko we na mugenzi we bazitwara neza bakegukana umwanya ushimishije. Umwaka ushize Diego Forlan yatangaje ko nta bwoba afite bwo guhangana n’abandi bakinnyi ba tennis ba kabuhariwe. Yaravuze ati “Jyewe nkunda kwiha intego mu buzima bwanjye. Tennis ni umukino wihariye kuri jyewe. Numva mfite ishyaka ryo kwipima n’abandi bakinnyi ba tennis bakomeye baturutse impande zose z’isi”.

Mu irushanwa ry’igikombe k’isi cy’umupira w’amaguru ryabereye muri Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2010, Diego Forlan ni we watowe nk’umukinnyi mwiza. Icyo gihe ni na we watsinze ibitego byinshi kuko yinjije bitanu. Yigaruriye imitima ya benshi ubwo yakinaga umupira w’amaguru. Yanyuze mu makipe akomeye atandukanye nka Manchester United yo mu Bwongereza, Villarreal na Atletico de Madrid zo muri Espanye na Inter de Milan yo mu Butaliyani. Yahamagawe inshuro 112 mu ikipe y’igihugu ya Uruguay ayitsindira ibitego 36.

Diego Forlan asigaye yarihebeye tennis

Nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru mu mwaka wa 2019 yahise yinjira mu kazi k’ubutoza. Gusa gutoza ntiyabitinzemo kuko mu mwaka wa 2021 yahisemo kwinjira muri gahunda nshya yo gukina tennis. Amaze kwitabira amarushanwa menshi muri Amerika y’Epfo ariko irushanwa rya Uruguay Open ni irya mbere mu marushanwa akomeye cyane agiye guhatanamo.

Previous Post

Amateka ya Nyirarumaga wabaye umusizi wa mbere w’ Umunyarwandakazi

Next Post

Imvano yo Kuvugisha inani na rimwe: Imvugo yazanywe n’umwaduko wa Primyus ya Bralirwa.

Ntwali Christian

Ntwali Christian

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
23 hours ago

Umuhanzi uyobora itsinda rya punk utabona neza agiye kwitabira isiganwa rya London Marathon agamije gukusanya inkunga yo gufasha umuryango wo mu...

Bwa mbere Tanzaniya yatowe Miss World

Bwa mbere Tanzaniya yatowe Miss World

by MUNYANKINDI Alphonse
5 days ago

Ku nshuro ya mbere muri Tanzania hatowe umukobwa uhiga abandi mu buranga ngo azahagararire iki igihugu muri Miss World Tanzania...

Next Post
Gahuza miryango

Imvano yo Kuvugisha inani na rimwe: Imvugo yazanywe n'umwaduko wa Primyus ya Bralirwa.

Ndagisha inama: nkore iki ko Maze igihe ndyamana n’umugabo w’abandi kubireka byarananiye

Ndagisha inama: nkore iki ko Maze igihe ndyamana n'umugabo w'abandi kubireka byarananiye

CIMEGOLF 2024

Abagera kuri 200 ni bo bazitabira irushanwa rya CIMEGOLF 2024 Kunshuro ya 6.

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.