Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD) yabaye ikigo cya mbere cy’imari mu Rwanda ndetse acy’Imari Kigamije Kurwanya Imihindagurikire y’Ikirere (Green Climate Fund – GCF).
GCF ni ikigega cyashyizweho binyuze mu Masezerano y’Umuryango w’Abibumbye yerekeye Imihindagurikire y’Ikirere (UNFCCC), kigamije gutera inkunga ibikorwa bifasha ibihugu biri mu nzira y’amajyambere guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere no kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.
Kuba BRD yemerewe gukorana n’iki kigega bivuze ko ishobora kubona inkunga n’inguzanyo zoroheje zigenewe ibikorwa byo kurengera ibidukikije mu Rwanda idaciye ku zindi nzego zihuza abaterankunga n’abahabwa inkunga.
Iki kigega gifite ibikorwa bifite agaciro karenga miliyari 20 z’amadolari ya Amerika ku rwego rw’isi, kikaba gifatwa nk’ikigega kinini kurusha ibindi byose byihariye mu gutera inkunga ibikorwa byo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.
BRD yahawe icyemezo cy’ubwemererwe nyuma yo kuzuza ibisabwa byose n’iki kigega, birimo ubushobozi bwo gucunga neza umutungo, kubahiriza amahame y’imiyoborere myiza ndetse no kurengera ibidukikije n’imibereho myiza y’abaturage.
Ikigo cya mbere cy’imari mu Rwanda kibonye aya mahirwe
Nk’uko BRD yabitangaje, ni yo banki ya mbere mu Rwanda yemerewe gukorana na GCF. Mbere yayo, Minisiteri y’Ibidukikije ni yo yari ifite ubu burenganzira mu gihugu.
BRD mu mabanki ane ya Afurika yemerewe gukorana na GCF
Ku rwego rwa Afurika, BRD yinjiye mu mabanki y’iterambere ane yemerewe gukorana n’iki kigega, asanga ayo muri Afurika y’Epfo, Nigeria na Zambia. Mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Banki ya KCB yo muri Kenya ni yo yari yarabigezeho mbere.
Amahirwe mashya yo kubona inkunga y’ikirere
Ubu bwemererwe buha BRD uburyo bwo kubona inguzanyo zoroheje, inkunga n’ubundi buryo bwo kugabanya ibyago by’ishoramari bitangwa na GCF bitanyuze ku zindi nzego. Ibi biteganyijwe kugabanya ikiguzi cy’imari ikoreshwa mu mishinga irengera ibidukikije mu Rwanda.
Byongeye kandi, u Rwanda ruzajya rushobora gutanga imishinga yarwo muri GCF binyuze muri BRD, bitabaye ngombwa ko rwifashisha ibigo mpuzamahanga nk’uko byakorwaga mbere.
Mbere y’ubu bwemererwe, amahirwe menshi yo kubona inkunga za GCF yanyuraga mu bigo mpuzamahanga, bigatuma amafaranga ajyanye no gutegura no gucunga imishinga asohoka igihugu, ndetse n’imishinga igatinda kubera inzira ndende yanyuragamo.
Intego ni uguteza imbere ishoramari rirengera ibidukikije
BRD yatangaje ko kimwe mu byo igiye kwibandaho ari kwagura gahunda ya Ireme Invest, igamije gukurura amabanki n’abashoramari mu gutera inkunga ibikorwa bibungabunga ibidukikije kandi bigafasha igihugu kwihanganira ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.
Iyi gahunda ihura n’intego z’u Rwanda zikubiye muri gahunda y’Igihugu yo Kugabanya Ibyuka Bihumanya Ikirere (NDCs), Gahunda ya Kabiri yo Kwihutisha Iterambere (NST2) ndetse na Vision 2050, byose bigamije kubaka ubukungu burambye kandi bwita ku bidukikije.
BRD yavuze ko ubu burenganzira ari ikimenyetso cy’uko uburyo bwayo bwo gucunga umutungo, kubahiriza amahame y’imiyoborere no kurengera ibidukikije bujuje ibisabwa ku rwego mpuzamahanga.
Impamvu ubu bwemererwe bufite akamaro muri iki gihe
BRD igaragaza ko iki cyemezo kije mu gihe u Rwanda rurimo gushyira mu bikorwa NST2 ndetse n’igihe ibiganiro mpuzamahanga ku ishoramari ry’ikirere birimo gufata indi ntera mbere y’inama ya COP31.
Ku rwego rw’imbere mu gihugu, hari icyuho mu kubona ubushobozi bw’imari bukenewe kugira ngo ibigo bikorera mu nzego zirimo ubuhinzi, imyubakire, inganda n’ubucuruzi bwohereza ibicuruzwa hanze bishobore kugabanya imyuka bihumanya no gukoresha uburyo butangiza ibidukikije.
Inkunga zishobora guturuka muri GCF zizafasha gahunda ya Ireme Invest kwaguka no gutanga umusanzu mu guhindura uburyo ishoramari n’iterambere bikorwa mu Rwanda, hagamijwe ubukungu butangiza ibidukikije kandi burambye.
Mu mwaka wa 2025, BRD yatangaje ko umutungo wayo wose urenga tiriyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.










