• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ikoranabuhanga

Uvuye ku kwezi ukagera ku Isi: Dore Ibyagusubiza hasi ako kanya

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 8, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Tekereza uvukiye ku Kwezi, ukahakurira ubuzima bwawe bwose, aho gusimbuka metero nyinshi biba ibisanzwe, naho kugenda bigasa n’umukino. Ubuzima bwo ku Kwezi buba butandukanye cyane n’ubwo ku Isi, kuko ahantu hose hari imbaraga za rukuruzi zidasa.

Ku kwezi, rukuruzi iri hasi cyane—ingana hafi na kimwe cya gatandatu cy’iyo ku Isi. Ibi bituma umubiri w’umuntu uhakura udatunganywa nk’uw’umuntu wabayeho ku Isi. Amagufa n’imikaya ntibikomera bihagije kuko bitabona “imyitozo karemano” itangwa na rukuruzi ikurura buri munsi.

Iyo waza gufata icyemezo cyo kuza ku Isi, ni ho ikibazo nyirizina cyatangirira. Ukigera hano, wakwiyumva nk’uri kwambikwa umubiri mushya uremereye. Kugerageza guhagarara byagusaba imbaraga nyinshi cyane, ku buryo wakwibona ugwa nk’umwana uri kugerageza gutera intambwe ya mbere.

Imbaraga za rukuruzi zo ku Isi zagutsindagira hasi, zigatuma wumva uremererwa n’umubiri wawe inshuro zigera kuri esheshatu ugereranyije n’uko wari umeze ku Kwezi.

 No kuzamura akaboko byakwiyumvamo nko guterura umutwaro uremereye, naho kugenda byaba nk’inzozi.

Iyo waba utambaye imyambaro yabugenewe igufasha kwihanganira izi mbaraga, ushobora guhura n’ibibazo bikomeye by’ubuzima birimo kuvunika amagufa, kubura umwuka uhagije cyangwa no guhagarara k’umutima.

Ibi byose ntibyaterwa n’indwara, ahubwo byaterwa n’uko umubiri wawe utamenyereye rukuruzi ikomeye nk’iyo ku Isi.

Siyansi isobanura ibi ivuga ko umubiri w’umuntu wisanisha n’aho avukiye akanakurira.

 Ku Isi, rukuruzi ikora nk’aho ari “gym” idahagarara, ikomeza amagufa n’imikaya buri munsi, bigatuma tubasha guhagarara, kugenda no kwiruka.

Ku muntu wavukiye ku Kwezi, ayo mahirwe ntiyabaho. Rukuruzi nto ituma amagufa n’imikaya bigumana intege nke, ku buryo umubiri utiteguye guhangana n’imbaraga zo ku Isi.

Ibi bituma wibaza niba n’ibiremwa bivugwa ko biva ku yindi mibumbe byashobora kubaho ku Isi.

Igisubizo ni uko byaterwa n’aho byaturuka. Imibumbe nka Jupiter na Saturn ifite rukuruzi irenze cyane iyo ku Isi, mu gihe Mars n’Ukwezi bifite nke.

Ni na yo mpamvu abana bato bagorwa no kugenda, bakagwa kenshi. Amagufa yabo aba atarakomera bihagije, rukuruzi ikabarusha imbaraga. Bikorwa nk’isomo rito ritwereka uko rukuruzi igira uruhare runini mu buzima bwacu bwa buri munsi, n’uko ubuzima bwo ku Kwezi bwahindura umuntu ku buryo atabasha kubana n’Isi uko tuyizi.

Previous Post

Movie Corner: Series ngufi wahitamo iyi weekend

Next Post

Ibanga ryo kugera ku myaka 70 ugifite imbaraga

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Abahanga mu bijyanye n’isanzure barimo kugaragaza ibimenyetso bishya bishimangira igitekerezo cy’uko umubumbe w’Ukwezi wavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye hagati y’Isi...

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Mu gihe isi yose ikomeje gukurikirana iby’ubushakashatsi mu isanzure, itsinda ry’abahanga bane mu by’indege n’isanzure rigiye kwandika amateka mashya mu...

Sosiyete ya Tecno yamuritse Camon 50 Series ikoranye na AI

Sosiyete ya Tecno yamuritse Camon 50 Series ikoranye na AI

by Alex RUKUNDO
4 weeks ago

Sosiyete ya Tecno yamuritse ku mugaragaro telefone nshya yo mu bwoko bwa Camon50Series, yitezweho guhindura uburyo Abanyarwanda bakoresha ikoranabuhanga, by’umwihariko...

Next Post
Ibanga ryo kugera ku myaka 70 ugifite imbaraga

Ibanga ryo kugera ku myaka 70 ugifite imbaraga

Ibaruwa y’urukundo yatumye benshi bakora pause: The Ben yibukije Pamella akamaro ke

Ibaruwa y’urukundo yatumye benshi bakora pause: The Ben yibukije Pamella akamaro ke

Ibyo wamenya kuri Cardi B ku kwibagisha amabere, izuru no kwiteza inshinge ku kibuno

Ibyo wamenya kuri Cardi B ku kwibagisha amabere, izuru no kwiteza inshinge ku kibuno

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.