• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Sunday, June 14, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Umuraperi Snoop Dogg, yanenze uburyo LGBTQ+ igaragazwa mu mafirime y’abana

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 26, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Umuraperi Snoop Dogg yatangaje ko atishimira uburyo ibikorwa bya LGBTQ+ bigaragarizwa mu mafirime y’abana, kuko ngo bituma abana babaza ibibazo bigoye gusubizwa.

Ibi yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro cya podcast giherutse, aho yibutse uko umwuzukuru we yagize icyo abaza igihe barebaga filime ya Lightyear yakozwe na Disney na Pixar mu 2022.

Muri iyo filime, harimo agace karimo umuryango w’ababyeyi babiri b’abagore bagaragazwa basomana ndetse nyuma bakabyarana umwana.

Mu kiganiro cyasohotse ku wa 20 Kanama kuri podcast yitwa It’s Giving, Snoop w’imyaka 53 yavuze uburyo umwuzukuru we yamubajije ikibazo mu gihe filime yari ikirebwa.

Ati: “Baravuga ngo ‘yabyaranye n’umugore’. None umwuzukuru wanjye mu gihe cyo mu filime arambaza ngo, ‘Sogoku? Umugore abyarana ate n’undi mugore kandi bose ari abagore?’”

Snoop yavuze ko icyo gihe yumvise arakaye cyane mu nzu mberabyombi, ati: “Nari nje kureba filime gusa, sinari niteguye ibi bibazo.”

Umuraperi Snoop Dogg, yanenze uburyo LGBTQ+ igaragazwa mu mafirime y’abana

Aho gusubiza uwo mwana, yavuze ko yamubwiye ngo akomeze arebe filime. Ariko umwuzukuru we ntiyacogoye, akomeza kubaza ati: “Ariko se Sogoku, bavuze ko ari abagore bombi babyaranye. None byagenze bite?”

Snoop yasobanuye ko yamucecesheje, amubwira ati: “Reba filime iracyakomeza,” ndetse amusaba kurya ijugu( popcorn), aregereje. Nyuma yongeyeho ko yari yaje kwisinzirira no kureba filime, ariko aza gukangurwa n’ibibazo by’umwana we.

Ati: “Byatumye ntinya kongera kujya mu nzu mberabyombi. Muteramo ibintu ntazi uko bimeze. Byanyobeye. Nibajije nti ‘Ese ibi bizageza hehe filime?’ Aba ni abana, kuki babibereka? Bari bukubaze ibibazo… kandi ntawabaha igisubizo cyanyacyo.”

Abashakanye bahuje ibitsina muri ‘Lightyear’.
Disney

Muri icyo kiganiro, Snoop yanagarutse ku bintu bijyanye na LGBTQ+ “bishyirwa hose.”

Kuva filime Lightyear yasohoka mu 2022, yerekana abasomana yateje impaka zikomeye mu bihugu bimwe.

Saudi Arabia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu byayibujije guca mu mu nzu ya sinema.

Muri Leta ya Oklahoma muri Amerika, sinema imwe yanashyizweho itangazo riburira abareba iyo filime, inavuga ko izajya isimbuka ako gace k’abasomana.

Byigeze no kuvugwa ko ako gace kasibwe muri filime, nk’uko Variety yabitangaje, ariko nyuma kasubijwemo bitewe n’uko abakozi ba Disney na Pixar batishimiye uburyo uwari CEO wa Disney, Bob Chapek, yitwaye ku itegeko rya Florida rizwi nka “Don’t Say Gay bill.”

Abakinnyi b’ingenzi muri Lightyear barimo Uzo Aduba na Chris Evans bari mu bashyigikiye icyemezo cya Disney na Pixar cyo gusubizamo ako gace k’abasomana.

Previous Post

Ishusho yo ku Rukiko rwa Gisirikare

Next Post

Carly Pearce yagaragaje urugendo rwe ahanganye n’indwara zo mu mutwe

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Carly Pearce yagaragaje urugendo rwe ahanganye n’indwara zo mu mutwe

Carly Pearce yagaragaje urugendo rwe ahanganye n’indwara zo mu mutwe

Ishusho yo ku Rukiko rwa Gisirikare

Abanyamakuru n'abakozi ba RCS bafunguwe by'agateganyo

Kagame yanenze abayobya amakuru ku bikorwa bya RDF

Kagame yanenze abayobya amakuru ku bikorwa bya RDF

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.