• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

Umugore yararanye n’uruziramire haba ikintu kidasanzwe

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
January 17, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Mu gicuku cyo mu ijoro ryo ku wa mbere, Rachel Bloor yinyeganyeje mu buriri bwe asanga hari ikintu kiremereye kimuzengurutse ku gituza cye.

Atarakanguka neza, yagifasheyo agira ngo ni imbwa ye ariko asanga arimo gukorakora ikintu cyoroshye kandi kinyerera.

Ubwo Bloor yageragezaga kwimiramiza mu mashuka ye ashaka no kwiyegereza ‘iyo mbwa’ ye ku ijosi, umukunzi we yacanye itara ryo ku ruhande rw’uburiri maze yemeza ibyo bombi batinyaga.

Yaramubwiye ati: “Yoo, mukundwa. Ntunyeganyege. Hari inzoka y’uruziramire ya metero zigera kuri 2.5 iri kuri wowe,” niko Bloor yabibwiye BBC.

Amagambo ye ya mbere yari indahiro. Ayakabiri, yari itegeko ryo gukura aho imbwa aho.

Yagize ati: “Natekerezaga ko niba Dalmatian(izina ry’imbwa yabo) yanjye ibonye ko aho hari inzoka… byahinduka intambara ikomeye.”

Imbwa imaze gufungirwa hanze y’icyumba umugabo we na we yifuza kuba ari kumwe na yo, Bloor atangira kwikuraho uru ruziramire buhoro buhoro.

Birakekwa ko iki kiyoka cyaba cyaranyuze mu idirishya ariko ntacyo byangije

Yagize ati: “Nageragezaga kunyerera mva mu biryamirwa…ariko mu mutwe wanjye nibaza nti: ‘Ese ibi biri kubaho koko? Biratangaje cyane’.”

Yizera ko iyo nzoka yo mu bwoko bwa ‘carpet python’ – itagira ubumara – yaseseye mu idirishya rye, ikamanukira ku buriri bwe.

Amaze kwigobotora iyo nzoka buhoro buhoro, yatangiye kuyisubiza hanze ayohereza aho yari yanyuze yinjira, atayikanze.

Yagize ati: “Yari nini cyane ku buryo, nubwo yari inzengurutseho, igice cy’umurizo wayo cyari kikiri hanze mu idirishya.”

Yongeye agira ati: “Narayifashe, kandi wabonaga ko itikanze cyane. Yari imeze nk’iyinyagambura gusa mu kiganza cyanjye.”

Iki kiyoka cyamwizingiyeho ariko ntacyo cyamutwaye

Umugabo hanze yari yadagazwe bikomeye, ariko Bloor we ubwe ntiyigeze ahungabana cyane, kuko yakuriye mu cyaro ahari inzoka nyinshi.

Yagize ati: “Ntekereza ko iyo wowe utuje, na zo zituza.”

Ariko iyo biba ari igikeri (cane toad) – ubwoko bw’ibikeri bigira amahane kandi bibi muri iki gihugu – byari kuba inkuru itandukanye, nk’uko yabivuze.

Yagize ati: “Ntabwo mbasha kubyihanganira. Bintera no kuruka. Iyo biba ari igikeri cyari kuntera ubwoba cyane.”

Abantu n’iyi nzoka rutura bose basohotse muri icyo gikorwa nta ugize icyo aba.

Inziramire za ‘carpet python’ ziba cyane mu duce twegereye inyanja muri Australia, kandi akenshi zirya inyamaswa nto nk’inyoni.

Previous Post

Uganda: Karole Kasita yiyongereye ku bandi bahanzi basohotse iguhugu

Next Post

Urukundo rwa Phanuel Kavita na Kristin Saunders ruri hafi gufata indi ntera

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
23 hours ago

Umuhanzi uyobora itsinda rya punk utabona neza agiye kwitabira isiganwa rya London Marathon agamije gukusanya inkunga yo gufasha umuryango wo mu...

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Imibonano mpuzabitsina ni kimwe mu bikorwa nkenerwa mu buzima bwa buri munsi haba ku bagabo n’abagore ndetse kikaba mu bishimisha...

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Ubwoko bushya bwa virusi itera COVID-19 bwiswe BA.3.2, buzwi ku izina rya “Cicada” cyangwa “Chainsaw”, buri gukurikiranwa n’abahanga ku rwego...

Next Post
Urukundo rwa Phanuel Kavita na Kristin Saunders ruri hafi gufata indi ntera

Urukundo rwa Phanuel Kavita na Kristin Saunders ruri hafi gufata indi ntera

A$AP Rocky agaragaza uko urugendo rurerure rw’ubucuti na Rihanna rwarangiye ruvuyemo umuryango

A$AP Rocky agaragaza uko urugendo rurerure rw’ubucuti na Rihanna rwarangiye ruvuyemo umuryango

A Pass yatangaje uko rimix ya Gamululu na Konshens yazamuye umuziki we

A Pass yatangaje uko rimix ya Gamululu na Konshens yazamuye umuziki we

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.