• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

A$AP Rocky agaragaza uko urugendo rurerure rw’ubucuti na Rihanna rwarangiye ruvuyemo umuryango

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
January 17, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuraperi w’Umunyamerika A$AP Rocky yatangaje ko umubano we na Rihanna wubakiye ku rugendo rurerure rw’ubucuti, kwiyumvanamo no gutegereza igihe gikwiye, aho nyuma byaje kuvamo urukundo rukomeye n’umuryango ufite abana batatu.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Popcast ya The New York Times, A$AP Rocky yasobanuye ko we na Rihanna bari bamaze imyaka igera kuri 10 ari inshuti za hafi.

Mbere yo gufata icyemezo cyo kwinjira mu mubano w’urukundo mu 2020.

Uhereye ibumoso ni umuhanzi Rihanna n’umugabo we yihebeye Asap Rock

 Yavuze ko nubwo batari bakundana byeruye, yumvaga Rihanna ari umuntu wihariye mu buzima bwe kuva kera.

Uyu muraperi w’imyaka 37 yagaragaje ko hari byinshi we na Rihanna bahuriraho, birimo kuvuka mu mwaka umwe, imizi y’imiryango yabo ifitanye isano n’igihugu cya Barbados, ndetse n’uburyo bombi babonamo ubuzima.

Yavuze ko iyo asubiye aho umuryango wa Rihanna ukomoka, yumva nk’aho abonye impande zombi z’inkomoko ye, bikabongerera isano n’ubusabane.

A$AP Rocky yemeye ko nubwo bumvaga biyumvanamo cyane, bombi batari biteguye icyarimwe kwinjira mu mubano ukomeye.

 Yashimangiye ko igihe cyaje ari cyo cyabaye ingenzi, kuko cyabafashije kwinjira mu rukundo bafite ubushake, icyizere n’ubwumvikane.

Ubu A$AP Rocky na Rihanna ni ababyeyi b’abana batatu, barimo abahungu RZA Athelston w’imyaka itatu, Riot Rose w’imyaka ibiri, ndetse n’umukobwa w’amezi ane witwa Rocki Irish.

Uyu muryango ukomeje gukurikirwa cyane n’itangazamakuru n’abakunzi b’aba bahanzi, bitewe n’uburyo bombi bagaragaza urukundo rwabo mu bwisanzure no kwita ku bana babo.

Si ibyo gusa, kuko mu minsi ishize Rihanna yaciye amarenga ko ashobora kuba yiteguye kongera kwagura umuryango, ibintu byashimishije benshi mu bafana babo, bakabona ko uyu muryango ukomeje kubaka ejo hazaza hawo mu rukundo n’ubwumvikane.

Inkuru ya A$AP Rocky na Rihanna igaragaza ko rimwe na rimwe urukundo rutihuta, ahubwo rukura mu gusabana, kwizerana no gutegereza igihe cyiza, bigatuma rushobora kuvamo umuryango uhamye kandi urambye.

Previous Post

Urukundo rwa Phanuel Kavita na Kristin Saunders ruri hafi gufata indi ntera

Next Post

A Pass yatangaje uko rimix ya Gamululu na Konshens yazamuye umuziki we

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
1 minute ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
A Pass yatangaje uko rimix ya Gamululu na Konshens yazamuye umuziki we

A Pass yatangaje uko rimix ya Gamululu na Konshens yazamuye umuziki we

Gusubiranya Icyogogo cya Congo-Nil: Umushinga uri guteza imbere ubuzima, ibidukikije n’imibereho y’abaturage

Gusubiranya Icyogogo cya Congo-Nil: Umushinga uri guteza imbere ubuzima, ibidukikije n’imibereho y’abaturage

Phina Masanyalaze yatangaje yambwe 10,000 by’amagande mu ndirimbo “calypso” ya Bebi Wine

Phina Masanyalaze yatangaje yambwe 10,000 by'amagande mu ndirimbo “calypso” ya Bebi Wine

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.