• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 22, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Uwahoze ayobora ibikorwa by’itsinda rya GoodLyfe, Chagga, yagarutse ku buhanga budasanzwe bwa Mowzey Radio, asobanura ko yari umwe mu bahanga b’abanditsi b’indirimbo bafite impano idasanzwe Uganda yigeze kugira.

Mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube channel, Chagga yavuze ko Radio yari afite umwihariko mu mirimo ye; ati: “Buri munsi yashoboraga kwandika indirimbo eshatu cyangwa enye.”

Chagga yongeyeho ati: “Ushobora kubaza Julius wa Swangz Avenue n’abandi uko bajyaga bagura indirimbo ze. Abantu bose bari bazi neza urukundo n’ubumuntu bwe.”

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Yakomeje avuga ko Radio yari umuntu utarakundaga gukora ibintu bigamije inyungu ku giti cye, kuko yakundaga guha abantu benshi indirimbo ze yanditse aho kuzigumana. Ariko kandi, hari igihe abantu bamugiriraga ishyari ndetse byamugiragaho ingaruka, ariko ntabyiteho; rimwe na rimwe bigasa n’aho ari uburiganya.

Chagga yanavuze ko nyuma y’ubuhanga bwa Radio mu muziki, hari n’uruhande rudasobanutse rw’“umukino mubi” mu ruganda rw’umuziki. Yavuze ko hari abantu bamwe bakoreshaga intege nke za Radio mu buryo bwo kumugirira nabi.

Ati: “Hari igihe bazaga bazi neza ko Mowzey yanyweye inzoga (Whisky), nyinshi zimugiraho ingaruka zitari nziza, bityo bagategura uburyo bwo kumunywesha izo nzoga kugira ngo zimwangize. Iyo yanywa Nile Beer, yabaga ari umunyamahoro, ariko iyo yanywaga whisky yahinduraga imitekerereze ye.”

Chagga yasoje avuga ko yakabaye yarahagaritse abantu bamuherezaga ibiyobyabwenge, ariko hari n’abantu benshi, n’abo mu buyobozi bwe bwite, bagiye bamuhereza izo nzoga rwihishwa.

Mowzey Radio; umuhanzi wubatse amateka akomeye muri Uganda, urupfu rwe rukaba rwarasize icyuho mu muziki

Nyakwigendera Moses Nakintije Ssekibogo, uzwi nka Mowzey Radio, umuhanzi w’ibihe byose wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere umuziki wa Uganda. Yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye, kwandika indirimbo, no guhanga umuziki ufite ubutumwa bukora ku mitima ya benshi.

Mowzey Radio yasize umurage ukomeye mu muziki wa Uganda, aho ijwi rye rikomeza kuvugira mu bihangano bye kugeza n’ubu

Yatangiye kumenyekana mu muziki mu 2005 nk’umunyeshuri muri Kaminuza ya Makerere, akorana n’abandi bahanzi bakomeye. Mu 2007, yashinze itsinda GoodLyfe Crew na Weasel Manizo, rikaba ryamamaye cyane mu ndirimbo nka Bread and Butter, Ngenda Maaso na Magnetic. Radio yari afite ijwi ridasanzwe kandi yandikiraga abahanzi benshi barimo Irene Ntale, Juliana Kanyomozi, Bebe Cool n’abandi.

Yari umuntu w’inyangamugayo, wafashaga abandi bahanzi, nubwo yahuye n’ibibazo mu buzima bwe bw’umuziki. Ku wa 1 Gashyantare 2018, yitabye Imana azize ibikomere yatewe mu mutwe nyuma yo gukubitirwa mu kabari ka Entebbe, agahinda ke gatera uburibwr mu gihugu no mu karere.

Umurage wa Mowzey Radio uracyari mu ndirimbo ze, zirimo ubuhanga, ubwitange n’urukundo rw’umuziki, byafashije guteza imbere umuziki wa Uganda n’uw’Afurika y’Uburasirazuba ku rwego mpuzamahanga.

Previous Post

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Next Post

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Marina yavuze ko gukorana indirimbo na Riderman byahoze ari inzozi

Marina yavuze ko gukorana indirimbo na Riderman byahoze ari inzozi

Perezida Paul Kagame yizihije isbukuru y’imyaka 68

Perezida Paul Kagame yizihije isbukuru y’imyaka 68

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.