• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 22, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Uwahoze ayobora ibikorwa by’itsinda rya GoodLyfe, Chagga, yagarutse ku buhanga budasanzwe bwa Mowzey Radio, asobanura ko yari umwe mu bahanga b’abanditsi b’indirimbo bafite impano idasanzwe Uganda yigeze kugira.

Mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube channel, Chagga yavuze ko Radio yari afite umwihariko mu mirimo ye; ati: “Buri munsi yashoboraga kwandika indirimbo eshatu cyangwa enye.”

Chagga yongeyeho ati: “Ushobora kubaza Julius wa Swangz Avenue n’abandi uko bajyaga bagura indirimbo ze. Abantu bose bari bazi neza urukundo n’ubumuntu bwe.”

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Yakomeje avuga ko Radio yari umuntu utarakundaga gukora ibintu bigamije inyungu ku giti cye, kuko yakundaga guha abantu benshi indirimbo ze yanditse aho kuzigumana. Ariko kandi, hari igihe abantu bamugiriraga ishyari ndetse byamugiragaho ingaruka, ariko ntabyiteho; rimwe na rimwe bigasa n’aho ari uburiganya.

Chagga yanavuze ko nyuma y’ubuhanga bwa Radio mu muziki, hari n’uruhande rudasobanutse rw’“umukino mubi” mu ruganda rw’umuziki. Yavuze ko hari abantu bamwe bakoreshaga intege nke za Radio mu buryo bwo kumugirira nabi.

Ati: “Hari igihe bazaga bazi neza ko Mowzey yanyweye inzoga (Whisky), nyinshi zimugiraho ingaruka zitari nziza, bityo bagategura uburyo bwo kumunywesha izo nzoga kugira ngo zimwangize. Iyo yanywa Nile Beer, yabaga ari umunyamahoro, ariko iyo yanywaga whisky yahinduraga imitekerereze ye.”

Chagga yasoje avuga ko yakabaye yarahagaritse abantu bamuherezaga ibiyobyabwenge, ariko hari n’abantu benshi, n’abo mu buyobozi bwe bwite, bagiye bamuhereza izo nzoga rwihishwa.

Mowzey Radio; umuhanzi wubatse amateka akomeye muri Uganda, urupfu rwe rukaba rwarasize icyuho mu muziki

Nyakwigendera Moses Nakintije Ssekibogo, uzwi nka Mowzey Radio, umuhanzi w’ibihe byose wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere umuziki wa Uganda. Yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye, kwandika indirimbo, no guhanga umuziki ufite ubutumwa bukora ku mitima ya benshi.

Mowzey Radio yasize umurage ukomeye mu muziki wa Uganda, aho ijwi rye rikomeza kuvugira mu bihangano bye kugeza n’ubu

Yatangiye kumenyekana mu muziki mu 2005 nk’umunyeshuri muri Kaminuza ya Makerere, akorana n’abandi bahanzi bakomeye. Mu 2007, yashinze itsinda GoodLyfe Crew na Weasel Manizo, rikaba ryamamaye cyane mu ndirimbo nka Bread and Butter, Ngenda Maaso na Magnetic. Radio yari afite ijwi ridasanzwe kandi yandikiraga abahanzi benshi barimo Irene Ntale, Juliana Kanyomozi, Bebe Cool n’abandi.

Yari umuntu w’inyangamugayo, wafashaga abandi bahanzi, nubwo yahuye n’ibibazo mu buzima bwe bw’umuziki. Ku wa 1 Gashyantare 2018, yitabye Imana azize ibikomere yatewe mu mutwe nyuma yo gukubitirwa mu kabari ka Entebbe, agahinda ke gatera uburibwr mu gihugu no mu karere.

Umurage wa Mowzey Radio uracyari mu ndirimbo ze, zirimo ubuhanga, ubwitange n’urukundo rw’umuziki, byafashije guteza imbere umuziki wa Uganda n’uw’Afurika y’Uburasirazuba ku rwego mpuzamahanga.

Previous Post

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Next Post

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
18 minutes ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Marina yavuze ko gukorana indirimbo na Riderman byahoze ari inzozi

Marina yavuze ko gukorana indirimbo na Riderman byahoze ari inzozi

Perezida Paul Kagame yizihije isbukuru y’imyaka 68

Perezida Paul Kagame yizihije isbukuru y’imyaka 68

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.