• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

Ubushakashatsi: Ibisuko na Perike bishobora kongera ibyago bya Kansere y’Ibere

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
March 30, 2026
Reading Time: 2 mins read
A A

Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko ibisuko, perike n’imishatsi y’inyongera abagore benshi bakoresha ku Isi bishobora kuba birimo ibinyabutabire bifitanye isano na kansere y’ibere, ihungabana ry’imisemburo n’ibibazo bijyanye no kubyara.

Ubu bushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu bya siyansi bwagaragaje ko mu bwoko butandukanye bw’imishatsi y’inyongera habonekamo ibinyabutabire hafi 50 bishobora kugira ingaruka ku buzima, haba ku mishatsi y’ikorwa mu nganda ndetse n’iva ku bantu.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byasohotse mu kinyamakuru cya American Chemical Society, bituma hasabwa ko uru rwego rw’imishatsi rufite agaciro ka miliyari nyinshi z’amadolari ku Isi rwashyirwaho amabwiriza akomeye yo kugenzura umutekano w’ibicuruzwa byarwo.

Umushakashatsi Dr. Elissia Franklin, wayoboye ubu bushakashatsi, yavuze ko abantu benshi baba bizeye ibigo bikora ibyo bicuruzwa nyamara hari igihe bidakurikiza amabwiriza akomeye arengera ubuzima bw’ababikoresha.

Ibinyabutabire bishobora guteza ibibazo ku buzima

Abashakashatsi bakoze isuzuma ku byitegererezo 43 by’imishatsi y’inyongera, basangamo ibinyabutabire bigera kuri 170. Muri byo, 48 biri ku rutonde mpuzamahanga rw’ibishobora guteza ingaruka ku buzima.

Muri ibyo harimo ibikoreshwa mu gutuma imishatsi idafatwa n’umuriro, imiti yica udukoko n’ibindi bintu bishobora guhungabanya imikorere y’imisemburo (endocrine system), igice cy’umubiri kigira uruhare mu kugenzura imisemburo itandukanye.

Abashakashatsi kandi basanze ibinyabutabire 17 bifitanye isano na kansere y’ibere biri mu byitegererezo 36 by’imishatsi y’inyongera basuzumye.

Hari kandi n’ibindi bintu nka organotin, bisanzwe bikoreshwa mu gukora plastike, byagaragaye muri zimwe muri izo ngero, ibintu byatangaje abashakashatsi kuko bitari bikwiye kuboneka mu bintu abantu bishyira ku mubiri.

Bimwe muri ibyo binyabutabire bishobora gutera kuribwa ku ruhu, gutukura, kubyimba cyangwa ibibazo by’imisemburo, bishobora kugira ingaruka ku bushobozi bwo gusama cyangwa ku buzima bw’umuntu muri rusange.

N’umushatsi w’umuntu ushobora kuba urimo ibyo binyabutabire

Mu gihe ubushakashatsi bwabanje bwibandaga cyane ku mishatsi y’ikorwa mu nganda, ubu bushakashatsi bwo bwanasesenguye imishatsi iva ku bantu (human hair) ndetse n’ikorwa.

Igitangaje ni uko hari aho basanze imishatsi iva ku bantu irimo ibinyabutabire byinshi bishobora kwangiza ubuzima kurusha imishatsi y’ikorwa mu nganda.

Dr. Franklin yavuze ko kuba umushatsi wanditseho ko ari “natural” cyangwa “human hair” bidahita bisobanura ko ari uwizewe cyangwa utagira ingaruka ku buzima.

Yasobanuye ko mu gihe imishatsi imwe y’ikorwa mu nganda ishobora kubonekamo ikinyabutabire kimwe gusa giteye impungenge, hari aho basanze imishatsi iva ku bantu irimo ibinyabutabire bitanu cyangwa birenga bishobora guteza ibibazo ku buzima.

Abashakashatsi bavuga ko ibyo binyabutabire bishobora kujyamo mu gihe imishatsi itunganywa ngo irusheho gusa neza, gukomera cyangwa koroshya kuyikoresha.

Uko ibyo binyabutabire byinjira mu mubiri

Imishatsi y’inyongera akenshi ishyirwa mu mazi ashyushye cyangwa igashyushwa kugira yorohere gukorwa mu misatsi itandukanye. Ibi bishobora gutuma imyuka irimo uburozi irekurwa, ishobora kwinjira mu mubiri binyuze mu kuyihumeka.

Hari n’ubwo ibyo binyabutabire byinjira mu mubiri binyuze ku ruhu rw’umutwe, ku ijosi cyangwa ku maso, cyane cyane kuko iyo mishatsi imara igihe kinini ku mubiri, rimwe na rimwe imara ibyumweru cyangwa amezi idakurwaho.

Abantu bamwe bavuga ko iyo bakoresheje iyo mishatsi bagira ibimenyetso birimo kuribwa ku ruhu, gutukura, kubyimba cyangwa guhumeka bigoranye, nubwo ibyo bibaho ku bantu bake.

Harasabwa kugenzura neza uru rwego

Kugeza ubu, abashakashatsi bavuga ko nta buryo bwizewe buragaragazwa bwo gukoresha imishatsi y’inyongera mu buryo butagira ingaruka ku buzima.

Hari inama zimwe zitangwa nko kuyikaraba mbere yo kuyishyira ku mutwe cyangwa kuyishira muri vinegere, ariko ubushakashatsi bwerekanye ko nta gihamya ihagije yerekana ko ibyo byakuraho ibyago byose.

Mu byitegererezo 43 byasuzumwe, bibiri gusa ni byo byagaragayemo ko bidafite ibinyabutabire bishobora guteza ingaruka.

Abashakashatsi basaba ko urwego rw’imishatsi y’inyongera rwagenzurwa cyane, nk’uko bikorwa ku bindi bicuruzwa byo kwisiga, kugira ngo ubuzima bw’ababikoresha burusheho kurindwa.

Dr. Franklin asoza avuga ko abantu benshi bakoresha imishatsi y’inyongera bakwiye gufatana uburemere ibyavuye muri ubu bushakashatsi, kuko bishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo mu gihe kirekire.

Previous Post

Umunyarwanda Aminu Iradukunda uri mu bayobora ibihangano by’abahanzi bakomeye ku Isi

Next Post

TMC yatangaje impamvu nyamukuru yatumye ataramana na Ruti Joel muri Amerika

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

Ebola yongeye kwaduka muri DR Congo iri koreka imbaga

Ebola yongeye kwaduka muri DR Congo iri koreka imbaga

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Africa Centres for Disease Control and Prevention yatangaje ko icyorezo gishya cya Ebola cyadutse mu burasirazuba bwa Democratic Republic of...

Gukora imibonano mpuzabitsina kabiri mu Cyumweru birinda ibyago byo kurwara kanseri

Gukora imibonano mpuzabitsina kabiri mu Cyumweru birinda ibyago byo kurwara kanseri

by Alex RUKUNDO
3 weeks ago

Igikorwa cyo gukora imibonano mpuzabitsina iyo gikozwe neza kandi cyitondewe uretse kuba gitanga ibyishimo bigira n’inyungu nyinshi ababikora zirimo kugira...

Next Post
TMC yatangaje impamvu nyamukuru yatumye ataramana na Ruti Joel muri Amerika

TMC yatangaje impamvu nyamukuru yatumye ataramana na Ruti Joel muri Amerika

Ingumi imwe yahinduye burundu ubuzima bw’umugore

Ingumi imwe yahinduye burundu ubuzima bw’umugore

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.