• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 24, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

U Rwanda rugiye kubona urukingo rwa SIDA

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 4, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Mu gihe hashize imyaka myinshi hatangwa imiti itandukanye yo kwirinda Virusi itera Sida, u Rwanda ruri kwitegura gutangira gutanga umuti mushya uzahindura uburyo bwo kwirinda iyi ndwara, aho uzajya uterwa umuntu inshuro ebyiri gusa mu mwaka.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangaje ko mu gihembwe cya nyuma cya 2026, hazatangira gutangwa umuti wa Lenacapavir Yeztugo, umuti wagaragaje ubushobozi bwo kurinda kwandura Virusi itera Sida ku kigero cya 99,9%.

Uyu muti wakozwe n’ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gilead Sciences, ukaba usanzwe waratangiye kwemerwa no gutegurwa gutangwa mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.

Icyihariye kuri Lenacapavir ni uko udafata buri munsi nk’ikinini, kandi utaterwa buri mezi abiri nk’izindi nshinge zari zisanzwe. Ahubwo umuntu azajya aterwa uru rushinge rimwe mu mezi atandatu, bigatuma byorohera benshi kubahiriza gahunda yo kwirinda.

Dr. Nzeyimana Zephanie wo muri RBC yavuze ko kuri ubu hari gukorwa imyiteguro irimo kuzuza ibisabwa no gutegura ibigo n’abakozi b’ubuzima bazatanga iyi serivisi.

Yagize ati: “Uyu muti uzatangira gutangwa mu gihembwe cya nyuma cy’uyu mwaka. Turimo gutegura ibikenewe byose kugira ngo uzatangwe neza kandi ugerweho n’abawukeneye.”

Biteganyijwe ko mu cyiciro cya mbere, uzahabwa abantu bafite ibyago byinshi byo kwandura Virusi itera Sida, barimo abakora uburaya, abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina, ndetse n’abantu babana n’abafite Virusi itera Sida ariko bo batarayandura.

Gusa RBC ivuga ko bitazagarukira kuri ayo matsinda yihariye, kuko n’abandi bantu bashobora guhabwa uyu muti hashingiwe ku myitwarire yabo n’ibyago bashobora guhura na byo.

Nubwo Lenacapavir yamaze kwemezwa nk’umuti utekanye, abazawuhabwa bazajya bakurikiranwa n’abaganga, banahabwe inama zijyanye n’imikoreshereze n’uko bitwara mu gihe babonye ibimenyetso bidasanzwe.

Icyongera kuyigira umwihariko ni uko uzajya utangirwa ubuntu, mu gihe serivisi zijyanye na wo zizakomeza gutangirwa ku bwishingizi busanzwe burimo na Mituweli de Santé.

Mu karere, ibihugu nka Zambia, Zimbabwe, Afurika y’Epfo na Eswatini byamaze kuzuza ibisabwa ndetse byatangiye gutumiza imiti ya mbere. Ibindi birimo Botswana, Malawi, Tanzania na Uganda na byo byamaze kuwemeza, mu gihe Kenya na Namibia biri ku musozo w’imyiteguro.

Ibi byose bigaragaza ko Afurika iri mu nzira yo kwakira uburyo bushya kandi bworoshye bwo guhangana na SIDA, aho u Rwanda na rwo ruri mu bihugu biri gufata iya mbere mu kuyishyira mu bikorwa.

Previous Post

Dr Ron Kenoly, umuyobozi wo kuramya yitabye Imana Ku myaka 81

Next Post

Eddy Kenzo yasobanuriye impamvu atitabiriye Grammy

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

by Alex RUKUNDO
2 days ago

Imibonano mpuzabitsina ni kimwe mu bikorwa nkenerwa mu buzima bwa buri munsi haba ku bagabo n’abagore ndetse kikaba mu bishimisha...

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

by MUNYANKINDI Alphonse
3 days ago

Ubwoko bushya bwa virusi itera COVID-19 bwiswe BA.3.2, buzwi ku izina rya “Cicada” cyangwa “Chainsaw”, buri gukurikiranwa n’abahanga ku rwego...

“Kwibwa igitsina” guteje impagarara mu Burundi na RDC

“Kwibwa igitsina” guteje impagarara mu Burundi na RDC

by MUNYANKINDI Alphonse
5 days ago

Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Uburundi, haravugwa inkuru zidasanzwe z’abantu bashinjwa “kwiba igitsina” bagenzi babo,...

Next Post
Eddy Kenzo yasobanuriye impamvu atitabiriye Grammy

Eddy Kenzo yasobanuriye impamvu atitabiriye Grammy

Nabaye umuherwe mfite imyaka 25 – Hon. Balaam Barugahar

Nabaye umuherwe mfite imyaka 25 – Hon. Balaam Barugahar

Musanze: RIB yataye muri yombi umubyeyi ukurikiranyweho guhohotera umwana we

Musanze: RIB yataye muri yombi umubyeyi ukurikiranyweho guhohotera umwana we

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.