• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

U Rwanda na USA bageze ku masezerano yo kwakira abimukira

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 6, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yageze ku masezerano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yo kwakira abimukira bagera kuri 250, mu rwego rwo gufatanya mu gukemura ibibazo byugarije isi by’abimukira.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, aho yavuze ko iki gikorwa ari igice cy’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, hagamijwe kurengera ubuzima n’uburenganzira bwa muntu , ahanini bava mu bihugu bikomeje guhura n’ibibazo by’intambara, ubukene n’ivangura.

“Ni igikorwa kigamije gutanga ubufasha ku bantu bahangayikishijwe n’ahazaza habo. U Rwanda ruzakomeza kugira uruhare mu gufasha abantu bari mu kaga, nk’uko twabikoze n’ubundi mu bihe bishize.Yolande Makolo umuvugisi wa guverinoma y’u Rwanda
Nk’uko byemezwa n’itangazo ryasohowe, aba bimukira bazinjira mu gihugu mu byiciro, aho bazajya bashyirwa mu bigo byabugenewe, bahabwe ubufasha bw’ibanze burimo ubuvuzi, icumbi n’ubujyanama, mu gihe bazaba bategereje ibisubizo bijyanye n’imibereho yabo ya buri munsi n’ahazaza habo.

Bivugwa ko aba bimukira bashobora kuba baravuye mu bihugu by’Afurika, Aziya cyangwa Amerika y’Epfo, bamwe bakaba barafashwe bari mu nzira berekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baciye mu nzira zitemewe.

Iki gikorwa kibaye mu gihe u Rwanda rumaze kumenyerwa ku rwego mpuzamahanga mu kwakira abimukira no kubaha ubuzima bwiza kurusha aho baturutse. Urugero ni nk’abimukira baturutse muri Libya rwakiriye mu myaka yashize, mu bufatanye na HCR (Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi).

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Amerika yavuze ko aya masezerano atagamije gusa gukemura ikibazo cy’abimukira, ahubwo anashimangira umubano mwiza hagati ya Washington na Kigali.

Ibi bivuze iki ku Rwanda?

Iki ni ikimenyetso gikomeye cyerekana icyizere ibindi bihugu bikomeje kugira ku Rwanda nk’igihugu gifite amahoro, ubuyobozi bufite icyerekezo, ndetse n’ubushobozi bwo gucunga ibibazo byihutirwa bijyanye n’ubuzima n’umutekano w’abantu.

Byitezwe ko aba bimukira bazatangira kugera mu Rwanda mu mezi ari imbere, mu gihe ibijyanye n’ibikorwa by’iyakira bizaba byarangiye gutegurwa.

Previous Post

Bebe Cool yageze mu Bwongereza

Next Post

Kizz Daniel yateguje abanya kigali ko azagaruka

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
1 hour ago

Mu 2018, umugore yaje muri Laboratwari y'irangamimerere muri Kaminuza Nkuru ya Colombia: yari afite impanga z'abahungu yari yarabyaye imyaka ibiri...

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Umuhungu wa Jose Chameleone, Abba Marcus Mayanja, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, ariko noneho si ku bijyanye n’umuziki cyangwa...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Next Post
Kizz Daniel yateguje abanya kigali ko azagaruka

Kizz Daniel yateguje abanya kigali ko azagaruka

Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 2025 ryafunguwe ku mugaragaro i Kigali

Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 2025 ryafunguwe ku mugaragaro i Kigali

Adesope Olajide yageze mu Rwanda

Adesope Olajide yageze mu Rwanda

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.