• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Sinema yo muri Uganda ikomeje gutera imbere ku rwego mpuzamahanga

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 28, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Sinema yo muri Uganda ikomeje gutera imbere ku rwego mpuzamahanga, aho yongeye kwandika amateka.

Filime yanditswe na Loukman Ali mu mwaka wa 2020 yitwa The Girl in the Yellow Jumper yegukanye ibihembo byinshi, kandi izwiho kuba iteguwe mu buryo budasanzwe buzwi muri filime. Iyi filime yamaze kugera ku mashene (channel) ya Canal+ mu Bufaransa, aho isohoka mu rurimi rw’Igifaransa yiswe La fille au pull jaune (bisobanura “Umukobwa wambaye umupira w’umuhondo”).

Loukman yashyize hanze agace gashya k’iyi filime kasubiwemo mu rurimi rw’Igifaransa, bigaragaza indi ntambwe ikomeye yatewe n’iyi filime yanditse amateka mashya mu ruganda rwa sinema muri Uganda.

Iyi filime yabaye iya mbere muri Uganda yerekanwe kuri Netflix, ibintu byafunguye amarembo mashya ku bahanzi n’abanditsi b’inkuru bo muri icyo gihugu. Kuba yageze no kuri Canal+ ni indi ntambwe ikomeye, ndetse birashoboka ko ari yo filime ya mbere y’Umunya-Uganda igeze kuri urwo rubuga.

Loukman ni we wenyine mu banditsi ba filime bo muri Uganda ufite ibikorwa byinshi byerekanwa kuri Netflix, birimo The Girl in the Yellow Jumper na Katera of the Punishment Island. Ibikorwa bye bikomeje kuzamura sinema y’iwabo, bikenemezwa n’abatari bake ko ari byo bikorwa bitangaje cyane mu myaka ya vuba muri Uganda.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri iyi ntambwe yateye, Loukman yagize ati: “Iyi filime inaboneka no ku rubuga rwa ALBLK muri Amerika, ku bifuza kuyireba bahatuye.”

Yongeyeho ati: “Sinzi na gato icyo bakundira iyi filime.” Uyu mukinnyi wa filime akaba n’umuyobozi wayo, hamwe n’ikipe ye, bakomeje kugaragaza ubutwari n’ubwitange mu guteza imbere sinema yo muri Uganda.

Previous Post

Cindy Sanyu yagiriye inama abahanzi bakiri bato

Next Post

Injyana ya “Hip Hop” m’u Rwanda yahinduye Isura – Bull Dogg

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
38 seconds ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
Injyana ya “Hip Hop” m’u Rwanda yahinduye Isura – Bull Dogg

Injyana ya “Hip Hop" m’u Rwanda yahinduye Isura - Bull Dogg

Immy Candace yatangaje ko atakunda n’umugabo ubonetse wese

Immy Candace yatangaje ko atakunda n'umugabo ubonetse wese

Cindy Sanyu yavuze ko abana be bataribazi ko ari icyamamare

Cindy Sanyu yavuze ko abana be bataribazi ko ari icyamamare

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.