• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, June 15, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imikino

Serumogo yateje impaka: Rayon Sports irashinja Rugaju gukwirakwiza ibihuha

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 13, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Impaka zikomeje kuzamuka mu muryango wa Rayon Sports nyuma y’itangazo ryayo rihinyuza amakuru yatangajwe na Rugaju Reagan ku bijyanye n’itandukana rya Serumogo Ali n’iyi kipe.

Byose byakomotse ku kiganiro “Urubuga rw’Imikino” cyatambutse ku wa 12 Gashyantare 2026 kuri Radio Rwanda, aho Rugaju yavuze ko habayeho uburiganya mu igenda rya Serumogo, agaragaza ko atemera ko uyu myugariro yagiye ku buntu nk’uko byatangajwe.

Uyu munyamakuru yibajije uburyo umukinnyi wari ugifitiye amasezerano Rayon Sports yasesa amasezerano, mu gihe hatarashira amasaha 72 agahita yerekanwa mu yindi kipe.

Yanavuze ko hari amakuru afite ko uyu mukinnyi yaba yarishyuwe amafaranga agera ku bihumbi 10 by’amadolari, bitandukanye n’ibivugwa ko yagiye ku bwumvikane bw’impande zombi.

Rugaju Reagan yateje ikibazo hagati ya Rayon Sport na Serumogo Ali

Rayon Sports yahise isohora itangazo ishimangira ko Serumogo yagiye mu mucyo, ku bwumvikane bw’impande zombi, kandi nta mafaranga y’igurisha yabayeho nk’uko byavuzwe.

Ubuyobozi bwayo bwamaganye amakuru bwise ibihuha, busaba itangazamakuru kujya ritangaza amakuru yizewe kandi afite gihamya.

Iyi nkubiri yaje ikurikira iyegura rya Ngabo Roben wari ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho muri Rayon Sports, we wavuze ko yari ananijwe n’imikorere y’ubuyobozi.

Ibi byatumye hari ababona ko ibibazo by’imbere mu buyobozi bishobora kuba biri mu bitiza umurindi impaka zikomeje kuvugwa.

Serumogo Ali, wari usigaranye umwaka n’igice ku masezerano ye, yaje kwerekanwa na Al-Merrikh SC Bentiu ku wa 19 Mutarama 2026, nyuma y’iminsi ibiri gusa atandukanye na Rayon Sports.

Mu gihe abafana bakomeje kwibaza ukuri ku byabaye, Rayon Sports yo irahamya ko nta bwihisho bwabayeho, ko kandi izakomeza gukorera mu mucyo no mu nyungu z’umuryango.

Icyakora, iyi dosiye ya Serumogo ishobora gukomeza kuvugisha benshi, cyane ko ibitekerezo bikomeje kugongana hagati y’ubuyobozi n’abasesenguzi b’imikino.

Previous Post

Shakahola: Isomo rikomeye ku bayobozi b’amadini muri Afurika

Next Post

Gloria Bugie yahisemo amafaranga aho guhabwa indabo kuri Saint Valentin

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Arsenal yakoze amateka nyuma y’imyaka 22

Arsenal yakoze amateka nyuma y’imyaka 22

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Arsenal yegukanye igikombe cya Premier League 2025-2026, isubira ku ntebe y’icyubahiro nyuma y’imyaka 22 yose itagitwara. Iyi ntsinzi yemejwe nyuma...

Itike y’igikombe cy’isi ibyara amafaranga atabarika

Itike y’igikombe cy’isi ibyara amafaranga atabarika

by MUNYANKINDI Alphonse
1 month ago

Kwitabira Igikombe cy’Isi cya FIFA biha ibihugu amafaranga menshi, kwamamara ku rwego mpuzamahanga n’ibyishimo bikomeye mu baturage, bikanafasha guteza imbere...

Next Post
Gloria Bugie yahisemo amafaranga aho guhabwa indabo kuri Saint Valentin

Gloria Bugie yahisemo amafaranga aho guhabwa indabo kuri Saint Valentin

Doja Cat agiye gususurutsa Kigali muri Move Afrika 2026

Doja Cat agiye gususurutsa Kigali muri Move Afrika 2026

Jean Luc na Lorenzo mu ntambara ishyushye!

Jean Luc na Lorenzo mu ntambara ishyushye!

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.