Rutahizamu wa Police FC, Emanuel Arnold Okwi, yavuze ko kuba aba kandi akinira umupira mu Rwanda bitamubereye gusa akazi, ahubwo byamwigishije amasomo akomeye ku mateka n’urugendo rwo kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Okwi ashimira urugendo rw’u Rwanda
Mu butumwa yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram ku Cyumweru tariki ya 12 Mata, Okwi yifatanyije n’Abanyarwanda mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uyu mukinnyi ukomoka muri Uganda yavuze ko u Rwanda ari urugero rwiza ku bindi bihugu ku isi.
Yagize ati:
“U Rwanda rukwiye kubera urugero ibindi bihugu byo ku isi.Igihugu cyanyuze mu mateka mabi cyane, ariko cyahisemo inzira y’ubumwe, ubwiyunge n’iterambere.”
Kuba mu Rwanda byamwigishije byinshi
Okwi yavuze ko ubuzima bwe mu Rwanda butarenze umupira w’amaguru gusa, ahubwo bumufasha kwiga byinshi ku mateka n’imbaraga z’Abanyarwanda.
Yagize ati:
“Ibi bihe byo Kwibuka binyibutsa ko kuba ndi hano atari akazi gusa cyangwa kubaho hano, ahubwo ari n’umwanya wo kwiga, kubaha no gusobanukirwa imbaraga z’Abanyarwanda.”
Yakomeje avuga ko nubwo atari Umunyarwanda, yiyumva hafi y’Abanyarwanda muri iki gihe cyo Kwibuka.
“Nubwo ntari Umunyarwanda, nifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka no gukomeza kubaka ubumwe buganisha ku hazaza heza.”
Uko Okwi yitwaye mu makipe yo mu Rwanda
Emanuel Arnold Okwi yinjiye muri Police FC mbere y’itangira rya shampiyona ya 2024/2025, avuye muri AS Kigali.
Muri iyo kipe yari amaze kugaragaza umusaruro mwiza aho yatsinze ibitego 9 anatanga imipira 13 yavuyemo ibitego.
Mbere yaho kandi yakiniye Kiyovu Sports mu mwaka w’imikino wa 2021/2022.
Okwi yavuze ko u Rwanda arubonamo igihugu kirangwa n’umutekano, kwihangana no kumva ko umuntu ari mu muryango umwe.
Abakinnyi b’Amavubi bifatanyije n’Abanyarwanda
Okwi ari mu bakinnyi batandukanye bagaragaje ubutumwa bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Muri abo harimo abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi barimo Jojea Kwizera, Abeddy Biramahire, Emery Bayisenge na Innocent Nshuti.
Hari kandi Nikita Valverde Gicanda, uyobora Komisiyo y’Umupira w’Abagore muri FERWAFA, na we watanze ubutumwa bwo kwifatanya n’Abanyarwanda.
Urubyiruko rwasabwe kurinda ubumwe bw’Abanyarwanda
Mu butumwa bwabo, Jojea Kwizera yavuze ko abakinnyi b’ikipe y’igihugu bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku rundi ruhande, Biramahire na Bayisenge basabye urubyiruko gukomeza kurinda ubumwe bw’Abanyarwanda no guteza imbere igihugu.
Bagize bati:
“Nk’urubyiruko, mu gihe twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, twiyemeje gukomeza kurinda ubumwe, amahoro n’iterambere. Turi ejo hazaza h’u Rwanda kandi inshingano zacu ni ukubaka igihugu kitagira amacakubiri.”
Guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside
Innocent Nshuti na Nikita Valverde Gicanda na bo bashimangiye ko buri Munyarwanda afite inshingano zo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bavuze ko kwibuka ari umwanya wo kuzirikana amateka, ariko nanone ari n’igihe cyo gukomeza kubaka u Rwanda rufite ubumwe n’amahoro arambye.










