• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imikino

Okwi: U Rwanda rwigishije isi amasomo akomeye

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
April 14, 2026
Reading Time: 2 mins read
A A

Rutahizamu wa Police FC, Emanuel Arnold Okwi, yavuze ko kuba aba kandi akinira umupira mu Rwanda bitamubereye gusa akazi, ahubwo byamwigishije amasomo akomeye ku mateka n’urugendo rwo kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Okwi ashimira urugendo rw’u Rwanda

Mu butumwa yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram ku Cyumweru tariki ya 12 Mata, Okwi yifatanyije n’Abanyarwanda mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu mukinnyi ukomoka muri Uganda yavuze ko u Rwanda ari urugero rwiza ku bindi bihugu ku isi.

Yagize ati:
“U Rwanda rukwiye kubera urugero ibindi bihugu byo ku isi.Igihugu cyanyuze mu mateka mabi cyane, ariko cyahisemo inzira y’ubumwe, ubwiyunge n’iterambere.”

Kuba mu Rwanda byamwigishije byinshi

Okwi yavuze ko ubuzima bwe mu Rwanda butarenze umupira w’amaguru gusa, ahubwo bumufasha kwiga byinshi ku mateka n’imbaraga z’Abanyarwanda.

Yagize ati:
“Ibi bihe byo Kwibuka binyibutsa ko kuba ndi hano atari akazi gusa cyangwa kubaho hano, ahubwo ari n’umwanya wo kwiga, kubaha no gusobanukirwa imbaraga z’Abanyarwanda.”

Yakomeje avuga ko nubwo atari Umunyarwanda, yiyumva hafi y’Abanyarwanda muri iki gihe cyo Kwibuka.

“Nubwo ntari Umunyarwanda, nifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka no gukomeza kubaka ubumwe buganisha ku hazaza heza.”

Uko Okwi yitwaye mu makipe yo mu Rwanda

Emanuel Arnold Okwi yinjiye muri Police FC mbere y’itangira rya shampiyona ya 2024/2025, avuye muri AS Kigali.

Muri iyo kipe yari amaze kugaragaza umusaruro mwiza aho yatsinze ibitego 9 anatanga imipira 13 yavuyemo ibitego.

Mbere yaho kandi yakiniye Kiyovu Sports mu mwaka w’imikino wa 2021/2022.

Okwi yavuze ko u Rwanda arubonamo igihugu kirangwa n’umutekano, kwihangana no kumva ko umuntu ari mu muryango umwe.

Abakinnyi b’Amavubi bifatanyije n’Abanyarwanda

Okwi ari mu bakinnyi batandukanye bagaragaje ubutumwa bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri abo harimo abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi barimo Jojea Kwizera, Abeddy Biramahire, Emery Bayisenge na Innocent Nshuti.

Hari kandi Nikita Valverde Gicanda, uyobora Komisiyo y’Umupira w’Abagore muri FERWAFA, na we watanze ubutumwa bwo kwifatanya n’Abanyarwanda.

Urubyiruko rwasabwe kurinda ubumwe bw’Abanyarwanda

Mu butumwa bwabo, Jojea Kwizera yavuze ko abakinnyi b’ikipe y’igihugu bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ku rundi ruhande, Biramahire na Bayisenge basabye urubyiruko gukomeza kurinda ubumwe bw’Abanyarwanda no guteza imbere igihugu.

Bagize bati:
“Nk’urubyiruko, mu gihe twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, twiyemeje gukomeza kurinda ubumwe, amahoro n’iterambere. Turi ejo hazaza h’u Rwanda kandi inshingano zacu ni ukubaka igihugu kitagira amacakubiri.”

Guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Innocent Nshuti na Nikita Valverde Gicanda na bo bashimangiye ko buri Munyarwanda afite inshingano zo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bavuze ko kwibuka ari umwanya wo kuzirikana amateka, ariko nanone ari n’igihe cyo gukomeza kubaka u Rwanda rufite ubumwe n’amahoro arambye.

Previous Post

Afro Exchange i Kampala yasize abitabiriye banyuzwe bikomeye

Next Post

Shakib Cham yatangaje ko yifuza kurwana muri ring na Pallaso na Alien Skin

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

#Kwibuka32: Abakinnyi b’Amavubi na FERWAFA bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

#Kwibuka32: Abakinnyi b’Amavubi na FERWAFA bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

by MUNYANKINDI Alphonse
3 days ago

Mu gihe Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango...

Jenoside yashegeshe bikomeye siporo nyarwanda

Jenoside yashegeshe bikomeye siporo nyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
6 days ago

Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasize ibikomere bikomeye mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu, harimo na siporo. Abakinnyi, abayobozi b’amakipe ndetse...

Al Hilal SC yifatanyije n’Abanyarwanda mu #Kwibuka32

Al Hilal SC yifatanyije n’Abanyarwanda mu #Kwibuka32

by MUNYANKINDI Alphonse
1 week ago

Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani, iri gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yifatanyije n’Abanyarwanda mu...

Next Post
Shakib Cham yatangaje ko yifuza kurwana muri ring na Pallaso na Alien Skin

Shakib Cham yatangaje ko yifuza kurwana muri ring na Pallaso na Alien Skin

Spice Diana yatangaje ko yacitse igitero cya abagizi ba nabi

Spice Diana yatangaje ko yacitse igitero cya abagizi ba nabi

Crysto Panda yasabye Sheebah uruhushya rw’indirimbo ye na Spice Diana

Crysto Panda yasabye Sheebah uruhushya rw'indirimbo ye na Spice Diana

Mu gitaramo Cardi B yatunguranye atumira Vybz Kartel ku rubyiniro
Imyidagaduro

Mu gitaramo Cardi B yatunguranye atumira Vybz Kartel ku rubyiniro

by Alex RUKUNDO
April 16, 2026
Jada Pinkett Smith yagarutse ku mubano we utavugwaho rumwe
Imyidagaduro

Jada Pinkett Smith yagarutse ku mubano we utavugwaho rumwe

by Alex RUKUNDO
April 16, 2026
“Gloria Bugie afite umwihariko ukomeye mu muziki” – Dokta Brain
Imyidagaduro

“Gloria Bugie afite umwihariko ukomeye mu muziki” – Dokta Brain

by Alex RUKUNDO
April 15, 2026
“Inshuti z’umugore wanjye zifuza gusenya urugo rwacu” – Shakib Chama
Imyidagaduro

“Inshuti z’umugore wanjye zifuza gusenya urugo rwacu” – Shakib Chama

by Alex RUKUNDO
April 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.