• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Richard Keen yambitse impeta umukunzi we Ininahazwe Ange bamaze umwaka umwe bakundana

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 9, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel) Nsengiyumva Richard, wamamaye cyane nka Richard Keen, giye kwinjiye mu kindi cyiciro cy’ubuzima, aho yambitese umukunzi we Ininahazwe Ange Floxelle impeta y’urukundo, bigaragara ko biteguye kurushinga mu minsi ya vuba.

Iki gikorwa cyabaye nyuma y’igihe cyingana n’umwaka umwe aba bombi bari mu munyenga w’urukundo. Niicyemezo kije gikurukira urugendo rwabo rwubakiye mu kwemera Imana cyane ko basangiye indanga gaciro za gikirisitu.

Ikiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Richard Keen yasobanuye ko icyamuteye guhitamo Ange Floxelle ari imico ye n’ukuntu akunda ijambo ry’Imana, ibintu avuga ko byabaye ishingiro ry’umubano wabo. yatangaje kandi ko ubukwe bwabo buteganyijwe mu cyumweru gitaha, ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026.

Uyu muhanzi ufite imyaka 31 y’amavuko, akaba yaravukiye mu mujyi wa Gisenyi ku ya 15 Nyakanga 1994, azwiho kuba umwe mu bafite impno yokuririmba indirimbo za gospel mu Rwanda. Yigiye amashuri yisumbuye i Kigali mu ishuri rya ESSJT (Jock), mu ishami ry’ubwubatsi, ayamasomo yayize mbere yo kwinjira mu muziki.

Richard Keen yatangiye urugendo rwe rwa muzika mu 2015, aho yasohora indirimbo ye ya mbere yise “Ndagije”. Icyakora, uyu murimo yaje kuwuhagarika igihe gito kubera impamvu z’ubuzima, yongera ku garuka mu muziki mu 2022, aho yasohoye indirimbo “Ni Muri Yesu”, yabaye intangiriro y’indi ntambwe nshya mu buhanzi bwe.

Kuva icyo gihe, yakomeje gukora indirimbo zitandukanye zakunzwe zirimo “Komera”, “Ishimwe” na “Fata Umwanya”. Asobanura ko inganzo ye ishingira ku bihe aba arimo n’ibimukora ku mutima, aho akenshi indirimbo adakuze gufata umwanya wokuzitegura ahubwo zimwisangira, akazibyaza umusaruro mu gusenga no kuririmba yifashishije gitari.

Uretse inkuru y’urukundo rwe, Richard Keen ari no gutegura ibindi bikorwa bikomeye mu muziki we. Yatangaje ko ari gukora kuri album igizwe n’indirimbo icyenda, ateganya kuyisohora mbere yo gutegura igitaramo n’izindi gahunda zigamije kwamamaza umuziki we no gukomeza umurimo wo kwamamaza ubutumwa bwiza.

Mu bahanzi bamubera icyitegererezo, yagaragaje ko yubaha cyane Jonathan McReynolds na Israel Mbonyi, kubera ubutumwa bwabo n’uburyo bakora indirimbo zikagera ku mitima ya benshi.

Previous Post

Miss Kundwa Doriane agaruka mu Rwanda asangiza abagore n’abakobwa urugendo rwe rw’Ubuzima

Next Post

Igitaramo cya Spice muri Uganda cyiza subukurwa nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
32 minutes ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
Igitaramo cya Spice muri Uganda cyiza subukurwa nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu

Igitaramo cya Spice muri Uganda cyiza subukurwa nyuma y'amatora y'umukuru w'igihugu

Ubuzima bwa Fille Mutoni mu kaga: MC Kats arasaba ubufasha, akananenga inzego z’abahanzi muri Uganda

Ubuzima bwa Fille Mutoni mu kaga: MC Kats arasaba ubufasha, akananenga inzego z’abahanzi muri Uganda

Imvura n’inkuba bikomeje guteza inkeke mu Ntara y’Amajyepfo: Umubyeyi yitabye Imana, abandi barakomereka

Imvura n’inkuba bikomeje guteza inkeke mu Ntara y’Amajyepfo: Umubyeyi yitabye Imana, abandi barakomereka

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.