• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Biravugwa

Ntare Louisenlund School i Bugesera isaba guhindura imyigishirize mu Rwanda

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 8, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Kera mu mashuri, umwana wagiraga amanota 100% mu bizamini ni we witwaga umuhanga. Bagenzi be baramutinyaga, abarimu n’ababyeyi bakamushima ko arusha abandi ubwenge. Mu Rwanda, iyi myumvire yamaze igihe kinini, amanota afatwa nk’igipimo cy’ubwenge.

Ariko abahanga mu burezi bavuga ko gutsinda neza bishobora gusa kuba ikimenyetso cyo kwitegura neza ikizamini, atari ikimenyetso cy’ubuhanga buhanitse.

Damien Vassallo, Umuyobozi wa Ntare Louisenlund School i Bugesera, avuga ko bo batita ku manota gusa, ahubwo baha abanyeshuri amahirwe yo kugaragaza impano zabo. Iri shuri ryashinzwe n’abahoze biga muri Ntare School ya Uganda, barimo Perezida Paul Kagame na Perezida Yoweri Museveni. Ni ishuri rigezweho, aho umwaka w’amashuri utangirira kuri miliyoni 23 Frw ku munyeshuri wiyishyurira.

Vassallo avuga ko abanyeshuri benshi baturuka mu miryango ikomeye bagira igitutu cyo gutsinda, bakumva ko nibadatsinda ubuzima buzarangira. Ibi bishobora kubangiriza ubuzima bwo mu mutwe. Ashimangira ko gutsindisha ibizamini bisanzwe gusa bitanga umusaruro mucye, kuko ibyo umwana yize ashobora kubyibagirwa vuba.

Muri Ntare Louisenlund, abana bahabwa umwanya wo kugaragaza ibyo bashoboye binyuranye, aho guhatirwa gusubiza ibibazo by’ibizamini gusa. Vassallo avuga ko ibi bituma umwana akura mu bitekerezo, akamenya guhanga udushya, kandi agatera imbere mu buryo burambye.Ntare Louisenlund School ikoresha porogaramu zateguwe na International Baccalaureate (IB), umuryango mpuzamahanga ufite icyicaro i Genève mu Busuwisi. IB izwiho kubaka ubushobozi bw’umunyeshuri, aho amanota y’ibizamini bisanzwe agira uruhare rukeya mu byiciro byo hasi, hanyuma akaziyongerera mu byiciro byo hejuru.

Vassallo asaba ko u Rwanda rwatekereza gushyira mu bikorwa uburyo bwa IB ku masomo nka siyansi n’imibare, kuko bwakoreshejwe hirya no hino ku Isi bukagaragaza umusaruro. Avuga ko ubwo buryo bushishikariza abanyeshuri gutekereza mu buryo bwagutse no kumenya gukemura ibibazo.

Vassallo avuga ko abana benshi b’Abanyarwanda batinya kugerageza ibishya. Ariko abo muri Ntare Louisenlund batangiye kumenyera uburyo bushya, bakumva bashyigikiwe n’abarimu n’abayobozi, bigatuma bigaragaza no mu bintu bigoye.

Avuga ko ababyeyi bakwiye gufasha abana babo kwiga ibintu bitandukanye, aho kubafata mu murongo umwe gusa. Ibi bituma umwana agira amahitamo menshi mu buzima, yaba mu buvuzi, amategeko, ikoranabuhanga n’ibindi.

Nubwo ishuri rifite ibiciro biri hejuru, 90% by’abanyeshuri biga ku buruse ya Leta hashingiwe ku bushobozi bwabo. Abana bo mu miryango ikennye na bo barahabwa amahirwe, hagendewe ku mpano n’ubumenyi bafite, atari ku kuba ababyeyi babo bafite ubushobozi.

Ishuri rishaka abana bafite ubushobozi muri STEM n’ibindi byiciro by’ubumenyi, kandi rikabaha umwanya wo kugaragaza ibyo bashoboye. Vassallo ashimishwa no kubona ababyeyi bandikira abana babo amabaruwa abatera inkunga, ndetse n’abana bandika kabone n’iyo baba banditse nabi.

Impinga

Previous Post

Superman agiye kwinjira mu ishami rishinzwe abinjira n’abasohoka ry’Amerika

Next Post

Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
21 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

Nel Ngabo yatanze ibyishimo I Muhanga

Nel Ngabo yatanze ibyishimo I Muhanga

Album ya Morgan Wallen yaciye agahigo

Album ya Morgan Wallen yaciye agahigo

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.