• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

Miliyari 52 RWF nizo zukenewe mu kurandura kanseri y’inkondo y’umura mu 2027

admin by admin
February 3, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzima Sabin, yatangaje ko kugira ngo u Rwanda rube rwaranduye kanseri y’inkondo y’umura mu 2027, hakenewe miliyari 52 z’amafaranga y’u Rwanda (miliyoni 38 z’Amadolari y’Amerika), azakoreshwa mu bikorwa by’ubuvuzi bw’iyo ndwara.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Gashyantara 2025, ubwo yatangizaga gahunda zitandukanye zo kurandura kanseri y’inkondo y’umura bitarenze mu 2027.

Minisitiri Dr Nsanzima yashimangiye ko mu gihe inzego z’ubuzima zishyize hamwe n’abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda ayo mafaranga yaboneka kandi mu buryo bwihuse.

Yagize ati: “Miliyari 38 z’Amadolari y’Amerika ni zo zonyine zikenewe mu kurandura iyi ndwara. Aya mafaranga yakusanywa niba dushyize hamwe imbaraga.”

Yavuze ko ashimira abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda kandi ashima akazi bamaze gukora mu guhangana n’indwara ya kanseri.

U Rwanda rwihaye intego yo kurandura burundu indwara kanseri y’inkondo y’umura mu 2027, mu gihe Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku Buzima OMS ryo ritangaza ko iyo ndwara igomba kuba yaracitse ku Isi mu 2030.

Ashingiye ku gihe gisigaye Minisitiri Sabin yahamije ko bishoboka cyane, kurandura indwara ya kanseri y’inkondo y’umura.

Ati: “Aho ni kure cyane, niba dushaka kubigeraho mu 2027, dufite imyaka itatu imbere, kuko ubu turi mu kwa kabiri kwa 2025.”

Kugeza ubu Uturere 5 mu Rwanda ni two tutarangwamo iyo ndwara ya kanseri y’inkondo y’umura, asaba abafatanyabikorwa n’abandi bari mu nzego z’ubuzima gushyira hamwe mu guhashya iyo ndwara ku buryo mu myaka itatu isiganye Uturere 25 tw’igihugu dusigaye na two izaba yaranduwe burundu.

Muri iyi gahunda yo kurandura kanseri y’inkondo y’umura hakubiyemo ibikorwa byo kuyisuzuma no gushishikariza abagore n’abakobwa kuyisuzumisha.

Hatangijwe gahunda yo kwita ku buvuzi by’umwihariko

Muri gahunda yatangijwe y’imyaka itanu, Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko hagiye gushyirwa imbaraga muri gahunda zidasanzwe z’ubuvuzi.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin yagize ati: “Harimo kwigisha abaganga benshi, abakora mu rwego rw’ubuzima, kuvugurura amavuriro, ikoranabuhanga, gukwirakwiza imiti ikagera ku bantu bose, indwara zitandura na zo tugiye kuzishyiraho umwete muri iyi myaka itanu.”

Yavuze kandi ko u Rwanda muri iyi myaka itanu ruzakomeza gushyira imbaraga mu kwikorera imiti n’ibindi bigamije guteza imbere ubuvuzi.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yo mu 2024, yerekanye ko 40% bya kanseri zose ziba zishoboka kwirindwa hubahirijwe imigirire, imirire n’iminywere yubahiriza amabwiriza ya muganga n’ibindi.

Minisiteri y’Ubuzima ihamya ko kanseri y’inkondo y’umura nubwo ihitana benshi mu minsi iri imbere izacika bijyanye n’uko hari urukingo rwa Human Papilloma Virus, rumaze guhabwa abana n’abakobwa ku kigero cya 95%.

Ku cyumweru tariki ya 2 Gashyantara 2025, hateganyijwe siporo rusange idasanzwe, aho Minisante isaba buri wese kuyitabira ariko azirikana ku buryo kurandura kanseri y’inkondo y’umura mu Rwanda byakorwa.

Previous Post

Kepler VC na Police WVC zatwaye ibikombe mu irushanwa ryo kwizihiza Intwari z’Igihugu

Next Post

Bamwe mu bahoze ari indwanyi z’igisirikare cya RPA,  ku munsi w’Intwari z’Igihugu bashimiwe ubwitange bwabo.

admin

admin

IZINDI NKURU WASOMA

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
1 hour ago

Mu 2018, umugore yaje muri Laboratwari y'irangamimerere muri Kaminuza Nkuru ya Colombia: yari afite impanga z'abahungu yari yarabyaye imyaka ibiri...

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Imibonano mpuzabitsina ni kimwe mu bikorwa nkenerwa mu buzima bwa buri munsi haba ku bagabo n’abagore ndetse kikaba mu bishimisha...

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Ubwoko bushya bwa virusi itera COVID-19 bwiswe BA.3.2, buzwi ku izina rya “Cicada” cyangwa “Chainsaw”, buri gukurikiranwa n’abahanga ku rwego...

Next Post
Bamwe mu bahoze ari indwanyi z’igisirikare cya RPA,  ku munsi w’Intwari z’Igihugu bashimiwe ubwitange bwabo.

Bamwe mu bahoze ari indwanyi z’igisirikare cya RPA,  ku munsi w’Intwari z’Igihugu bashimiwe ubwitange bwabo.

Imodoka ya Gitifu

Imodoka ya Gitifu wa Giti yafashwe n’inkongi irakongoka

2025 Toyota Starlet Cross

2025 Toyota Starlet Cross nshya ifite ikoranabuhanga rya ‘hill-start assist’ yamurikiwe i Kigali

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.