• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Tuesday, June 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imikino

Lewandowski yagarutse ku makuru yavugaga ko FC Barcelona yamubujije gutsinda ibitego kubera amafaranga

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
December 27, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Rutahizamu mpuzamahanga w’Umunya-Pologne, Robert Lewandowski, yemeje ko amakuru amaze igihe avugwa avuga ko FC Barcelona yaba yarigeze kumubuza gutsinda ibitego kubera impamvu z’amafaranga ashobora kuba ari ukuri.

Lewandowski yageze muri FC Barcelona mu mpeshyi ya 2022, avuye muri Bayern Munich yo mu Budage. Mu mwaka we wa mbere w’imikino wa 2022/2023, yitwaye neza cyane aho yatsinze ibitego 23 muri shampiyona ya La Liga, anafasha iyi kipe kwegukana igikombe cya shampiyona.

Robert Lewandowiski mu magambo ashaka kugaragaza ko FC Barcelona yamubujije gutsinda ibitego

Nyuma y’icyo gihe, havuzwe amakuru ko mu mikino ibiri ya nyuma ya shampiyona, FC Barcelona yaba yarasabye Lewandowski kudakomeza gutsinda ibitego. Ibi byashingiye ku ngingo yari mu masezerano yo kumugura avuye muri Bayern Munich, yavugaga ko naramuka atsinze ibitego 25 muri shampiyona, FC Barcelona yagombaga guha Bayern Munich amafaranga angana na Miliyoni 2.5 z’Amayero.

Icyo gihe, FC Barcelona yari mu bihe bikomeye by’ubukungu, ikaba yarashakaga kugabanya ibyasohoka byose bishoboka, cyane ko yari imaze no gutwara igikombe cya shampiyona. Ibi byatumye hibazwa niba koko hari icyemezo cyafashwe cyo kurinda ko Lewandowski agera kuri iyo mibare y’ibitego.

Mu kiganiro Lewandowski aherutse kugirana n’itangazamakuru, yabajijwe kuri ayo makuru, maze atanga igisubizo cyagaragaje ko bishobora kuba byarabaye koko, nubwo atashatse kubivugaho mu buryo burambuye.

Yagize ati: “Hari ibintu bimwe ntashaka kuvugaho. Nubaha FC Barcelona n’abantu bose bayikorera. Nari nzi uko ikipe ihagaze muri icyo gihe. Hari byinshi byagombaga gukemurwa ku bw’inyungu z’ikipe.”

Yakomeje asobanura ko muri icyo gihe ubuyobozi bwa Barça bwitaga cyane kuri buri faranga ryose ryakoreshwaga. “Muri icyo gihe, Barcelona yarebaga cyane buri faranga. Ntabwo byari ibintu bito. Kuri njye ntacyo byahinduye, nta kibazo nagize, ariko hari aho nigeze kwibaza niba nkwiye gutsinda cyangwa ntabikwiye,” yavuze Lewandowski.

Aya magambo yatumye benshi bongera kuganira ku buryo ibibazo by’ubukungu bya FC Barcelona byagiye bigira ingaruka no ku byemezo bifatwa mu kibuga. Nubwo bimeze bityo, Lewandowski yakomeje kwerekana ko yubaha iyi kipe kandi ko ibyabaye byose byari bigamije inyungu rusange z’ikipe.

Previous Post

Yesu/Yezu asa ate mu by’Ukuri? Ibyo Ubushakashatsi bw’Abahanga mu mateka bwerekana

Next Post

Young Grace yahaye icyubahiro Jay Polly wamufashije kugera ku bwamamare

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Next Post
Young Grace yahaye icyubahiro Jay Polly wamufashije kugera ku bwamamare

Young Grace yahaye icyubahiro Jay Polly wamufashije kugera ku bwamamare

AFCON 2025: Mali yanganyije na Maroc mu rugo, Misiri ikatisha itike n’abakinnyi 10

AFCON 2025: Mali yanganyije na Maroc mu rugo, Misiri ikatisha itike n’abakinnyi 10

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umugabo wamenaguye ibirahuri by’imodoka i Kigali yajyanywe i Ndera kuvurirwayo indwara zo mu mutwe

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umugabo wamenaguye ibirahuri by’imodoka i Kigali yajyanywe i Ndera kuvurirwayo indwara zo mu mutwe

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.