• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Ikiganiro cya The Ben na Perezida Kagame gikomeje gutera amatsiko abafana be

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
December 31, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Mu mugoroba wa Noheli wahurije hamwe abantu batandukanye b’ingeri zinyuranye, Perezida Paul Kagame yagaragaye aganira n’abahanzi batandukanye bari batumiwe muri uwo muhango, barimo n’umuhanzi w’icyamamare The Ben, bagiranye ikiganiro cyihariye cyakomeje gukurura amatsiko y’abakurikiranira byahafi imyidagaduro.

The Ben ni umwe mu bantu barenga ibihumbi bibiri bari batumiwe mu mugoroba wo gusangira na Perezida Kagame, hagamijwe kwizihiza uko umwaka wa 2025 wagenze no kwakira uwa 2026.

Ni muri ibyo birori The Ben yagaragaye aganira n’Umukuru w’Igihugu, icyakora icyo kiganiro cyabereye ibanga, kuko uyu muhanzi yanze kugira ibyo atangaza ku byo baganiriye, n’ubwo umunyamakuru yashakaga kumenya ibisobanuro birambuye.

The Ben yavuze ko icyamushimishije cyane ari ikiganiro yagiranye na Perezida Kagame, ariko ashimangira ko ibyo baganiriye bidashobora gushyirwa ku mugaragaro.

Ati: “Icyiza ni uko nahuye n’umubyeyi wanjye, tukaganira kandi bikanshimisha cyane. Ariko ibyo twaganiriye rwose ni ibanga ry’umwana n’umubyeyi, ntibishobora gushyirwa ku karubanda.”

Uyu muhanzi yakomeje avuga ko buri muntu yakwishimira guhura no kuganira n’Umukuru w’Igihugu, anabihuza n’isengesho aherutse gusengerwa n’umubyeyi we.

Ati: “Ibyabaye mbifata nk’isengesho rya mama risohojwe. Mu minsi ishize yaransengeye ambwira ko mfite umugisha wo kuzagera kure, ndetse nkicarana n’abantu bakomeye. Ndashimira Imana ko uwo mugoroba wabayeho.”

The Ben yanagarutse no ku byishimo yagize nyuma yo guhura na Perezida Kagame, avuga ko byamurenze.

Ati: “Hari igihe uba uri mu rugo ukabura ibitotsi, njye naraye ku itapi kubera ibyishimo. Ndashimira Imana.”

Uyu muhanzi aherutse no kugaragara kuri Televiziyo y’u Rwanda, aho yavuze ko yakwishimira kubona Umukuru w’Igihugu mu gitaramo cye, ananamutumira ku mugaragaro. Ibi byatumye benshi bibaza niba yaba yaraboneyeho kumutumira ubwo bahuraga muri uwo mugoroba, ariko akomeza kwirinda gutanga ibisobanuro kuri iyo ngingo.

The Ben ari mu myiteguro y’igitaramo “The New Year Groove”, ateganya guhuriramo na Bruce Melodie ku wa 1 Mutarama 2026.

Previous Post

Ava Peace yari yanze kujya ku rubyiniro atishyuwe

Next Post

Sheilah Gashumba na Skyla Tyla bateranye amagambo karahava nyuma yo gutaramira i Kigali

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
11 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
2 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
2 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
Sheilah Gashumba na Skyla Tyla bateranye amagambo karahava nyuma yo gutaramira i Kigali

Sheilah Gashumba na Skyla Tyla bateranye amagambo karahava nyuma yo gutaramira i Kigali

Massamba Intore ahamya ko guhangana hagati ya Bruce Melodie na The Ben bidakwiye

Massamba Intore ahamya ko guhangana hagati ya Bruce Melodie na The Ben bidakwiye

Mario Rodriguez arashimangira ibirego arega Tyler Perry nubwo hagaaragaye ko yasabaga amafaranga

Mario Rodriguez arashimangira ibirego arega Tyler Perry nubwo hagaaragaye ko yasabaga amafaranga

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.