• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, June 15, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Massamba Intore ahamya ko guhangana hagati ya Bruce Melodie na The Ben bidakwiye

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
December 31, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Mu gihe impaka n’imvugo zishingiye ku guhangana bikomeje kuvugwa mu muziki Nyarwanda, umuhanzi w’inararibonye Massamba Intore arasaba ko ubuhanga n’ubuhanzi ari byo bihabwa umwanya, aho gukomeza imvugo ziseserezanya zidahesha icyubahiro umuziki n’indangagaciro z’u Rwanda.

Ibi yabitangaje mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, ubwo yari amaze gutaramira abaturage bo mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Nyarubuye, mu gitaramo ‘Kirehe Twataramye’. Uyu muhanzi yatangiye avuga ko umwaka wa 2025 wamubereye mwiza cyane yaba mu bikorwa bye ndetse no mu bikorwa bya gakondo muri rusange.

Ati “Kuri njye wabaye umwaka mwiza cyane, umwaka nagizemo amahirwe menshi, ibikorwa byiza, inganzo nyinshi hari n’indirimbo mu by’ukuri yijyanye yakunzwe cyane ya Rwabihama. Hari n’izindi nyinshi, hari ibitaramo byinshi nagiye nkora hanze yaba ari ibyanjye ku giti cyanjye nk’umuhanzi n’ibindi nashoboye kujyana n’Itorero ry’Igihugu Urukerereza.’’

Ku bijyanye n’ibintu bitagenda neza mu muziki abona bikwiriye guhagarara, Massamba yavuze ko atari byinshi, agaruka ku bintu bijyanye no gutukana, kuvuga nabi abahanzi bamwe babahimbira, ashimangira ko byagaragaye muri uyu mwaka kandi ko bihagaze byafasha abahanzi.

Ati “Ibyo ni ubunyamusozi bazabyihorere ntabwo ari byiza. Na biriya abantu bashaka guhangana bikavukamo n’andi magambo atari meza nabyo ntacyo numva byatwungura ku gihugu cyaciye mu mateka atari meza, ntabwo mu muziki ariho hantu hagomba kuzamo ibyo byose bidafite idangagaciro z’u Rwanda.’’

Yavuze ko Umunyarwanda wifuzwa ari ufite indangagaciro n’ubutwari bitarimo guhangana ahubwo ko abantu bakwiriye kuba abahanga bashobora guhigana. Yabihuje kandi n’ibimaze iminsi bivugwa hagati ya Bruce Melodie na The Ben byo guhangana agaragaza ko bidakwiye.

Ati “Biriya ntabwo nabyitayeho cyane, icyo nzicyo Bruce Melodie ni umuhanzi mwiza cyane w’umuhanga, The Ben nawe ni umuhanga cyane, abo bantu kubahuza mu nzu imwe hagamijwe kwishima ni byiza n’aho biriya by’iruhande ni ibintu bigufi badakwiriye guha agaciro, nibatarame bareke kubiherekeresha amagambo atari mu ndangagaciro zacu, atari mu bupfura n’ubutore.’’

The Ben na Bruce Melodie bafite igitaramo bazahuriramo tariki ya 1 Mutarama 2026 kizabera muri BK Arena. Mbere y’uko iki gitaramo kiba, buri muhanzi yakoze indirimo yibasira mugenzi we, bo ubwabo bakavuga ko ari ugutebya no kuryoshya umuziki Nyarwanda mu gihe hari abandi bakomeje kubona ko ibyo aba bahanzi bari gukora ari ukwibasirana.

Previous Post

Sheilah Gashumba na Skyla Tyla bateranye amagambo karahava nyuma yo gutaramira i Kigali

Next Post

Mario Rodriguez arashimangira ibirego arega Tyler Perry nubwo hagaaragaye ko yasabaga amafaranga

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Mario Rodriguez arashimangira ibirego arega Tyler Perry nubwo hagaaragaye ko yasabaga amafaranga

Mario Rodriguez arashimangira ibirego arega Tyler Perry nubwo hagaaragaye ko yasabaga amafaranga

CAN 2025: Uko Tanzania yakoze amateka igera muri ⅛ cy’irangiza ku nshuro ya mbere

CAN 2025: Uko Tanzania yakoze amateka igera muri ⅛ cy’irangiza ku nshuro ya mbere

Ese sauna n’ukwoga mu mazi akonje byagira akamaro ku buzima? Abahanga barabisobanura

Ese sauna n’ukwoga mu mazi akonje byagira akamaro ku buzima? Abahanga barabisobanura

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.