• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ikoranabuhanga

Elon Musk yavuze ko agiye kubaka umujyi ku kwezi

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
February 10, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Nyuma yo kuvuga kenshi ko ikigo cye SpaceX kizagera kuri Mars mu mwaka wa 2026, umuherwe wa mbere ku Isi Elon Musk yongeye gutungura benshi atangaza ko ubu icyibandwaho cyane ari kubaka umujyi ku kwezi.

Mu butumwa yashyize ku rubuga X ku Cyumweru, Musk yavuze ko SpaceX iri guhindura icyerekezo igashyira imbaraga mu kubaka umujyi ku kwezi, aho kwihutira kujya kuri Mars.

Yagize ati: “Kugera kuri Mars bishoboka gusa buri mezi 26 kandi urugendo ruhafata hafi amezi atandatu. Ariko ku Kwezi, dushobora kujyayo buri minsi 10 mu rugendo rw’iminsi ibiri, bikadufasha kwihuta mu iterambere no kurangiza kubaka umujyi waho mbere ya Mars.”

Ibi Musk atangaje bitandukanye cyane n’ibyo yari yaravuze mbere, aho mu 2020 yari yemeje ko SpaceX izageza abantu kuri Mars bitarenze 2026. Icyo gihe yari yagize ati: “Nituramuka tugize amahirwe, bishobora gufata imyaka ine gusa. Turifuza kohereza icyogajuru kidafite abantu mu myaka ibiri iri imbere.”

Gusa SpaceX imaze kumenyekana ku mishinga minini ikunda gutinda kubera ingorane z’ikoranabuhanga n’amabwiriza mpuzamahanga. Ibi byongeye kugaragara mu cyumweru gishize, ubwo hamenyekanaga ko ubutumwa bwa Artemis 2, bugamije kohereza abantu ku kwezi ku nshuro ya mbere mu myaka irenga 50, bwongeye gusubikwa.

Nubwo bimeze bityo, Elon Musk yavuze ko Mars itavanywe mu migambi, ahubwo ko kubaka umujyi kuri uwo mubumbe bizatangira mu myaka itanu kugeza kuri irindwi iri imbere. Ati: “Intego nyamukuru ni ukurinda ejo hazaza h’iterambere ry’abantu, kandi ku kwezi ni ho dushobora kwihuta kurusha ahandi.”

Mu cyumweru gishize kandi, Musk yatangaje ko SpaceX igiye kwegukana xAI, ikigo cye cy’ubwenge bw’ubukorano (AI) cyakoze ikoranabuhanga rya Grok. Muri Werurwe 2025, xAI yari yamaze kugura urubuga nkoranyambaga X.

Musk yasobanuye ko uku kwishyira hamwe kwa SpaceX na xAI kuzabyara “Uruganda rukomeye cyane rw’udushya rufatanye kuva ku isi kugera mu isanzure, ruhuza AI, roketi, internet yo mu isanzure, itumanaho rigerwaho kuri telefone n’urubuga rukomeye rw’itangazamakuru rwigenga.”

Mu nyandiko yasohoye, Musk yanavuze ko afite umugambi wo kubaka ibigo byikorera n’inganda ku kwezi, ndetse n’umuco w’abantu wuzuye kuri Mars mu gihe kiri imbere.

Previous Post

‘Bwa mbere’ mu Rwanda abaganga babaze indwara y’igicuri ‘yari yarananiye imiti’

Next Post

Lilian Mbabazi Yamagana Ibyavuzwe na MC Kats

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Abahanga mu bijyanye n’isanzure barimo kugaragaza ibimenyetso bishya bishimangira igitekerezo cy’uko umubumbe w’Ukwezi wavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye hagati y’Isi...

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

Aba ‘astronauts’ bane bagiye kuzenguruka Ukwezi bwa mbere mu myaka irenga 50

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Mu gihe isi yose ikomeje gukurikirana iby’ubushakashatsi mu isanzure, itsinda ry’abahanga bane mu by’indege n’isanzure rigiye kwandika amateka mashya mu...

Sosiyete ya Tecno yamuritse Camon 50 Series ikoranye na AI

Sosiyete ya Tecno yamuritse Camon 50 Series ikoranye na AI

by Alex RUKUNDO
4 weeks ago

Sosiyete ya Tecno yamuritse ku mugaragaro telefone nshya yo mu bwoko bwa Camon50Series, yitezweho guhindura uburyo Abanyarwanda bakoresha ikoranabuhanga, by’umwihariko...

Next Post
Lilian Mbabazi Yamagana Ibyavuzwe na MC Kats

Lilian Mbabazi Yamagana Ibyavuzwe na MC Kats

Uburyo butanu bwagufasha kugabanya umunaniro kugirango ubone ibitotsi

Uburyo butanu bwagufasha kugabanya umunaniro kugirango ubone ibitotsi

Kuki Bruce Melodie na The Ben bahisemo ubufatanye aho gukomeza guhangana?

Kuki Bruce Melodie na The Ben bahisemo ubufatanye aho gukomeza guhangana?

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.