• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Biravugwa

Bashaka kudobya igitaramo cyanjye, Davis D avuga kubatumiye Nasty C i Kigali.

admin by admin
October 30, 2024
Reading Time: 1 min read
A A

Ubuyobozi bwa Access, inama n’ibirori bigiye kubera mu Rwanda kuva 14-16 Ukwakira 2024, bwahumurije Davis D nyuma y’uko bombi bahuriye ku gutumira Nasty C mu bitaramo bibiri byose biteganyijwe kubera mu Mujyi wa Kigali mu kwezi kumwe.

Ibi ubuyobozi bwa Access bwabigarutseho nyuma yo kugaragarizwa ko Davis D yaba yababajwe bikomeye no kubona ko Nasty C yatumiwe mu birori bya Access na we yari amaze igihe atangaje nk’uzitabira igitaramo cye kizaba ku wa 29 Ugushyingo 2024.

Mu kiganiro Eric Karengera uri mu bari gutegura ibikorwa bya Access mu Rwanda yagiranye na Igihe dukesha iyi nkuru, yagize ati “Ntabwo kwitabira iyi nama kwa Nasty C bizabangamira igitaramo cya Davis D kuko harimo ikinyuranyo cy’ibyumweru bibiri, ikindi bizaba ari amahirwe yo kwamamaza kuko mu nama n’ibitaramo byacu tuzamufasha kwamamaza igitaramo cye, yewe tuzasaba umushyushyarugamba wacu kwibutsa abantu ko azongera gutaramira i Kigali.”

Ku rundi ruhande, Davis D yagaragaje ko abatumiye Nasty C i Kigali bamugabyeho igitero kuko bari bazi neza ko uyu musore azitabira igitaramo cye.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Davis D yavuze ko na we yatunguwe no kubona hari undi muntu watumiye Nasty C i Kigali nyamara bari bazi neza ko yamutangaje nk’uzitabira igitaramo cye.

Ati “Nanjye nabibonye, gusa navuganye na Nasty C ambwira ko ibyo bintu atazabyitabira kuko nubwo bagerageje kumuvugisha, batigeze bemeranya gukorana ku buryo batangira kumwamamaza.”

Davis D yavuze ko atakwivanga mu biganiro byabaye adahari, ariko ahamya ko atumva impamvu abateguye ibirori bya Access bifuje kumwangiriza igitaramo batumira umuhanzi bazi neza ko yatangaje kuzitabira igitaramo cye.

Ati “Bari babizi neza ko namutumiye, ni ibintu babonye kuko twarabyamamaje. Sinzi impamvu bashaka kudobya igitaramo cyanjye bangabaho ibitero nk’ibi.”

Ku rundi ruhande, Davis D yahamije ko we akomeje imyiteguro y’igitaramo cye azakorera muri Camp Kigali ku wa 29 Ugushyingo 2024, asaba abakunzi be kwirinda icyo ari cyo cyose cyabaca intege kuko we yiteguye bihagije.

Access Bank yatumiye Nasty C i Kigali, ibyagaragajwe nk’imbogamizi ku gitaramo cya Davis D.

Uretse Nasty C, abandi bahanzi Davis D yatumiye mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka 10 amaze mu muziki ni Bull Dogg, Bushali, Platini P, Ruti Joel, Nel Ngabo, Danny Nanone n’abandi.

Dore indirimbo Davis D aherutse gushyira hanze.

ITARA niyo ndirimbo ya Davis D imaze kurebwa n’abantu benshi kuri YouTube.
Previous Post

RICTA, PSF, GIZ, na CanalBOX bahuguye abagore 40 mu gukoresha Ikoranabuhanga rigezweho mu bucuruzi.

Next Post

Tuyimenye: MRKH indwara ituma umukobwa ashobora kuvuka nta nyababyeyi agira

admin

admin

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Tuyimenye: MRKH indwara ituma umukobwa ashobora kuvuka nta nyababyeyi agira

Tuyimenye: MRKH indwara ituma umukobwa ashobora kuvuka nta nyababyeyi agira

Mu mafoto 60 Dutemberane hoteli zose z’Inyenyeri eshanu mu Rwanda.

Mu mafoto 60 Dutemberane hoteli zose z'Inyenyeri eshanu mu Rwanda.

Ikiraro cyo mu kirere cyuzuye i NYagatare.

i Nyagatare, Ikiraro cyo mu kirere cyatashywe cyuzuye gitwaye miliyoni 190 Frw.

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.