Umwuka mubi hagati ya Yung Mulo na Alien Skin ukomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko Mulo atangaje ko umuyobozi wa Fangone Forest, Atari umuhanzi, ahubwo ari umuntu ukunda kwigararagaza cyane kuri Tik Tok.
Alien Skin, Umuyobozi wa Fangone Forest, amaze imyaka igera kuri biri cyagwa itatu agerengeza kuzamura izina rye mu muziki, abikesha indirimbo nyinshi zagiye zikundwa n’abafana. Icyakora, Yung Mulo we avuga ko izina rye ryakabirijwe cyane, ashimangira ko abantu bakwiye kureka kumufata nk’umuhanzi ukomeye muri Uganda.
Agaruka kuri iki kibazo, Yung Mulo yavuze ko itangazamakuru n’abafana bagize uruhare mu kuzamura izina rya Alien Skin kureza ababikwiye.
Yagize ati: “Alien Skin ntabwo ari umuhanzi. Ibyo bintu byo kumwita Mafia Boss bishoboka mwabireka. Mujye mu mwita umu TikTok w’I Makindy. Ni mwebwe mudusuzuguza kuri abo bahugu bityo bigatuma bumva ko bari ku ryego rumwe n’urwacu, kugeza ubwo batekereza ko bashobora guhangana natwe.”
Uyu muraperi yavuze kandi ko Alien Skin aha umwanya munini urubuga rwa TikTok, kandi anavuga ko ari rwo yishingikirizaho kugira ngo akomeze kuvugwa mu ruganda rw’imyidagaduro.
Yung Mulo. Yanahamagariye Alien Skin guhangana mu mukino w’iteramakofe (Boxing), yanamuburiye ko asaka ku mucecesha kubera ibyo yavuze, aho bivugwa ko Alien akunze gusuzugura ibikorwa by’abandi.
Yagize ati: “ndi umuntu wa nyuma usuzuguye, nzamwigisha isomo ku buryo atazongera gusuzugura umuntu uwo ari we wese.”
Aya makimbirane ari hagati ya Yung Mulo na Alien Skin aracura iki? Ibi si uguteranya abafana? Ese koko Mulo se ko ko azaha isomo Skin cyagwa niwe uzahabwa isomo? Turaza kubagezaho andi makuru avugwa kuri ibi byamamare, ndetse n’ibindi bari butangaze.









