• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Tuesday, June 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Umuhanzi w’icyamamare yitabye Imana nyuma yo kurumwa n’inzoka ari mu nzu ye

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 2, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Abakunzi b’umuziki muri Nigeria no hanze yayo baguye mu gahinda nyuma y’urupfu rw’umuhanzi ukizamuka, Ifunanya Nwangene, wapfuye mu mpera z’icyumweru gishize azize kurumwa n’inzoka yari yinjiriye mu nzu ye i Abuja, umurwa mukuru wa Nigeria.

Ifunanya Nwangene wari ufite imyaka 26 y’amavuko, yamenyekanye cyane mu 2021 ubwo yitabiraga irushanwa The Voice Nigeria, aho yagaragaje impano idasanzwe mu njyana zitandukanye zirimo jazz, soul, opera n’umuziki wa kera. Yafatwaga nk’umuhanzi ufite ejo hazaza heza mu muziki wa Nigeria.

Nk’uko byatangajwe n’inshuti ze za hafi, Ifunanya yari asinziriye maze akangurwa no kurumwa n’inzoka, bikavugwa ko mu nzu ye haje no kubonekamo inzoka ebyiri. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje inzobere mu kwita ku nzoka irimo gusohora inzoka yo mu bwoko bwa cobra mu nzu ye, bituma benshi bagira ubwoba n’agahinda.

Sam Ezugwu, inshuti ya hafi ya Ifunanya ndetse akaba ari mu bayobozi b’inzu ya muzika yakoreragamo, yabwiye itangazamakuru ko uyu mukobwa yari umuhanzi uri kuzamuka cyane. Yavuze ko bari mu myiteguro yo gutegura igitaramo cya mbere cya Ifunanya wenyine muri uyu mwaka.

Nyuma yo kurumwa n’inzoka, Ifunanya yabanje kujyanwa ku bitaro biri hafi y’aho yari atuye, ariko basanga nta muti urwanya ubumara bw’inzoka (antivenom) uhari, bituma bamwohereza ku bitaro bikuru. Gusa na ho byaje kugaragara ko hari ubuke bw’imiti ikenewe.

Sam Ezugwu yavuze ko nubwo abaganga bagerageje uko bashoboye, ubuzima bwa Ifunanya bwakomeje kujya ahabi kugeza apfuye, mbere y’uko babona imiti yose yari ikenewe.

Urupfu rw’uyu muhanzi rwongeye gukangura impaka ku rwego rw’ubuvuzi muri Nigeria, by’umwihariko ku bijyanye n’ibura ry’imiti n’uburyo ibitaro byita ku barwayi. Byabaye kandi mu gihe hakomeje kumvikana ibibazo by’uburangare mu mavuriro atandukanye.

Nubwo urupfu ruterwa no kurumwa n’inzoka rukunze kugaragara cyane mu bice by’icyaro, urw’uyu muhanzi rwatunguye benshi kubera ko yari atuye mu gace gateye imbere mu murwa mukuru.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) rigaragaza ko kurumwa n’inzoka z’ubumara ari ikibazo gikomeye gikerenswa mu bihugu byinshi byo mu turere dushyushye, aho Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ibarurwamo impfu zibarirwa mu bihumbi buri mwaka.

Previous Post

Niyongira Patience yabereye Police FC intwari, yambura APR FC Igikombe cy’Intwari

Next Post

Ingeso 6 zishobora kwangiza ubuzima bw’uruhago rwawe n’uburyo bwo kuzihindura

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Next Post
Ingeso 6 zishobora kwangiza ubuzima bw’uruhago rwawe n’uburyo bwo kuzihindura

Ingeso 6 zishobora kwangiza ubuzima bw'uruhago rwawe n'uburyo bwo kuzihindura

Bull Dogg agiye kogera kugaragara mu gitaramo cya Mic Trimbe

Bull Dogg agiye kogera kugaragara mu gitaramo cya Mic Trimbe

The Ben yatagaje ko agiye kwifatanya n’abanya-Uganda kwizihiza ‘Saint –Valentin’

The Ben yatagaje ko agiye kwifatanya n'abanya-Uganda kwizihiza ‘Saint –Valentin’

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.