• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

Umubyeyi yasabye imbabazi kubera umwana we w’imyaka 13 wapfuye nyuma yo kwigana ibica kuri TikTok

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
January 4, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umubyeyi wo mu Bwongereza yasabye ko hashyirwaho amasomo yigisha abana ingaruka zo gukoresha nabi imyuka ihumanya ikirere, nyuma y’urupfu rw’umukobwa we w’imyaka 13 wapfuye yigana ibyo yari yabonye ku mbuga nkoranyambaga.

Sonia Hopkin yavuze ko umukobwa we, Tiegan Jarman, bamusanze yapfuye mu cyumba cye araramo i Thurmaston muri Leicestershire yapfuye nyuma yo kwigana amashusho yabonaga kurubuga rwa TikTok, ajyanye n’ibikorwa bizwi nka ‘chroming’ byo guhumeka umwotsi wateguwe ngo umuntu asinde.

Hopkin, utuye mu mujyi wa Leicester, yavuze ko Tiegan byahise bitangazwa ko yapfiriye mu rugo rwa se, nyuma yo kuboneka yataye ubwenge.

Tiegan Jarman umukobwa w’imyaka 13 wapfuye azize kwigana ibibera kuri TikTok

Uyu mubyeyi w’imyaka 45 avuga ko umukobwa we yarazwiho gusabana kandi ngo yasekeraga abantu bose.

Umubyeyi we avuga ko umwana we ashobora kuba yaritabiriye iyo migirire irimo guhumeka imyuka ishobora kwangiza ubuzima, igaragara ku mbuga nkoranyambaga.Yagize ati: “Iyo wumva inkuru nk’izi mu binyamakuru, wibwira ko bibaye ku bandi, ntutekereze ko byakubaho. Ni inzozi mbi kurusha izindi.”

‘ingaruka zo gukoresha nabi interineti’

Madamu Hopkin, usanzwe ari umufasha mu by’ubuvuzi mu bitaro bya Leicester Royal Infirmary, avuga ko yahungabanye cyane ubwo yamenyaga ibyabaye, kandi ko ubu ashaka gukangurira abantu kumenya “ingaruka z’iyi myitwarire mibi”.

Uretse gusaba amasomo ajyanye no kwirinda gukoresha nabi imiti n’imyuka ikoreshwa mu ngo, ubusabe bwatangijwe bunasaba ko ababikora bashyiraho ubutumwa busobanutse bwo kuburira ku byago biri ku bipfunyika by’ibyo bikoresho.

Yagize ati: “Twifuza ko byigishwa mu mashuri, ntibibe ingaruka z’imiti yo mu rugo gusa, ahubwo n’ingaruka zo gukoresha nabi interineti. Turashaka ko abantu bamenya ibi kugira ngo hatagira undi uca muri ibi bibabaje.”

Ahavuye isanamu,Sonia HopkinMadamu Hopkin yamaganye urubuga rwa TikTok, asaba ko rwagira icyo rukora kugira ngo ibikorwa nk’ibi bitazahinduka ibigezweho mu rubyiruko.

Ihuriro ry’abakora ibikoresho bya aerosols mu Bwongereza (British Aerosol Manufacturers’ Association) ryatangaje ko ibisabwa byo kuburira ku byago bisanzwe bihari ku bipfunyika, ariko ko hateganywa kongeramo ubutumwa bunoze kurushaho busobanura ingaruka, guhera muri 2026.

Ku ruhande rwa TikTok, umuvugizi wayo yavuze ko bababajwe cyane n’iyi nkuru ibabaje, anongeraho ko ibirimo bigira ingaruka mbi ku buzima bitemewe kuri urwo rubuga, kandi ko bafata ingamba zo kubikuraho vuba.

Previous Post

Imishinga ikomeye itegerejwe kugena icyerekezo cy’iterambere ry’u Rwanda guhera mu 2026

Next Post

Impamvu kuva kuri telefoni kugera kuri mudasobwa ibi bikoresho bishobora guhenda muri 2026

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
13 hours ago

Umuhanzi uyobora itsinda rya punk utabona neza agiye kwitabira isiganwa rya London Marathon agamije gukusanya inkunga yo gufasha umuryango wo mu...

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

Hagati y’umugabo n’umugore ni nde uryoherwa n’imibonano mpuzabitsina?

by Alex RUKUNDO
2 days ago

Imibonano mpuzabitsina ni kimwe mu bikorwa nkenerwa mu buzima bwa buri munsi haba ku bagabo n’abagore ndetse kikaba mu bishimisha...

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

Cicada”: Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatangiye kugaragara

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Ubwoko bushya bwa virusi itera COVID-19 bwiswe BA.3.2, buzwi ku izina rya “Cicada” cyangwa “Chainsaw”, buri gukurikiranwa n’abahanga ku rwego...

Next Post
Impamvu kuva kuri telefoni kugera kuri mudasobwa ibi bikoresho bishobora guhenda muri 2026

Impamvu kuva kuri telefoni kugera kuri mudasobwa ibi bikoresho bishobora guhenda muri 2026

Kubura umwana wanjye nabyo biri mu bya gira agahinda gakomeye – Yampano

Kubura umwana wanjye nabyo biri mu bya gira agahinda gakomeye - Yampano

Ubumwe bw’abahanzi bwagaragariye muri The New Year Groove

Ubumwe bw’abahanzi bwagaragariye muri The New Year Groove

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.