• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

U Rwanda rwatsinze Marburg, Minisiteri y’ubuzima ifunga ibitaro byavurirwagamo abayanduye.

Ntwali Christian by Ntwali Christian
November 16, 2024
Reading Time: 1 min read
A A
Minisitiri Nsanzimana Sabin yasobanuye ko ibikorwa byo gukurikirana uducurama mu buvumo butandukanye bikomeje

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ubu ibitaro byavuraga abarwayi ba Marburg byafunzwe, nyuma y’uko hashize iminsi 14 nta murwayi mushya utahurwa ko yanduye iki cyorezo.

Ni ibikubiye muri Raporo Ngarukacyumweru yasohotse ku wa Gatanu tariki 15 Ugushyingo, igaragaza amakuru mashya ku cyorezo cya Marburg mu Rwanda.
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko hashize iminsi 14 nta murwayi mushya, ko kandi hashize iminsi umunani umurwayi wa nyuma asezerewe mu bitaro.
Minisiteri y’Ubuzima iti” Ibitaro byavuraga abarwanyi ba Marburg byarafunzwe.”

Gusa ko ibikorwa byo gukaza ubwirinzi bigikomeje, mu gihe abakize nabo bakomeje gukurikiranwa n’abaganga.

Kuva tariki 27 Nzeri 2024, ubwo u Rwanda rwatangazaga bwa mbere abarwayi b’icyorezo cya Marburg, habonetse abantu 66 barwaye, muri abo 51 barakize, 15 bahitanwa na cyo.

U Rwanda rwakajije ingamba zo kurinda abaturage harimo gushaka inkomoko y’iyo virusi byaje no kumenyekana ko yavuye mu ducurama tuba mu buvumo ikinjira mu muntu.

U Rwanda kandi rukomeje gutanga inkingo za Marburg aho, amakuru yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima tariki ya 8 Ugushyingo 2024, yerekanaga ko hamaze gutangwa inkingo 1710, mu gihe hafashwe ibipimo 7408.

Minisitiri Nsanzimana Sabin yasobanuye ko ibikorwa byo gukurikirana uducurama mu buvumo butandukanye bikomeje
Previous Post

Imibereho y’abangavu baterwa inda mu Rwanda ikomeje kuba aka ya mvugo ya ‘Izicwa nande”

Next Post

Basabiwe gufungwa burundu, Abagabo bakurikiranweho kwica Loîc Ntwali wari ufite imyaka 12.

Ntwali Christian

Ntwali Christian

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

Ambassadors of Christ Choir igiye kwizihiriza isabukuru y’imyaka 30 muri Bk Arena

Ambassadors of Christ Choir igiye kwizihiriza isabukuru y’imyaka 30 muri Bk Arena

by Alex RUKUNDO
4 weeks ago

Ambassadors of Christ Choir ibarizwa mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi rya Remera, igiye gukora igitaramo cy'amateka cyo kwizihiza isabukuru...

“The Beast”: Imodoka ya Perezida wa Amerika itinya amasasu n’ibisasu

“The Beast”: Imodoka ya Perezida wa Amerika itinya amasasu n’ibisasu

by MUNYANKINDI Alphonse
1 month ago

Imodoka ya Perezida wa United States izwi nka “The Beast” iri mu modoka zifite umutekano ukomeye kurusha izindi ku isi....

Next Post
Loîc Ntwali yishwe n'abagizi ba nabi

Basabiwe gufungwa burundu, Abagabo bakurikiranweho kwica Loîc Ntwali wari ufite imyaka 12.

kLab

Ikoranabuhanga m'uburezi bw'u Rwanda: Intambwe igana ku Bukungu Bushingiye ku Bumenyi

Amafoto: APR U17 yanyagiye Rayon Sports  ibitego 9-1 mu mukino wa mbere wa Shampiyona

Amafoto: APR U17 yanyagiye Rayon Sports  ibitego 9-1 mu mukino wa mbere wa Shampiyona

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.