• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Trump yemeza ko Virginia Giuffre yari umwe mu bakozi Epstein yamwibye

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 30, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko nyakwigendera Jeffrey Epstein yamwibye abakozi bakiri bato barimo na Virginia Giuffre, ubwo yabakuraga kuri club ye ya Mar-a-Lago, aho bakoraga mu gice cya spa

Ibi Trump yabivuze ku wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025, imbere y’itangazamakuru ryari rimuherekeje mu ndege ya Air Force One, ubwo yavaga muri Scotland agaruka i Washington.

Uyu mu perezida yari abajijwe n’umunyamakuru ibisobanuro ku byo aherutse kuvuga, ko yatandukanye na Epstein kubera ko “yamwibye” abakozi. Ku munsi wabanje, Trump yari yavuze ko yirukanye Epstein muri Mar-a-Lago “kubera ko yakoze ikintu kigayitse”, yongeraho ko “yibye abantu bamukoreraga.”

Ubwo yabazwaga niba umwe mu bakozi yemezaga ko Epstein yamutwaye ari Virginia Giuffre, Trump yasubije agira ati:“Ni byo, ni byo koko. Bari abantu bakoraga muri spa. Ntekereza ko [Giuffre] yakoraga muri spa. Yaramuntwaye. Ariko kandi, nta kirego na kimwe yari afite ku bijyanye nanjye, nk’uko mubizi. Nta na kimwe.”

Giuffre ni umwe mu bagore bashinja Epstein gukoresha abana ubusambanyi. Mu buhamya yatanze mbere y’urupfu rwe, yavuze ko mu mwaka wa 2000, ubwo yari afite imyaka 16, yashutswe na Ghislaine Maxwell ubwo yakoraga muri spa ya Mar-a-Lago, akajyanwa kwa Epstein aho yafashwe ku ngufu. Yavuze ko nyuma Epstein na Maxwell bamwohereje ku bandi bagabo b’ibikomerezwa barimo n’igikomangoma Andrew w’u Bwongereza.

Trump n’itsinda rimushyigikiye bakomeje kugerageza kwitandukanya na Epstein, ariko amagambo ye mashya arimo ko Giuffre yamutwaye akiri muto, akomeje gutera urujijo ku gihe nyacyo ibyo byose byabereye m’urwego Trump yabagamo.

Trump yigeze kugirana ubucuti bwa hafi na Epstein mu myaka ya 1990 na 2000, ndetse mu kiganiro yahaye ikinyamakuru New York Magazine mu 2002 yavuze amagambo amushimagiza.

Ati:“Namumenye mu myaka 15 ishize. Ni umuntu mwiza cyane. Ni umuntu ushimishije iyo muri kumwe. Kandi bavuga ko akunda abakobwa beza cyane, kimwe nanjye, ndetse bamwe muri bo bakaba ari abakiri bato.”

Nubwo Trump avuga ko yirukanye Epstein mu 2004, ubushakashatsi bwakozwe n’umunyamakuru Sarah Blaskey wa Miami Herald, bugaragaza ko Epstein yakomeje kugera muri Mar-a-Lago kugeza mu 2007, ubwo yari amaze gutabwa muri yombi bwa mbere ashinjwa gushuka umwana ku byerekeye imibonano mpuzabitsina.

Ghislaine Maxwell, ushinjwa kuba yarafatanyije na Epstein gucura imigambi yo gukoresha abana ubusambanyi, ubu afungiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho akatiriwe imyaka 20 y’igifungo. Aherutse gutangaza ko yifuza gutanga ubuhamya imbere ya Kongere y’Amerika, ariko asaba ko yabanza guhabwa ubudahangarwa.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Abahanga muri Israel basabye isi gufatira ibihano Leta yabo

Next Post

Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafashe icyemezo gikomeye cyo guhana Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o,...

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Mu majyepfo y’u Bufaransa, urukiko ruri kuburanisha umugabo w’Umunyafaransa ukekwaho ibyaha bikomeye birimo guha abagore ibiyobyabwenge, kubakoresha ihohotera rishingiye ku...

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

by MUNYANKINDI Alphonse
6 days ago

Uyu munsi izina Sat-B riri mu akunzwe cyane mu muziki wo mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko inyuma y’icyo cyubahiro hari...

Next Post
Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Ibihugu byegereye inyanja ya Pacifique byasabwe kwitegura Tsunami

Igabanuka ry’amazi ya Nyabarongo ryateje ikibazo gikomeye mu gihugu

Igabanuka ry’amazi ya Nyabarongo ryateje ikibazo gikomeye mu gihugu

Abasirikare batatu ba Uganda bapfiriye mu mpanuka yabereye muri RDC

Abasirikare batatu ba Uganda bapfiriye mu mpanuka yabereye muri RDC

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda
Imyidagaduro

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy
Imyidagaduro

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora
Umutekano

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo
Amateka

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
January 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.