• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Taylor Swift Yigaranzuye iHeartRadio 2026, Yongera Kwigaragaza nk’Umwamikazi wa Pop

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
March 28, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzikazi w’icyamamare Taylor Swift yongeye kwandika amateka mu muziki mpuzamahanga, nyuma yo kwegukana ibihembo birindwi mu birori bya iHeartRadio Music Awards 2026 byabereye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibi birori byabereye muri Dolby Theatre byayobowe n’umuraperi Ludacris, aho Swift ari we wabaye icyamamare cy’ijoro kubera gutsindira ibihembo byinshi kurusha abandi bahanzi.

Swift akomeza kwiharira umwanya wa mbere

Taylor Swift yegukanye ibihembo bikomeye birimo icya “Artist of the Year” ndetse na “Best Lyrics,” anahabwa igihembo cya album nziza ya Pop abikesha album ye “The Life of a Showgirl.”

Ibi byatumye agira ibihembo 41 bya iHeartRadio amaze kwegukana mu buzima bwe bw’umuziki, ibintu bikomeza kumushyira ku isonga mu bahanzi bakomeye ku Isi.

Indirimbo ye “The Fate of Ophelia” nayo yabaye imwe mu zakunzwe cyane, igaragaza uburyo akomeje kwigarurira imitima y’abafana be ku Isi yose.

Urukundo rwe na Travis Kelce rwamubereye imbarutso

Mu ijambo rye, Taylor Swift yagaragaje amarangamutima akomeye, ashimira cyane umukunzi we Travis Kelce, wamuhaye ibyishimo byatumye akora album yatsindiye ibihembo.

Travis Kelce urukundo yamukunze rwatumye abasha kweguka ibi bihembo

Yagize ati: “Iyi album yuzuyemo ibyishimo n’icyizere kuko ari byo numva buri munsi bitewe n’umukunzi wanjye uri hano.”

Uyu mukinnyi wa NFL yari yitabiriye ibi birori, agaragaza ibyishimo byinshi no gushyigikira umukunzi we mu buryo bugaragara.

Ubutumwa bukomeye ku rubyiruko

Nk’uko bisanzwe ku bakinnyi bakomeye batsinze, Swift ntiyagarukiye ku byishimo byo gutsinda gusa, ahubwo yanatanze ubutumwa bukomeye cyane cyane ku rubyiruko n’abahanzi bakizamuka.

Yashishikarije abantu kwita ku mpano zabo, bakirinda gucika intege kubera ibitekerezo bibaca intege byo ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati: “Mujye mwemera gukora amakosa no kwiyubaka buhoro buhoro, kuko gushyira ibintu byose ku internet bishobora kwica inzozi zanyu.”

Ibi birori byaranzwe n’imyidagaduro ikomeye, aho abahanzi batandukanye basusurukije abitabiriye, ariko Taylor Swift ni we wigaragaje kurusha abandi, yongera kwemeza ko ari umwe mu bahanzi bafite ijambo rikomeye mu muziki w’Isi muri iki gihe.

Previous Post

B2C Yanenze ibyo kugereranya Joshua Baraka na Eddy Kenzo

Next Post

Minisitiri w’Ibidukikije yongeye gushishikariza abaturage kurinda amazi n’amashyamba

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Next Post
Minisitiri w’Ibidukikije yongeye gushishikariza abaturage kurinda amazi n’amashyamba

Minisitiri w’Ibidukikije yongeye gushishikariza abaturage kurinda amazi n’amashyamba

Sosiyete ya Tecno yamuritse Camon 50 Series ikoranye na AI

Sosiyete ya Tecno yamuritse Camon 50 Series ikoranye na AI

Pacson wavunitse itako ategereje kubagwa

Pacson wavunitse itako ategereje kubagwa

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.