• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Ruti Joël yatangaje ko agiye gusubira mu itorero, Ibihame by’Imana

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 17, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Nyuma y’amezi hafi 12 ari mu Itorero Ishyaka ry’Intore, umuhanzi wamenyekanye mu ndirimbo z’agakondo, Ruti Joël, yafashe icyemezo cyo gusubira mu Itorero Ibihame by’Imana, aho yavukiye mu buryo bw’umwuka, avuga ko yahisemo guharanira kubana no gukemura ibibazo aho kubyirengagiza.

Muri Ukwakira 2024 nibwo Ibihame by’Imana byanyuze mu bibazo bikomeye byatumye ritandukana, havukamo irindi torero rishya ryiswe Ishyaka ry’Intore. Ruti Joël hamwe n’abandi bakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana bahise bagana iryo torero rishya, ndetse mu Mutarama 2025 bakorera igitaramo cy’imbonekarimwe muri Camp Kigali.

Nyuma yo kwitekerezaho igihe kinini, Ruti Joël avuga ko yasubiye aho yakuriye mu mwuka kuko adashobora kwiyumvisha ubuzima bwe adahagaze ku mizi ye. Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko gutandukana n’Itorero ryamureze bitamuhaye ituze yagiraga mbere.

Ati: “Nta mpamvu yo kuva mu itorero ryandeze mu butore. Naryikundishirije abandi, nk’undi w’inshuti yanjye Buravan wagiyemo na we, ndaririmbira na Album ye. Nasanze ngomba gusubiramo uko byaba bimeze kose.”

Akomeza avuga ko guhunga ibibazo bitabasha kubikemura, ari yo mpamvu yahisemo kugaruka ngo bifatanye n’abo mu Itorero gukosora ibyatandukanye. “Nta hantu hataba ibibazo. Nashatse kubisiga inyuma nsanga ntacyo byamfasha. Nari ngomba kugaruka tukabikemura ubuzima bugakomeza,” yavuze.

Icyakora, kugira ngo yemererwe byuzuye gusubira mu Ibihame by’Imana, Ruti asobanura ko yasabye imbabazi kandi zikarindwa. Yagize ati: “Naricujije, barampanira, barambabarira. Nta kintu kimeze neza nko kugaruka mu rugo nk’umwana wasubiranywe na Se.”

Uyu muhanzi unazwi ku murage we w’indirimbo zisanzwe z’agakondo, yemeje ko azifatanya n’Itorero mu gitaramo cy’Umujyi wa Kigali gifatanyije na MTN, kizabera muri BK Arena ku wa 22 Ukuboza 2025.
Uretse guhagararira Itorero, azanagira umwanya we ku giti cye nk’umuhanzi wigenga.

Ati: “Mu gitaramo, nzaririmba nka Ruti Joël mu ngeri zitandukanye, ariko nanahamiriza mu Itorero nk’uko bisanzwe, nka Rumata Miheto.”

Previous Post

David Lutalo yikomye abasebya Eddy Kenzo nyuma yo guhabwa igihembo cya Grammy

Next Post

Uburyo bwo kuboneza urubyaro n’akamaro  kabwo mu buzima bw’umuryango

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
23 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
Uburyo bwo kuboneza urubyaro n’akamaro  kabwo mu buzima bw’umuryango

Uburyo bwo kuboneza urubyaro n’akamaro  kabwo mu buzima bw’umuryango

True Love ya The Ben Yanditse Amateka: Uko Abanyarwanda Bahesheje Ishema Muziki w’Akarere

True Love ya The Ben Yanditse Amateka: Uko Abanyarwanda Bahesheje Ishema Muziki w’Akarere

Hateguje impinduka zikomeye mu birori bya ‘Zacu Gala’

Hateguje impinduka zikomeye mu birori bya ‘Zacu Gala’

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.