• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Ntimwemere uburozi muri Kisoro: Perezida Museveni avuga ku madini n’amoko

Impinga Media by Impinga Media
November 13, 2024
Reading Time: 1 min read
A A
kagabyeni
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yabwiye abatuye mu Karere ka Kisoro ko kwigabanyamo amatsinda bishingiye ku madini n’amoko ari uburozi bushobora gusenya igihugu cyose.

Ubu butumwa yabutanze kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2024 ubwo yari yagiye gushyigikira umukandida w’ishyaka NRM ku mwanya w’umudepite akaba n’umujyanama we mu bijyanye n’ubuhinzi, Rose Kabagyeni.

Kabagyenyi Jacqueline Kyatuhaire usanzwe ari umubitsi wungirije wa NRM n’umunyapolitiki Dr Philemon Mateke ni bo bagaragarije Perezida Museveni iki kibazo.

Kyatuhaire yagize ati “Ibi bikorwa bibanziriza amatora byatumye abantu bacikamo ibice hashingiwe ku madini n’amoko. Ibi byiyongera kuri byinshi twiyemeje tutagezeho. Turasaba ko mwabikemura.”

Kabagyeni yamenyesheje Perezida Museveni ko Umukuru w’Igihugu ari umurinzi w’ubumwe, amusaba guhagarika intambara y’amatsinda ashingiye ku madini n’amoko.

Ati “Ndi kugusaba data ngo udufashe, izi ntambara bazanye zishirire aha ngaha. Ubu aho mvugira aha, abantu bagiye gupfa bari kurwanira amadini. Udufashe, udufashe, izi ntambara ni wowe uzazikemura.”

Perezida Museveni yabwiye ab’i Kisoro ko nyuma yo kumva iki kibazo, yavuganye na Dr Mateke, Musenyeri Godfrey Mbitse wo muri Angilikani na Callist Rubaramira wo muri Kiliziya Gatolika, abasaba guhagarika aya macakubiri.

Yagize ati “Icyo ndi kumva hano ni ikintu cy’amadini, ubwo ni uburozi. Navuganye n’umusaza mugenzi wanjye Dr Mateke, Musenyeri Mbitse na Callist Rubaramira, ndababwira nti ‘Ntimwemere uburozi muri Kisoro’.”

Perezida Museveni yasobanuye ko amacakubiri ashingiye ku madini n’amoko ari yo yasenye Uganda kuva mu 1966 kugeza mu 1986, biba ngombwa ko abarwanyi b’umutwe wa NRA batangiza urugamba rwo kugarura amahoro.

Ati “Ku bw’iyo mpamvu, nabwiye Muzehe Mateke ko idini n’ubwoko ari byo byasenye Uganda hagati ya 1966 na 1986. Byadutwaye imyaka 16 turi mu ntambara kugira ngo tuzane amahoro.”

Bitewe n’uko hari abakandida batandukanye bahatanira guhagararira Kisoro mu Nteko Ishinga Amategeko, hari impungenge z’uko NRM ishobora gutakaza uyu mwanya, cyane ko hari abanyamuryango bayo bahisemo gushyigikira abandi bakandida, kubera ko badahuje idini na Kabagyeni cyangwa ubwoko.

Perezida Museveni hamwe na Kyabageni ushaka guhagararira Kisoro mu Nteko

Dr Mateke (ubanza ibumoso) yaganiriye na Perezida Museveni ku kibazo cy’ab’i Kisoro bigabyemo amatsinda

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Biravugwa ko Perezida wa EALA Joseph Ntakirutimana yaba agiye kweguzwa

Next Post

RDF yemeje ko umusirikare wayo warashe akica abaturage 5 yatawe muri yombi.

Impinga Media

Impinga Media

IZINDI NKURU WASOMA

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

by Peacemaker PUNDIT
4 days ago

Ni inkuru itangaje kuyumva cyangwa se kuyibarira abantu bo mu bihugu bibyara nka kumwe bivugwa muri Bibiliya"Mubyare mwuzure isi mube...

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

by Alex RUKUNDO
2 weeks ago

Urukiko rwa Bioko muri Guinea Equatoriale ku wa Gatatu rwakatiye igifungo cy’imyaka umunani Baltasar Ebang Engonga, uwahoze ari umuyobozi ukomeye...

Donald Trump yizeye amasezerano hagati ya Vladimir Putin na Ukraine

Donald Trump yizeye amasezerano hagati ya Vladimir Putin na Ukraine

by Alex RUKUNDO
4 weeks ago

Donald Trump yatangaje ko yizeye ko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yiteguye kugirana amasezerano ku ntambara yo muri Ukraine, mu...

Next Post
RDF

RDF yemeje ko umusirikare wayo warashe akica abaturage 5 yatawe muri yombi.

Ibikoresho by'ikoranabuhanga

Uburyo 6 bwo kurinda umutekano w'ibikoresho by'Ikoranabuhanga ngendanwa.

INdwara z'umutima

Ibimenyetso simusiga byakwereka ko umutima wawe watangiye kugira ibibazo

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.