• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Nakabaye umuvuga-butumwa mwiza — Israel Mbonyi

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
December 20, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko atajya ahangayikishwa n’ibyo kwambara igihe agiye gukora igitaramo (concert) ndetse n’indi minsi, ku buryo hari n’igihe atamenya icyo azambara. Avuga ko akunda guseka cyane, akaba yarakuriye mu muryango wishimye kandi wiyoroshya.

Ati: “Ku gitanda cyanjye hakunze kuba hari agatabo nandikamo n’iyo byutse.” Yakomeje avuga ati: “Ijoro ryanjye ndarikunda, kubera ko ndigiriramo umugisha wo gusurwa n’Imana. Ndarota, kandi rimwe na rimwe nkarota ibintu bifiteye umumaro; Imana ihamera ubutumwa, ndetse nkabasha no kubona icyerekezo gishya.”

Yakomeje agira ati: “Buri gihe mfata umwanya wo gusenga, hanyuma nkaryama niteguye nk’ikintu, maze koko Imana ikampa umurongo ukwiye. Ijoro ryanjye ndaryubaha.”

Yongeyeho ko agira impano eshatu, ati: “Ngira impano yo kurota kuko ibyo mbonye mu nzozi biraba. Ngira impano y’ijambo ry’Imana kandi nkunda kurisoma cyane, kuko rifasha kwandika indirimbo no kuzitegura ibihangano byanjye. Ndi umuhanzi, ariko ubundi nakabaye ndi umuvuga-butumwa; gusa ubwo buvuga-butumwa mbunyuza mu ndirimbo.”

Mbonyi yavuze ko byinshi mu buzima bwe abyigumanira. Ibi yabigarutseho mu kiganiro umwe kuri umwe (one-on-one) yagiranye na Taikun Ndahiro. Abajijwe niba Imana yaramuhamagaye, yagize ati: “Yego, Imana yampamagaye nkiri ku ishuri Inyanza. Nagize inzozi, Imana imbwira ko nitwa Mbonyicyambu Israel. Ariko bitewe n’uko icyo gihe nari nkiri muto, numvaga ayo mazina ari ay’abantu bakuze.”

Yakomeje agira ati: “Nashatse andi mazina byenda gusa, niyita Mbonyifura Eric. Ariko nyuma Imana yaje kongera kunsanga mu nzozi, impamagara muri rya zina, iti: ‘Si wowe witwa Mbonyicyambu?’ Ndasubiza nti: ‘Yego.’”

Yasoje avuga ko Imana yamubwiye ko izamugira icyambu cy’abantu benshi kuri iyi si. Ati: “Nari nkiri muto, ariko mbyutse numvise ubwo butumwa atari ubutumwa busanzwe; numvise muri njye bufite imbaraga kandi buteye ubwoba, biragira nkuze ryazina Imana yari yanyise.”

Previous Post

Abakinnyi batandatu bo kwitega muri CAN 2025

Next Post

Abagore bafite Ubumuga bwo kutabona bagaragaje aho bageze n’Ibikibabangamira

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Abagore bafite Ubumuga bwo kutabona bagaragaje aho bageze n’Ibikibabangamira

Abagore bafite Ubumuga bwo kutabona bagaragaje aho bageze n’Ibikibabangamira

Kubera iki ‘Stress’ yaba itera kurya cyane ?

Kubera iki 'Stress' yaba itera kurya cyane ?

Umuganga w’urupfu ‘Doctor Death’ yakatiwe igifungo cya burundu azira kuroga abarwayi

Umuganga w’urupfu 'Doctor Death' yakatiwe igifungo cya burundu azira kuroga abarwayi

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.