• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Nakabaye umuvuga-butumwa mwiza — Israel Mbonyi

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
December 20, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko atajya ahangayikishwa n’ibyo kwambara igihe agiye gukora igitaramo (concert) ndetse n’indi minsi, ku buryo hari n’igihe atamenya icyo azambara. Avuga ko akunda guseka cyane, akaba yarakuriye mu muryango wishimye kandi wiyoroshya.

Ati: “Ku gitanda cyanjye hakunze kuba hari agatabo nandikamo n’iyo byutse.” Yakomeje avuga ati: “Ijoro ryanjye ndarikunda, kubera ko ndigiriramo umugisha wo gusurwa n’Imana. Ndarota, kandi rimwe na rimwe nkarota ibintu bifiteye umumaro; Imana ihamera ubutumwa, ndetse nkabasha no kubona icyerekezo gishya.”

Yakomeje agira ati: “Buri gihe mfata umwanya wo gusenga, hanyuma nkaryama niteguye nk’ikintu, maze koko Imana ikampa umurongo ukwiye. Ijoro ryanjye ndaryubaha.”

Yongeyeho ko agira impano eshatu, ati: “Ngira impano yo kurota kuko ibyo mbonye mu nzozi biraba. Ngira impano y’ijambo ry’Imana kandi nkunda kurisoma cyane, kuko rifasha kwandika indirimbo no kuzitegura ibihangano byanjye. Ndi umuhanzi, ariko ubundi nakabaye ndi umuvuga-butumwa; gusa ubwo buvuga-butumwa mbunyuza mu ndirimbo.”

Mbonyi yavuze ko byinshi mu buzima bwe abyigumanira. Ibi yabigarutseho mu kiganiro umwe kuri umwe (one-on-one) yagiranye na Taikun Ndahiro. Abajijwe niba Imana yaramuhamagaye, yagize ati: “Yego, Imana yampamagaye nkiri ku ishuri Inyanza. Nagize inzozi, Imana imbwira ko nitwa Mbonyicyambu Israel. Ariko bitewe n’uko icyo gihe nari nkiri muto, numvaga ayo mazina ari ay’abantu bakuze.”

Yakomeje agira ati: “Nashatse andi mazina byenda gusa, niyita Mbonyifura Eric. Ariko nyuma Imana yaje kongera kunsanga mu nzozi, impamagara muri rya zina, iti: ‘Si wowe witwa Mbonyicyambu?’ Ndasubiza nti: ‘Yego.’”

Yasoje avuga ko Imana yamubwiye ko izamugira icyambu cy’abantu benshi kuri iyi si. Ati: “Nari nkiri muto, ariko mbyutse numvise ubwo butumwa atari ubutumwa busanzwe; numvise muri njye bufite imbaraga kandi buteye ubwoba, biragira nkuze ryazina Imana yari yanyise.”

Previous Post

Abakinnyi batandatu bo kwitega muri CAN 2025

Next Post

Abagore bafite Ubumuga bwo kutabona bagaragaje aho bageze n’Ibikibabangamira

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
Abagore bafite Ubumuga bwo kutabona bagaragaje aho bageze n’Ibikibabangamira

Abagore bafite Ubumuga bwo kutabona bagaragaje aho bageze n’Ibikibabangamira

Kubera iki ‘Stress’ yaba itera kurya cyane ?

Kubera iki 'Stress' yaba itera kurya cyane ?

Umuganga w’urupfu ‘Doctor Death’ yakatiwe igifungo cya burundu azira kuroga abarwayi

Umuganga w’urupfu 'Doctor Death' yakatiwe igifungo cya burundu azira kuroga abarwayi

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.