Spice Diana yatangaje ko aticuza kuba yarafatiriye ibikoresho by’aho yari yakoreye igitaramo, n’inyuma y’uko uwari wateguye iki gitaramo yanze kumwishyura amafaranga ye nyuma yo kuririmba mu gace ka i Bukomansimbi ku wa Gatandatu.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Spice Diana asaba ko yishyurwa, kubera ko yari amaze kuririmba muri iki gitaramo i Bukomansimbi.
Diana yumvikanye agira ati: “Ndi umugore utuje kandi woroheje uniyubaha, nakuriye mu buzima bugoye (ghetto), nderwa n’umubyeyi umwe. Nubaha umuntu bitewe n’uko amfata. Ntu tanyishyura ndava hano jyanye ibi byuma mu koresha, ndabigira ingwate kugira ngo nishyurwe amafaranga yanjye asigaye.”
Yakomeje agira ati: “Mfite abakozi n’abana nitaho bagomba kubona ibyo barya. Nakoresheje lisansi nza hano, kandi aka ni akazi kanjye, bityo rero gomba kwishyurwa.”

Spice Diana yahagaritse igitaramo kugira ngo abanze ajye ku reba umuyobozi w’aho igitaramo cyari cyabereye n’uwari wagiteguye, asaba ko amafaranga ye asigaye ayishyurwa mbere yo gukomeza kuririmba.
Andi mashusho agaragaza uyu muhanzikazi hamwe n’itsinda rye basohora (unplugging) mudasobwa n’ibikoresho bya DJ byari aho igitaramo cyaberaga, bashaka kubijyana nk’ingwate y’amafaranga batishyuwe.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Snapchat, Spice Diana yavuze ko atari buve aho igitaramo cyabereye hatabayeho kurwaniye uburenganzira bwe.
Yagize ati: “Ni saa kumi n’imwe n’iminota 44 za mu gitondo, abantu baryamye, ariko njyewe nakoze urugendo rw’amasaha ane ndi ku gitutu, unyura mu mihanda mibi ya Uganda nijoro, hanyuma none ngo simpembwe. Sinjya nkinisha amafaranga yanjye, iyo bigeze aha mba wa mukobwa wo muri ghetto.”









