Uwase Muyango Claudine, wegukanye ikamba rya Miss Photogenic muri Miss Rwanda 2019, yavuze ko yanyuze mu bihe bikomeye by’urukundo byamusigiye ibikomere bikomeye mu mutima, bituma afata icyemezo cyo gushyira imbaraga ze zose mu kwishakira amafaranga no kwita ku mwana we w’imfura.
Ibi yabitangaje mu kiganiro cyabereye ku rubuga rwa TikTok, cyayoborwaga na Pasiteri Hakim, aho bagarutse ku rugendo rwe rw’ubuzima, uko yitwaye nyuma y’ibibazo by’urukundo byagiye bivugwa cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, ndetse n’insanganyamatsiko zijyanye no gusengera abantu n’icyo Imana ibateganyiriza.
Mu gihe Pasiteri Hakim yashakaga kumusengera ashimangira ko yakwakira umugabo, Muyango yahise agaragaza ko atiteguye kongera kwinjira muri urwo rugende. Mu magambo yuzuyemo amarangamutima, yanze icyo cyifuzo, agaragaza ko yahisemo kwibanda ku kwiyubaka no kwigira.
Yagize ati: “Reka nkubwire sha, Pastor urabizi ko nkukunda. Ariko ibintu by’abagabo ube ubiretse. Ndishakira amafaranga. Iby’abagabo narabibonye, narakunze, ndakundwa, ariko aho byangejeje, narhabonye nari mpfuye.”
Muyango yasobanuye ko mu bihe byashize yanyuze mu gahinda kenshi, aho yakundaga kugaragara nk’uri mu makosa ihihe cyose mu rukundo rwe, nyamara we avuga ko yarababajwe cyane. Yavuze ko hari byinshi byabaye bitigeze bisobanurwa uko byari, bigatuma ahitamo guceceka.
Ati: “Bakabona umugabo witonda, Muyango we bakamufata nk’uwananiranye, nyamara uwabereka agahinda nanyuzemo.”
Pasiteri Hakim yamwihanganishije, amusaba gukomeza kwiyitaho no gukira ibikomere by’umutima, amwizeza ko igihe nikigera Imana izamwubakira. Yamusabiye umugisha wo gukomeza kubona ubushobozi bwo kwitunga no kwita ku mwana we.
Nubwo bimeze bityo, Muyango yongeye gushimangira ko icyemezo yafashe ari ukudatezuka ku ntego ze zo kwigira no kwiyubaka, agaragaza ko kugeza ubu amahoro yo mu mutima ari yo shingiro ry’ubuzima bwe.
Yagarutse kandi ku rukundo rwe rwigeze kumuhuza na Kimenyi Yves, avuga ko ibyabaye byahindutse inkuru ikomeye ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru, n’ubwo asanzwe azwiho gukunda kureba ku buzima bwe bwite. Yavuze ko yagiye atotezwa n’abantu batandukanye, bagera no ku byo yambara, bikamubabaza ariko agahitamo guceceka.
Ati: “Nta kintu na kimwe mbuze, uretse amahoro yo mu mutima ntigeze mbura. Imana yampaye guhagarara ku mwana wanjye, impa amafaranga, ndashima Imana.”
Yashimangiye ko ibyo yagezeho byaturutse ku mbaraga ze, ari na yo mpamvu ahora asaba abantu kudacika intege n’iyo baba bari mu bihe bikomeye.
Mu kiganiro cyakomereje kuri telefoni, Pasiteri Hakim yahamagaye umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Aline Gahongayire, yagiriye Muyango inama na mubwira amagambo y’ihumure. Gahongayire yamwibukije ko ibigeragezo ari igice cy’ubuzima kandi ko bidahoraho.
Ati: “Izahabu iyo imaze kunyura mu muriro irahenda. Ibyo unyuramo bizaguhindukirira imbaraga n’ubuhamya.”
Aline Gahongayire yamwijeje kumuba hafi no kumushyigikira, amushishikariza gukomeza urugendo rwe rwo kwiyubaka no kurinda inyenyeri ye, n’iyo yaba anyura mu bihe bikomeye.







