• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

MC Tino yavuze uko Ayra Starr yamuhaye amadorali amwibeshyeho ko ari The Ben

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 11, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Kasirye Martin uzwi cyane nka MC Tino, yatangaje uko umunya-Nigeria Ayra Starr yamuhaye amadorali ubwo bari bahuriye muri ‘Back Stage’ avuye gufasha The Ben ku rubyiniro mu gitaramo cyabaye ku iserukiramuco rya Giants of Africa.

Mu kiganiro yagiranye n’Inyarwanda, MC Tino yavuze ko icyo gitaramo kizahora ku mutima, kuko yari ubwa mbere ahagaze ku rubyiniro imbere y’abantu bari hagati y’ibihumbi 9 na 10.
Yongeraho ko byari n’ubwa mbere aririmbanye na The Ben indirimbo bakoranye bise Plenty, kandi ko yakoresheje imbaraga nyinshi kugira ngo yitware neza.

MC Tino yasobanuye ko ubwo yari ageze mu rwambariro, Ayra Starr yamusuhuje atekereza ko ari The Ben, ndetse amushyikiriza amadorali nk’ishimwe.
Ati: “Ayra Starr yampaye amafaranga mu ntoki, ariko kubera akavuyo sinzi aho nayasize, birashoboka ko nayasize muri BK Arena. Ikinsigaye ku mutima ni uko ubwo nari ku rubyiniro na The Ben, muri ibyo byumba by’abahanzi baba bareba kuri televiziyo, yaje kundamutsa, aranyibeshyaho.”
Yongeyeho ko yanamwemereye gukora collabo, yibwira ko ari The Ben.

MC Tino yavuze ko amaze igihe afasha The Ben ku rubyiniro nk’umushyushyarugamba, kandi ko nyuma yo guhurira mu ndirimbo Plenty, yiteguye no gukorana nawe indi ndirimbo.
Yanavuze ko ari mu myiteguro yo gushyira ku isoko album nshya, yizeza abakunzi be ko izaba iri ku rwego rwo hejuru.

Kasirye Martin, uzwi nka MC Tino, ni umuhanzi n’umunyamakuru wa Royal FM. Azwi mu njyana za Afrobeat na R&B, ndetse no kuba umushyushyarugamba wubashywe mu myidagaduro nyarwanda.
Afite izina rikomeye mu gufasha no gushyigikira abandi bahanzi, ndetse yamenyekanye cyane kubera gukorana n’abahanzi bazwi nka The Ben.

Previous Post

Umuhanga mu bisigaramatongo arifuza ko ibuye rya “meteorite” ryavuye kuri Mars ryagarurwa muri Niger

Next Post

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yashyizeho komite yo gutoranya filime zizajya zihatanira’Oscars’

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
38 seconds ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yashyizeho komite yo gutoranya filime zizajya zihatanira’Oscars’

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yashyizeho komite yo gutoranya filime zizajya zihatanira’Oscars’

Adekunle Gold, D’banj na Stonebwoy baririmbiye Davido mu bukwe

Adekunle Gold, D’banj na Stonebwoy baririmbiye Davido mu bukwe

Weasel Manizo yagiye kurwarira mu rugo

Weasel Manizo yagiye kurwarira mu rugo

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.