• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa yatanze integuza y’igitabo ku mateka y’umuziki nyarwanda

Impinga Media by Impinga Media
November 20, 2024
Reading Time: 1 min read
A A
KITOKO BIrabrwa

Kitoko Bibarwa, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, yatangaje ko ari mu mushinga ukomeye wo kwandika igitabo kizasohoka mu minsi iri imbere, kikazibanda ku mateka n’iterambere ry’umuziki w’u Rwanda. Uyu muhanzi ufite imyaka 39 yatangaje ko iki gitabo kizarimo ubuhamya butandukanye bw’abahanzi, kikazagaragaza urugendo umuziki w’u Rwanda wagendeyemo n’imbogamizi wahuye na zo mu myaka yashize.

Uyu mushinga Kitoko avuga ko yawutangiye mu gihe yari amaze igihe adakora cyane ibikorwa byo gusohora indirimbo nshya. Mu magambo ye yagize ati:

“Nifuzaga kwandika igitabo ku rugendo rwacu mu muziki. Namaze kugitangira nubwo nagifatanyaga no gukora kuri album yanjye nshya. Yo navuga ko yanarangiye igisigaye ari uko igihe kigera nkayishyira hanze.”

Iki gitabo cyitezweho kuba intambwe ikomeye mu gusigasira amateka y’umuziki nyarwanda, kikaba ari na kimwe mu bikorwa biherekeza album nshya ya Kitoko, avuga ko yiteguye gusohora mu gihe cya vuba.

Urugendo rwa Kitoko mu muziki

Kitoko Bibarwa yavukiye i Kigali ku wa 12 Nzeri 1985. Yatangiye urugendo rwe rw’umuziki mu myaka ya 2000, ariko album ye ya mbere yise Ifaranga yashyizwe hanze mu 2010. Iyo album yamufunguriye amarembo mu ruhando rw’abahanzi bakunzwe mu Rwanda, kuko yakunzwe cyane mu ndirimbo zirimo Ifaranga, Ikiragi, na Igendere.

Kitoko yakomeje gusohora indirimbo zitandukanye zirimo izakunzwe cyane nka Akabuto na Manyobwa. Yabaye icyitegererezo mu muziki nyarwanda kubera uburyo bwihariye yinjizamo ubutumwa bukora ku buzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda, ndetse n’ubuhanga mu guhuza imiziki gakondo n’iy’ubu.

Indirimbo ‘Tiro’ n’icyerekezo gishya

Mu minsi ishize, Kitoko yasohoye indirimbo yise Tiro, ari indirimbo yasubiyemo, kuko ubusanzwe ari iy’umuhanzi wo mu Burundi witwa Buhaga. Gusubiramo iyi ndirimbo byari igikorwa kigaragaza ko Kitoko ataracika intege mu muziki, ahubwo ko ari mu bihe byo kuvugurura ibikorwa bye bya muzika mu buryo bugezweho.

Nubwo yari amaze igihe adakora umuziki mu buryo bugaragara, Kitoko yakomeje guharanira gukomeza guhanga udushya. Uretse igitabo n’iyi album nshya, ibikorwa bye bigaragaza ko intego afite ari ugusigasira umuziki nyarwanda no kuwugeza ku rwego mpuzamahanga.

Kitoko agiye kwandika igitabo kivuga kumuziki nyarwanda amazemo igihe kitari gito..

Umusanzu mu iterambere ry’umuziki w’u Rwanda

Mu myaka irenga icumi amaze mu ruganda rw’umuziki, Kitoko yabaye umwe mu bahanzi bagize uruhare mu iterambere ryawo, haba mu buryo bw’imitegurire y’indirimbo, gutegura ibitaramo mpuzamahanga, ndetse no kwinjiza umuziki w’u Rwanda mu isoko ryo hanze. Gushyira hanze igitabo kivuga ku rugendo rw’umuziki w’u Rwanda bizaba indi ntambwe ikomeye yo guhererekanya amateka y’uyu muziki ku banyamuziki n’abakunzi bawo bo muri iki gihe n’ibinyejana bizaza.

Kitoko aracyakomeje ibikorwa bye mu muziki no mu bindi byerekeye umuco n’amateka, akaba ari urugero rwiza rw’uko umuhanzi ashobora kuba umusemburo w’impinduka mu ruganda rwa muzika.

Dore zimwe mu ndirimbo za Kitoko ziheruka kujya hanze.

Previous Post

Dr. Kizza Besigye yashimuswe i Nairobi, bivugwa ko afungiwe muri Uganda

Next Post

Bebe Cool yavuze ko alubumu ye nshya igamije guhuza Abanyafurika no guteza imbere amahirwe rusange.

Impinga Media

Impinga Media

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
23 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
Break the CHain

Bebe Cool yavuze ko alubumu ye nshya igamije guhuza Abanyafurika no guteza imbere amahirwe rusange.

Google Chrome

Leta ya Amerika irashaka ko Chrome na Android Byamburwa Google mu koroshya ihangana ku Isoko

BBC

Basketball: u Rwanda k'urugamba rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika muri Sénégal

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.