• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, June 4, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

King Saha yasabye ko itegeko rya copyright ryihutishwa

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
March 16, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzi King Saha, yongeye kunenga ubuyobozi bwa Leta n’abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, oha yabasabye kwihutisha itorwa ry’itegeko roregera uburenganzira bw’ibihangano ( Cipyright) rimaze igihe ritegerejwe n’abahanzi benshi bavuga ko rishobora guhindura cyane urwego rw’umuziki.

Ibi King Saha yabivuze nyuma y’uko mu cyumweru gishize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda isubitse ibiganiro ku mushinga w’iryo tegeko. Abadepite bavuze ko hakiri ukutumvikana ku ngingo zimwe zigize umushinga w’itegeko, bituma isuzumwa ryawo ritinda.

Icyakora, uku gutinda kwarakaje abahanzi n’abandi bakora mu ruganda rw’imyidagaduro, aho bamwe bavuga ko hari abashaka gukuramo ingingo bita iy’ingenzi cyane mu mushinga w’itegeko, ari yo Ingingo ya 9. Abahanzi bavuga ko iyi ngingo ari yo umuhanzi  yashingiraho abona amafaranga y’inyungu (royalties) igihe indirimbo ze zicurangiwe kuri radiyo cyangwa kuri televiziyo.

Mu mashusho yashyize ku rubuga rwe rwa X (twitter), King Saha yavuze ko iryo tegeko rifite akamaro kanini ku bahanzi bishingikiriza ku muziki wabo kugira ngo babeho.

Ati: “Copyright iradufasha twebwe nk’abahanzi gushyira umuziki wacu mu rwego rw’umwuga wemewe, kuko Leta yamaze kuwemera kandi iradusoresha. Ni yo mpamvu dusaba ko iki kibazo cya copyright cyakemuka mbere y’uko ukwezi kwa Ramadhan kurangira.”

King Saha yongeyeho ko abahanzi bamaze igihe kirekire bategereje ishyirwa mu bikorwa ry’iri tegeko, anaburira ko kwihangana ku bahanzi kugenda gushira.

Yavuze ko gutinda kw’iri tegeko byamaze no kugira ingaruka ku bahanzi benshi bahura n’ibibazo by’amikoro nubwo ibihangano byabo bikomeje gukoreshwa henshi.

Yongeyeho ati: “Benshi muri bagenzi bacu bari kujyanwa mu bigo byita ku buzima bwo mu mutwe kuko bahangayitse kandi bakennye, nyamara ibihangano byabo bikomeje gukoreshwa. Mwebwe abadepite ni mwe mudindiza iterambere ry’abahanzi kuko mwanze kubaha uburenganzira bwa copyright.”

King Saha kandi yanaburiye Leta ya Uganda ko niba Inteko Ishinga Amategeko itihutiye gukemura iki kibazo, biraba ari uburyo bwo gukangurira abahanzi n’abandi bakora mu myidagaduro gukora imyigaragambyo isaba ko iryo tegeko ryemezwa.

Yasoje avuga ko abahanzi bazakoresha inzira zose zishoboka kugira ngo ijwi ryabo ryumvikane, ndetse n’uko ibibazo by’igihe kirekire birebana n’uburenganzira ku bihangano mu ruganda rw’imyidagaduro muri Uganda bibonerwa umuti.

Previous Post

Michael B. Jordan na Jessie Buckley begukanye ibihembo by’abakinnyi beza

Next Post

Umunyamakuru Viana Indi yasezeye kuri next Media

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Umunyamakuru Viana Indi yasezeye kuri next Media

Umunyamakuru Viana Indi yasezeye kuri next Media

Clapton Kibonge n’umugore we Jackie  berekanywe mu rusengero “Amafoto”

Clapton Kibonge n’umugore we Jackie  berekanywe mu rusengero "Amafoto"

Eddy Kenzo Yanze Miliyoni ya Warner Music

Eddy Kenzo ashinja bamwe mu bayobozi kubangamira itegeko rya copyright

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.