• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Kaffy wo muri Nigeria yihanangirije imyumvire ivangura abagore batandukanye n’abagabo

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 19, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Umubyinnyi w’ikirangirire akaba n’umutoza w’imbyino muri Nigeria, Kafayat Shafau wamenyekanye cyane ku izina rya Kaffy, yatangaje ko akunze guhura n’ivangura rishingiye ku kuba yatandukanye n’umugabo we.

Avuga ko hari abamubwira ko atagakwiye kongera gushaka cyangwa gutekereza ku rukundo bitewe n’uko ari umubyeyi w’abana babiri.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru kuri The Honest Bunch Podcast, Kaffy yavuze ko iyo myumvire igoreka kandi isuzugurisha abagore, kuko ntawe ukwiriye kubuzwa kongera kugerageza urukundo nyuma yo gutandukana n’uwo bashakanye.

Yagize ati“ Hari umuntu wigeze kumbwira ngo kubera ko ndi umubyeyi umfite abana babiri, sinagakwiye kongera gutekereza ku rukundo.

Ariko se kuki umuntu watandukanye n’umugabo cyangwa umugore we ataba umukandida mwiza kurushaho, cyane cyane iyo yabashije kwikosora ?”

Uyu mubyinnyi yavuze ko itandukana ry’ingo ari ikibazo gihangayikishije ku rwego rw’isi, agaragaza ko hejuru ya 70% by’ingo zisenyuka.

Ati“ Ni iki cyemeza ko abashakanye uyu munsi batazatandukana ejo? Kuki abantu batekereza ko bagomba kurongora cyangwa kurongorwa n’abo bita ‘bashya’, nyamara bose bajya mu mibare y’isi igaragaza ko hejuru ya 70% by’ingo zisenyuka? Niba ari uko bimeze, nanjye ndi muri abo 70%.”

Kaffy, w’imyaka 45, yavuze ko yigiye byinshi mu rugendo rwe rw’urukundo ndetse ashimangira ko amahoro ari yo shingiro ry’umubano nyakuri kurusha amarangamutima.

Ati“ Urukundo nyarwo ruduha amahoro, si amarangamutima adutera ubwoba cyangwa kudatuza. Urukundo nyakuri ntirugomba kukuzanira guhangayika. Njye ndacyari mu rugendo rwo kwikura mu bibazo byanjye byo guhangayika mu rukundo.”

Yakomeje avuga ko nyuma y’imyaka irenga 10 mu rugendo rwo kwikosora, hari n’igihe abana be ubwabo basabye ko batandukana n’umugabo we niba byari ngombwa.

Kaffy yakunze gusangiza abamukurikira inkuru y’uko yatandukanye na Joseph Ameh wahoze ari umugabo we, ndetse akavuga ko mu gihe cy’imyaka itatu babanaga ibintu byari byararushijeho gukomera ku buryo batabashaga no gukora imibonano mpuzabitsina.

Previous Post

Joshua Baraka yataramiye I Kigali

Next Post

Sabrina yashimiye inyubako ya big brother itanga amasoko yo kwamamaza muri Nigeria

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
25 minutes ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
Sabrina yashimiye inyubako ya big brother itanga amasoko yo kwamamaza muri Nigeria

Sabrina yashimiye inyubako ya big brother itanga amasoko yo kwamamaza muri Nigeria

U Rwanda: Igihugu gitatswe n’ubwiza karemano

U Rwanda: Igihugu gitatswe n'ubwiza karemano

Indirimbo nshya zo muri Uganda: Cindy Sanyu, Mudra, Kin Bella na Pastor Wilson Bugembe

Indirimbo nshya zo muri Uganda: Cindy Sanyu, Mudra, Kin Bella na Pastor Wilson Bugembe

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.