• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Gutangira kuririmba mu Giswahili byanyogereye imbaraga mu muziki – Israel Mbonyi

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 2, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Israel Mbonyi, umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, yagaragaje ko igihe yari amaze kugera ku rwego rwo hejuru mu mwuga we ari bwo yatangiye kwibaza niba urugendo rwe mu muziki rutari rugeze ku musozo, icyakora agasanga gutangira kuririmba mu Giswahili byaramuhaye ubuzima bushya n’icyerekezo gishya.

Yabigarutseho mu kiganiro IGIHE Sports Club, cyagarutse ku ngingo zitandukanye.

Mbonyi umaze imyaka 10 atangiye kuririmba nk’uwabigize umwuga, mu myaka ibiri ishize nibwo yatangiye kuririmba mu Giswahili.

Uyu muhanzi yagaragaje ko hari igihe cyageze yumva ntacyo asigaje gukora kuko yari amaze kugira album eshanu bityo atangira gusenga asaba Imana icyo gukurikiza.

Yagize ati “Ntabwo byaturutse mu kuvuga ngo BK Arena yuzuye ahubwo nibazaga igisigaye kuko album zari zimaze kuba eshanu, nkumva muri njye nabuze igikurikira.”

“Nabwiye Imana nti mbwira kuko nabuze igikurikira. Hamwe natangiye kwibaza nti se nigire hanze byari ibi? Nshake indi mirimo? Kandi baravuga ngo iyo utari gukura uba uri gupfa, iyo uri kumva uri aho wagombaga kugera biba byarangiye.”

Yakomeje agaragaza uko yakiriye icyerekezo gishya cyatumye yiyumva nk’utangiye umuziki kandi awumazemo imyaka 10.

Ati “Isengesho ryanjye ndyakira gutyo aribwo nakiriye Nina Siri mu buryo bw’igitangaza, numva mbaye mushya. Kuva natangira kuririmba mu Giswahili nabaye nk’umuntu utangiye umuziki. Ntabwo narinzi ko hari indi Isi ntari nzi, noneho indirimbo ziba nyinshi numva rya sengesho ryanjye rirasubijwe.”

Mbonyi yavuze ko kandi indirimbo ze azakira binyuze mu mpano eshatu yahawe.

Ati “Njye burya ngira impano eshatu numva Imana yampaye. Harimo iy’Ijambo, kurota, ndarota cyane. Ubundi mu ndirimbo zanjye ni nko kubwiriza, indi ni impano y’ibyishimo.”

Muri iki kiganiro kandi, Mbonyi yahishuye ko yakuze yifuza kuzaba umukinnyi w’umupira w’amaguru nk’inzozi nyinshi z’abana bakuze mu gihe cye.

Ati “Hari umwana utarakuranye inzozi zo kuzaba umukinnyi se? Nanjye narakinaga kandi nari mbizi pe. Gusa nagerageje indi mikino nka Tennis na Basketball.”

“Icyakora nakinaga Karate cyane nageze ku mukandara w’ubururu. Naretse gukina Karate mbaye ‘pasteur’ (mu mashuri yisumbuye) mbonye abantu batangiye kubyibazaho.”

Previous Post

Killaman agaragaza ko 2025 yamubereye umwaka mubi kurusha indi yose mu buzima bwe

Next Post

The Ben yashimiye Tom Close mu gitaramo cya BK Arena, amwita inkingi y’urugendo rwe rw’umuziki

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

Miss Mutesi Jolly yatashye inzu y’akataraboneka yujuje i Kigali

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i...

Next Post
The Ben yashimiye Tom Close mu gitaramo cya BK Arena, amwita inkingi y’urugendo rwe rw’umuziki

The Ben yashimiye Tom Close mu gitaramo cya BK Arena, amwita inkingi y’urugendo rwe rw’umuziki

Bruce Melodie, Diamond Platnumz na Joel Brown bahuriye mu ndirimbo Pom Pom

Bruce Melodie, Diamond Platnumz na Joel Brown bahuriye mu ndirimbo Pom Pom

Shenseea yasesekaye i Kigali mu myiteguro y’igitaramo gikomeye cya BK Arena

Shenseea yasesekaye i Kigali mu myiteguro y’igitaramo gikomeye cya BK Arena

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.