• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Iran Yashatse Kwica Abayobozi Bakuru ba Israel Ibinyujije mu basivili

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 7, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Mbere y’uko Israel itangiza intambara kuri Iran mu kwezi gushize, urwego rwayo rw’ubutasi (Mossad) rwari rumaze uruhare runini ry’Abanya-Israel bashinjwaga kunekera Iran. Byatangajwe ko guhera ubwo Iran yoherezaga ibyogajuru muri Israel mu kwezi kwa Mata 2024, abantu barenga 30 bakurikiranyweho kugirana umubano n’ubutasi bwa Iran.

Ibyo bikorwa ngo byaheraga ku butumwa bugufi busaba amakuru abaturage arimo gufata amafoto y’ibikorwaremezo cyangwa gushaka hashyinguwe ibintu byagaciro.

Ubutumwa bwohererezwaga abenegihugu b’Abanya-Israel bakoresheje Telegram, hakabaho n’uburyo bwo kwishyura hakoreshejwe PayPal cyangwa amafaranga ya kripto.

Ibikorwa byaje kugenda bikomera aho umuntu yasabwe gufata amafoto y’icyambu cya Haifa na za pariki, Gushyira GPS ku modoka z’abayobozi bakuru no kwandikisha amaragi ku nkuta bavuga nabi Netanyahu.

Hari n’uwaje gusabwa kwica umushakashatsi wa nikleyeri ukorera muri Weizmann Institute – agahabwa amafaranga menshi ndetse agasabwa gusenya inzu ye no kwica umuryango we.

Israel ntiyacecetse kuko Mossad yarihimuye ikora ibitero bikomeye kuri Iran, harimo kwica bamwe mu bayobozi bayo n’abashakashatsi ba nikleyeri. Ibi byabaye ku wa 13 Nyakanga, ubwo Israel yagabaga igitero gikomeye kuri Iran.

Mordechai “Moti” Maman, w’imyaka 72, ni umwe mu bantu bemeye ibyaha. Yavuze ko yahuye n’ubutasi bwa Iran ubwo yashakaga amahirwe y’ubucuruzi. Yagejejwe muri Iran anyujijwe muri Turikiya, ahabwa amafaranga ngo ajye kwica abayobozi barimo: Benjamin Netanyahu, Ronen Bar umuyobozi wa Shin Bet, Yoav Gallant Minisitiri w’ingabo, ndetse na Naftali Bennett wahoze ari Minisitiri w’Intebe.

Uyu Mordechai yasabye miliyoni imwe y’amadolari, ibintu Iran yanze. Ibiganiro bihita bihagarara. Nyuma yafashwe n’urwego rw’iperereza rwa Israel(Mossad). Akatirwa gufungwa imyaka 10.

Ku ruhande rwa Iran, na yo yafashe abantu barenga 700 ibashinja kunekera Israel. Imanza zabo zakozwe mu ibanga, abandi batandatu baricwa. Ariko nta bimenyetso bifatika byagaragaje ko koko hari ihuriro ry’abanya-Iran baneka Israel.

Uko intambara y’ubutasi hagati ya Iran na Israel irushaho gukara, abasivili bagerwaho n’ingaruka zikomeye zatewe n’iyo ntambara. Ibihugu byombi bikomeje kugerageza kwinjirirana hakoreshejwe amakuru, amafaranga, ibihuha no kwinjiza abaturage b’ahandi mu bikorwa by’ubutasi – byibanda ku gutera ubwoba, kwica, cyangwa gutanga amakuru y’ibanga.

Impinga

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Previous Post

Ibiciro by’amazu mu Bwongereza ntibyahindutse muri Kamena

Next Post

Texas: Abana n’abarimu babo 27 baguye mu myuzure yibasiye Camp Mystic

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Next Post
Texas: Abana n’abarimu babo 27 baguye mu myuzure yibasiye Camp Mystic

Texas: Abana n’abarimu babo 27 baguye mu myuzure yibasiye Camp Mystic

U Rwanda rwatsindiye igihembo mpuzamahanga cya WSIS+20 Champion kubera Digital Ambassador Program yahuguye abaturage miliyoni 3.2

U Rwanda rwatsindiye igihembo mpuzamahanga cya WSIS+20 Champion kubera Digital Ambassador Program yahuguye abaturage miliyoni 3.2

Umwami Charles III ari tegura kwakira Perezida Macron

Umwami Charles III ari tegura kwakira Perezida Macron

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.