• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 4, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Inzu ya Nicki Minaj ntigitejwe cyamunara

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 24, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Inzu ya Nicki Minaj iherereye mu gace k’abaherwe ka Hidden Hills muri Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ntabwo igitejwe cyamunara nyuma y’uko indishyi z’urubanza yari yarategetswe kwishyura zamaze gutangwa, bigashyira iherezo ku mpaka zari zimaze igihe.

Mu minsi ishize, Nicki Minaj yari mu kaga ko gutakaza inzu ye ihenze ya miliyoni 20$ (arenga miliyari 28 Rwf), nyuma y’uko Thomas Weidenmüller, wahoze ari umurinzi, amushinje kwanga kwishyura amafaranga arenga ibihumbi 500$ urukiko rwari rwarategetse ko ahabwa.

Weidenmüller yareze Nicki Minaj n’umugabo we Kenneth Petty, abashinja kwirengagiza icyemezo cy’urukiko cyafashwe nyuma y’uko Petty ahamijwe icyaha cyo kumukubita mu 2019, ubwo bari mu gitaramo cya Nicki Minaj.

Abanyamategeko ba Weidenmüller bari basabye ko iyo nzu itezwa cyamunara kugira ngo ayo mafaranga yishyurwe.

Mbere y’uko iburanisha riheruka ritangira, abunganira Weidenmüller batangaje ko amafaranga yose yasabwe n’urukiko yamaze kwishyurwa, bityo urubanza rurangira nta cyemezo cyo guteza cyamunara iyo nzu gifashwe.

Nubwo bitatangajwe mu buryo burambuye niba ayo mafaranga yarishyuwe yose icyarimwe cyangwa binyuze mu masezerano yihariye, urukiko rwemeje ko indishyi zose zari ziteganyijwe zatanzwe, bituma Nicki Minaj akomeza gutunga iyo nzu.

Urukiko rwari rwategetse ko Nicki Minaj yishyura arenga ibihumbi 503$, nyuma y’uko we n’umugabo we batitabiriye urubanza mu gihe cyagenwe, bigatuma rufatwa nk’urubanza batsinzwe ku mpamvu zo kutitaba.

Nicki Minaj yigeze gusobanura ko atigeze amenyeshwa neza iby’uru rubanza n’uwari ushinzwe kumucungira imari n’ibikorwa bye, ariko urukiko rusanga agomba gukurikiza ibyemezo byari byafashwe.

Iyo nzu ye yari igiye gutezwa cyamunara iherereye muri Hidden Hills ifite ibyumba 11 byo kuraramo, piscine nini, icyumba cy’imyitozo ngororamubiri n’ibindi bikoresho by’agaciro. Ni imwe mu nzu zihenze z’abahanzi bo muri Amerika. Yayiguze mu 2022.

Kugeza ubu, uyu muraperi ufite umutungo ubarirwa muri miliyoni 190$, yashyize iherezo ku bibazo by’amategeko byari bimaze igihe bimukurikirana, akomeza ibikorwa bye by’umuziki n’ubuzima bwe busanzwe.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Abtex avuga ko miliyari 10 z’amashiringi ari inguzanyo Leta yamuhaye

Next Post

Muyango: Nahisemo kwiyubaka aho kongera gukomereka mu rukundo

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

by Alex RUKUNDO
16 hours ago

Umunyarwanda Tuma Basa yasezeye kuri YouTube yagezemo mu 2018 ayobora igice cya ‘Urban Music’ ubu akaba akuriye icya ‘Black Music...

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

by Alex RUKUNDO
17 hours ago

Agahinda k’abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana mu bitaramo bitandukanye, kongeye kuzamurwa n’umufana wasomeye Winnie Nwangi mu...

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

by Alex RUKUNDO
18 hours ago

Nyuma y’ibyumweru bike umuraperi w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi ku mazina nka “Diddy” yagabanyirijweho amezi abiri ku gifungo yari yakatiwe, itariki...

Next Post
Muyango: Nahisemo kwiyubaka aho kongera gukomereka mu rukundo

Muyango: Nahisemo kwiyubaka aho kongera gukomereka mu rukundo

Pulasitiki mu Kivu: “Umusaruro w’Amafi mu Marembera?”

Pulasitiki mu Kivu: “Umusaruro w’Amafi mu Marembera?”

Umuziki, urukundo n’imiryango: ‘Ndandambara’ avuga uko abagore babiri bamubereye imbarutso yo guhanga no gukora cyane

Umuziki, urukundo n’imiryango: ‘Ndandambara’ avuga uko abagore babiri bamubereye imbarutso yo guhanga no gukora cyane

“Mubavuga nabi, bahisemo gukoresha TikTok live nk’ijwi ry’abahanzi” – Eddy Kenzo
Uncategorized

“Mubavuga nabi, bahisemo gukoresha TikTok live nk’ijwi ry’abahanzi” – Eddy Kenzo

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera
Imyidagaduro

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana
Imyidagaduro

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo
Imyidagaduro

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.