• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Sunday, June 14, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Harmonize yongera kurahira urukundo rwa Kajala: “Ni we mahitamo yanjye ya nyuma”

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 5, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Nyuma y’igihe kinini urukundo rwabo ruvugwaho byinshi, umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Harmonize, yongeye gutungura benshi agaragaza ko Frida Kajala ari we mutima we n’iherezo ry’urugendo rwe rw’urukundo.

 Ibi yabigarutseho mu butumwa burebure yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram mu ijoro ryo ku wa 4 Gashyantare 2026, ashimangira ko atazongera “kujarajara” mu rukundo.

Mu magambo yuzuyemo amarangamutima, Harmonize yasobanuye uko gukunda Kajala byamuhinduye umuntu mushya, wita ku buzima bwe, ku kazi ke no ku hazaza he.

 Yavuze ko urukundo n’icyubahiro amuha bitamugira umuhanzi mwiza gusa, ahubwo bimumugira umugabo utekereza, wubaha inshingano ze kandi uharanira iterambere.

Uyu muhanzi uzwi cyane mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Kajala atari umukunzi usanzwe, ahubwo ari “ubutunzi bwe bukomeye”, amushimira uko yamugiriye icyizere n’uko ahora amuba hafi mu bihe byose.

Yavuze ko kumwubaha bimufasha guhora yitonda mu byo avuga no mu byo akora, kuko byose bigira ingaruka ku isura yabo bombi.

Harmonize kandi yashimangiye ko mu rukundo rwabo, ari we wungukiramo cyane kurusha undi wese, kuko Kajala yamugize umugabo uhamye kandi wubashywe.

Ibi yabifashe nk’inshingano aho kubifata nk’amagambo y’igihe gito, agaragaza ko yiteguye kubaka urukundo rurambye.

Mu gusoza ubutumwa bwe, Harmonize yatangaje amagambo yafashwe nk’indahiro ikomeye, avuga ko Frida Kajala ari we mahitamo ye ya nyuma muri ubu buzima.

Yongeyeho ko n’iyo hashira imyaka icumi, azahora yumva urukundo rwabo nk’urukigitangira, ibintu byashimishije cyane abakunzi babo ku mbuga nkoranyambaga.

Ibi bibaye mu gihe bombi baherutse kwemeza ko bongeye gusubirana mu Ukuboza 2025, Harmonize akanaha Kajala impano y’imodoka, ibintu byongeye kugarura icyizere mu bakurikiranira hafi uru rukundo rwanyuze mu bihe bikomeye.

 Ku bakunzi b’imyidagaduro, benshi bibaza niba iyi nshuro ari yo izaba iherezo ry’ihurizo ryabo, cyangwa niba urukundo rwabo ruzaba rumaze kubona umurongo uhamye

Previous Post

DJ Pius yatangaje ko agiye gukorera igitaramo muri Amerika

Next Post

Murera yisubije icyizere itsinda AS Kigali, isoza inzira y’agahinda

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Next Post
Murera yisubije icyizere itsinda AS Kigali, isoza inzira y’agahinda

Murera yisubije icyizere itsinda AS Kigali, isoza inzira y’agahinda

Juno Kizigenza mu mpaka ku kabyiniriro ‘Rutwitsi’

Juno Kizigenza mu mpaka ku kabyiniriro ‘Rutwitsi’

Polisi iri gukora iperereza ku rupfu rwa TikToker Dianah Skys

Polisi iri gukora iperereza ku rupfu rwa TikToker Dianah Skys

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.