• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 24, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Harmonize yongera kurahira urukundo rwa Kajala: “Ni we mahitamo yanjye ya nyuma”

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 5, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Nyuma y’igihe kinini urukundo rwabo ruvugwaho byinshi, umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Harmonize, yongeye gutungura benshi agaragaza ko Frida Kajala ari we mutima we n’iherezo ry’urugendo rwe rw’urukundo.

 Ibi yabigarutseho mu butumwa burebure yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram mu ijoro ryo ku wa 4 Gashyantare 2026, ashimangira ko atazongera “kujarajara” mu rukundo.

Mu magambo yuzuyemo amarangamutima, Harmonize yasobanuye uko gukunda Kajala byamuhinduye umuntu mushya, wita ku buzima bwe, ku kazi ke no ku hazaza he.

 Yavuze ko urukundo n’icyubahiro amuha bitamugira umuhanzi mwiza gusa, ahubwo bimumugira umugabo utekereza, wubaha inshingano ze kandi uharanira iterambere.

Uyu muhanzi uzwi cyane mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Kajala atari umukunzi usanzwe, ahubwo ari “ubutunzi bwe bukomeye”, amushimira uko yamugiriye icyizere n’uko ahora amuba hafi mu bihe byose.

Yavuze ko kumwubaha bimufasha guhora yitonda mu byo avuga no mu byo akora, kuko byose bigira ingaruka ku isura yabo bombi.

Harmonize kandi yashimangiye ko mu rukundo rwabo, ari we wungukiramo cyane kurusha undi wese, kuko Kajala yamugize umugabo uhamye kandi wubashywe.

Ibi yabifashe nk’inshingano aho kubifata nk’amagambo y’igihe gito, agaragaza ko yiteguye kubaka urukundo rurambye.

Mu gusoza ubutumwa bwe, Harmonize yatangaje amagambo yafashwe nk’indahiro ikomeye, avuga ko Frida Kajala ari we mahitamo ye ya nyuma muri ubu buzima.

Yongeyeho ko n’iyo hashira imyaka icumi, azahora yumva urukundo rwabo nk’urukigitangira, ibintu byashimishije cyane abakunzi babo ku mbuga nkoranyambaga.

Ibi bibaye mu gihe bombi baherutse kwemeza ko bongeye gusubirana mu Ukuboza 2025, Harmonize akanaha Kajala impano y’imodoka, ibintu byongeye kugarura icyizere mu bakurikiranira hafi uru rukundo rwanyuze mu bihe bikomeye.

 Ku bakunzi b’imyidagaduro, benshi bibaza niba iyi nshuro ari yo izaba iherezo ry’ihurizo ryabo, cyangwa niba urukundo rwabo ruzaba rumaze kubona umurongo uhamye

Previous Post

DJ Pius yatangaje ko agiye gukorera igitaramo muri Amerika

Next Post

Murera yisubije icyizere itsinda AS Kigali, isoza inzira y’agahinda

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
4 hours ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
5 hours ago

Umuhanzi uyobora itsinda rya punk utabona neza agiye kwitabira isiganwa rya London Marathon agamije gukusanya inkunga yo gufasha umuryango wo mu...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
2 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
Murera yisubije icyizere itsinda AS Kigali, isoza inzira y’agahinda

Murera yisubije icyizere itsinda AS Kigali, isoza inzira y’agahinda

Juno Kizigenza mu mpaka ku kabyiniriro ‘Rutwitsi’

Juno Kizigenza mu mpaka ku kabyiniriro ‘Rutwitsi’

Polisi iri gukora iperereza ku rupfu rwa TikToker Dianah Skys

Polisi iri gukora iperereza ku rupfu rwa TikToker Dianah Skys

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka
Imikino

Umuhanzi utabona agiye kwitabira irushanwa ryo kwiruka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027
Uncategorized

Drake agiye gukorera igitaramo i Kigali 2027

by Alex RUKUNDO
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.