• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, June 4, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Doja Cat na se mu ntambara y’amagambo: Ubutumire bw’igitaramo bwabyaye umwuka mubi

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
March 23, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzikazi w’Umunyamerika ufite inkomoko muri Afurika y’Epfo Doja Cat, uherutse no gutaramira mu Rwanda mu iserukiramuco rya Move Afrika, ari mu ntambara y’amagambo na se Dumisani Dlamini nyuma y’uko amushinje kuba umubyeyi gito.

Ibi byatangiye nyuma y’igitaramo uyu muhanzikazi yakoreye muri South Africa ku wa 20 Werurwe 2026, aho yavuze ko yatumiye se ariko ntacyitabire.

Doja Cat ashinja se kutuzuza inshingano z’umubyeyi

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Doja Cat yavuze ko yagerageje kuvugisha se kuko yari azi ko ari muri Afurika y’Epfo, ariko amusubiza ko atashobora kwitabira igitaramo kubera ko batari basanzwe bavugana cyane.

Uyu muhanzikazi yagaragaje ko ibyo byamubabaje, ashimangira ko se yamusize akiri muto muri United States, akamurekera nyina akajya gutura muri Afurika y’Epfo.

Mu butumwa bwe, Doja Cat yagaragaje ko kuva kera yabonaga se nk’umubyeyi utamwitaho, bityo kutitabira igitaramo cye bikaba byaramwongereye igikomere.

Se wa Doja Cat abihakana, ashinja nyina kumuyobya

Mu gusubiza aya magambo, Dumisani Dlamini yavuze ko ibyo umukobwa we avuga atari ukuri, ahubwo ashinja nyina Deborah Elizabeth Sawyer kuba ari we wamushyizemo ibitekerezo bibi kuri se.

Yagize ati:
“Sinigeze ntererana abana banjye. Ibyo yavuze byatewe n’ibyo nyina yamushyizemo.”

Dlamini yavuze ko ubwo Doja Cat yajyaga muri Afurika y’Epfo yari afite amahirwe yose yo kumusura, ariko ngo ntiyabikoze.

Nubwo hari amakimbirane, se avuga ko agikunda umukobwa we

Nubwo impande zombi ziri guterana amagambo, Dumisani Dlamini yasabye abakurikira imbuga nkoranyambaga kutibasira Doja Cat, ashimangira ko akimukunda kandi amwishimira nk’umuhanzi.

Abasesenguzi mu myidagaduro bavuga ko amakimbirane nk’aya hagati y’ababyeyi n’abana b’ibyamamare akunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane iyo hari amateka y’umuryango atigeze akemurwa kare.

Previous Post

Gasogi Utd yanze gukina na Rayon Sport: Ese impamvu nyamukuru ni impinduka z’ikibuga cyangwa amafaranga ya Al Hilal SC?

Next Post

Umuhanzi David Lutalo yisobanuye cyane ku bamunenga

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Next Post
Umuhanzi David Lutalo yisobanuye cyane ku bamunenga

Umuhanzi David Lutalo yisobanuye cyane ku bamunenga

Korali Ambassadors of Christ yakoreye umurimo w’ivugabutumwa mu Kigo Ngororamuco cya Gitagata

Korali Ambassadors of Christ yakoreye umurimo w'ivugabutumwa mu Kigo Ngororamuco cya Gitagata

Ku myaka 14, Doja Cat yasabye internet kumuhuza na Se: imyaka ishize hamenyekanye ukundi kuri

Ku myaka 14, Doja Cat yasabye internet kumuhuza na Se: imyaka ishize hamenyekanye ukundi kuri

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.