• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, June 15, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Doja Cat: Inkuru y’ubuzima bwe mbere yo kuza i Kigali

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 14, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Mu gihe biteganyijwe ko ku wa 17 Werurwe 2026 azataramira i Kigali muri Move Afrika, Doja Cat akomeje kuvugisha benshi. Ni umwe mu bahanzi b’igitsinagore bagezweho ku Isi, ariko inyuma y’icyamamare cye hari amateka arimo urugamba, impinduka n’amasomo akomeye.

Amazina ye bwite ni Amala Ratna Zandile Dlamini.

Yavutse ku babyeyi bafite inkomoko zitandukanye: se ni Dumisani Dlamini, umukinnyi wa filime wo muri Afurika y’Epfo, naho nyina Deborah Elizabeth Sawyer akaba umunyabugeni w’Umunyamerika ufite inkomoko muri Israel.

Nubwo akomoka ku muryango w’abahanzi, Doja Cat ntiyakuranye na se kuko yasize umuryango we muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika asubira muri Afurika y’Epfo akiri muto.

Yakuze arerwa na nyina, anamara igihe abana na nyirakuru i New York mbere yo gusubira muri California afite imyaka umunani.

Aho ni ho yatangiye gukunda ubuhanzi, by’umwihariko kubyina no kuririmba.

Yaje no kugerageza ishuri ryihariye ryigisha ubuhanzi rya The Ramon C. Cortines School of Visual and Performing Arts, ariko arivamo afite imyaka 16 kubera kujagarara no kutamenya neza icyo ashaka mu buzima.

Izina “Doja Cat” rifite inkomoko idasanzwe.

Yigeze kuvuga ko akiri muto yari yarabaswe n’urumogi (marijuana), aho “Doja” ryari izina rikoreshwa mu muhanda baryita, akongeraho “Cat” kubera urukundo yakundaga injangwe.

Icyakora, mu myaka ishize yagaragaje ko yavuye mu buzima bwo kunywa ibiyobyabwenge n’inzoga nyinshi, ndetse mu 2025 atangaza ko yatangiye gahunda yo kwivuza no kwiyitaho.

Urugendo rwe rwa muzika rwatangiye mu 2012, ashyira indirimbo ye ya mbere kuri SoundCloud.

Nyuma y’umwaka umwe yasohoye EP yise Purrr!, atangira kumenyekana nk’umuraperi ukizamuka i Los Angeles. Mu 2018 yasohoye album ye ya mbere Amala, ariko indirimbo “Mooo!” ni yo yamumenyekanishije cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Izina rye ryarushijeho kuzamuka mu 2019 asohoye album Hot Pink, by’umwihariko indirimbo “Say So” yasubiranyemo na Nicki Minaj.

Mu 2021 yasohoye Planet Her, yamushimangiye nk’umwe mu bahanzikazi bakomeye ku Isi.

Mu mibare y’igurishwa ry’umuziki, Doja Cat abarirwa miliyoni zisaga 34 z’inyandiko zaguzwe hagati ya 2018 na 2022.

Yegukanye Grammy imwe mu bihembo 19 yahataniye, Billboard Music Awards esheshatu, American Music Awards eshanu n’ibindi byinshi.

Nubwo yahuye n’ibigeragezo birimo umubano utari mwiza na se n’ibihe byo kubatwa n’ibiyobyabwenge, Doja Cat yagaragaje ko impano ishobora gutsinda inzitizi.

Uyu munsi ni umwe mu bahanzikazi bahagaze neza mu njyana ya Hip-hop na Pop mu kinyejana cya 21.

Doja Cat ngo yigeze kubatwa n’ibiyobyabwenge ari nabyo byabaye intandaro yo kwiyita Cat

Ubu ari mu bitaramo byo kumenyekanisha album ye nshya yise “Tour Ma Vie”, urugendo ruzamugeza no i Kigali.

 Ku mukobwa wavuze ko atewe ishema no gukomoka muri Afurika y’Epfo, gutaramira ku mugabane akomokaho ni indi ntambwe ikomeye mu mateka ye—yuzuyemo impinduka, kwiyubaka no gutsinda ibigeragezo.

Previous Post

Umunsi w’agakingirizo n’Umunsi w’abakundana: Baguhe agakingirizo cyangwa indabo?

Next Post

Iserukiramuco ry’ubuhanzi rigiye gutangirira i Huye

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Abigael Kendi ni umukobwa w’imyaka 19 wo muri Kenya ufite ubuzima budasanzwe bwatangaje benshi. Yavutse afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi...

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Next Post
Iserukiramuco ry’ubuhanzi rigiye gutangirira i Huye

Iserukiramuco ry’ubuhanzi rigiye gutangirira i Huye

Geosteady yahinyuje Prima ku byo “kutamusoma” mu myaka 8

Geosteady yahinyuje Prima ku byo “kutamusoma” mu myaka 8

Ubuhanga bwa Kivumbi King na Rumaga bwabyajwe igisigo kidasanzwe

Ubuhanga bwa Kivumbi King na Rumaga bwabyajwe igisigo kidasanzwe

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.