• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Bwongereza: Abagang bari mu myigaragambyo ishobora kuzamara igihe

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 8, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

Kuri uyu wa Kabiri, ishyirahamwe ry’abakozi mu Bwongereza ryatangaje ko abaganga bagiye mu myigaragambyo, bikaba byateje impungenge ku mikorere y’ibitaro bya Leta. Ibi bibaye mu gihe Guverinoma yari imaze gutangaza ko yatangiye kunoza serivisi z’ubuvuzi.

Aba baganga, bamenyerewe nka ba resident doctors, bafashe icyemezo cyo kwigaragambya nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko igiye kugabanyaho 5.4% by’umushahara bahabwa. Nyamara bo bavuga ko badashobora kwemera iryo gabanywa, ko ahubwo bakwiye byibura kongererwa 29% kugira ngo umushahara wabo ugaruke ku rwego wariho mbere y’izamuka rikabije ry’ibiciro.

Umwaka ushize, aba baganga bari bemerewe izamuka rya 22% rizashyirwa mu bikorwa hagati ya 2023 na 2025, bikaba byaratumye bahagarika imyigaragambyo yari imaze igihe ibangamiye serivisi z’ubuvuzi. Gusa baracyavuga ko ibyo bidahagije, kuko amafaranga bakorera atajyanye n’igihe barimo, ndetse n’imihindagurikire y’ubukungu yibasiye Isi.

Abaganga babwiye ibiro ntaramakuru Reuters  ko batakwemera ko umushahara wabo ugabanukaho 5.4% ugereranyije n’uko mu 2008 byari byifashe.

Amategeko y’imyigaragambyo ateganya ko uburenganzira bw’abaganga bwo kwigaragambya bushobora kugeza muri Mutarama 2026. Ariko, ishyirahamwe BMA rivuga ko hakiri amahirwe y’uko iyo myigaragambyo yahagarikwa, hagakorwa ibiganiro n’inzego birebwa.

Imodoka itwara abarwayi mu Bwongereza

Guverinoma yo ikomeza kwitwaza ingamba zayo zo kugabanya ikoreshwa ry’ingengo y’imari, ivuga ko bitayemerera kongera imishahara ku rugero aba baganga bifuza. Ibi bibaye nyuma y’uko Guverinoma iherutse kugaruka ku cyemezo cyo kugabanya ingengo y’imari y’ubufasha ku batishoboye, ndetse hakaba haratanzwe n’impuruza ko ubukungu bushobora kuzamuka gahoro kurusha uko byari byitezwe.

Nubwo bitwa “abaganga bato,” aba ni abaganga bize amashuri menshi kandi bafite uburambe. Bagize 25% by’abakozi bose mu rwego rw’ubuvuzi mu Bwongereza.

Ihuriro ry’abayobora ibitaro bya Leta, NHS Employers, ryatangaje ko iyi myigaragambyo ishobora gutuma “imirimo ibarirwa mu bihumbi” idakorwa, bishobora no gutera ikibazo gikomeye ku barwayi, ndetse n’itangwa rya serivisi.

Iyi myigaragambyo ije mu gihe Guverinoma nshya iyobowe na Minisitiri w’Intebe Keir Starmer itangiye kugaragaza ubushake bwo kuvugurura Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (NHS), cyari cyarashegeshwe n’ibibazo mu myaka myinshi ishize.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko iyi myigaragambyo iteye impungenge, kandi ko Minisitiri w’Ubuzima Wes Streeting yifuza kugirana ibiganiro n’abo bakozi bo kwa muganga kugira ngo baganire ku buryo bwo kuzamura imishahara n’imiterere y’akazi, bityo iyi myigaragambyo ikaba yahagarikwa.

Impinga

Previous Post

Umwami Charles III ari tegura kwakira Perezida Macron

Next Post

Ibiganiro by’amahoro muri Gaza bikomeje kugenda biguru ntege

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

BNXN ahanganye na Fat Joe ku nkomoko ya Afrobeats

BNXN ahanganye na Fat Joe ku nkomoko ya Afrobeats

by MUNYANKINDI Alphonse
14 minutes ago

Impaka zikomeye zongeye kubura mu muziki mpuzamahanga, nyuma y’uko Fat Joe atangaje ko injyana ya Afrobeats yaba yarakomotse muri Jamaica—amagambo...

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
3 hours ago

Mu 2018, umugore yaje muri Laboratwari y'irangamimerere muri Kaminuza Nkuru ya Colombia: yari afite impanga z'abahungu yari yarabyaye imyaka ibiri...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Next Post
Israel yakajije ibitero muri Gaza mbere y’imishyikirano i Washington

Ibiganiro by’amahoro muri Gaza bikomeje kugenda biguru ntege

Itegeko ririnda amakuru bwite mu Rwanda: Menya icyo rivuga n’Uburenganzira bwawe

Itegeko ririnda amakuru bwite mu Rwanda: Menya icyo rivuga n’Uburenganzira bwawe

Gaza: Ubushobozi bwo kuvura abakomerekeye mu bitero bya Isreal bukomeje kuba ingorabahizi

Gaza: Ubushobozi bwo kuvura abakomerekeye mu bitero bya Isreal bukomeje kuba ingorabahizi

BNXN ahanganye na Fat Joe ku nkomoko ya Afrobeats
Imyidagaduro

BNXN ahanganye na Fat Joe ku nkomoko ya Afrobeats

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.